Ku
wa 22 Nyakanga 2026, Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko
rwagiranye ibiganiro na Kelis Rogers, ibigamije kurebera hamwe uburyo yakorana
n'u Rwanda mu kumenyekanisha igihugu nk'icyerekezo cyiza cy'ubukerarugendo
n'ishoramari, by'umwihariko ku isoko rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibiganiro
byitabiriwe n'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB, Irène Murerwa,
ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru Wungirije w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza
imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama (RCB), Maëva Haguma.
Nubwo
impande zombi zitaratangaza imishinga yihariye cyangwa igihe izatangirira, kuba
Kelis ari umwe mu bantu bazwi ku rwego mpuzamahanga bishobora gufasha u Rwanda
kugera ku bantu benshi, cyane cyane muri Amerika no mu bindi bihugu bifite
isoko rinini ry'ubukerarugendo n'ishoramari.
Umugore wubatse
izina mu muziki no mu bucuruzi
Kelis
Rogers yavukiye mu gace ka Harlem, mu Mujyi wa New York, ku wa 21 Kanama 1979.
Ni umuhanzikazi, umwanditsi w'indirimbo, rwiyemezamirimo ndetse n'umuhanga mu
guteka, ibintu byatumye izina rye rirenga kure urwego rw'umuziki gusa.
Yakuriye
mu muryango wakundaga ubuhanzi. Se Kenneth Rogers yari umucuranzi wa Jazz,
akaba na Pasiteri, mu gihe nyina Eveliss yari umunyamideli n'umuhanga mu
guhanga imyambaro ufite inkomoko mu Bushinwa na Puerto Rico.
Ubuhanzi
yabutangiye akiri muto, aririmba muri korali zo mu rusengero, aniga gucuranga
ibikoresho bitandukanye birimo piano, violon na saxophone.
Yize
mu ishuri rikomeye rya Fiorello H. LaGuardia High School of Music & Art and
Performing Arts i New York, ishuri ryafashije benshi mu bahanzi n'abakinnyi ba
filime bazwi muri Amerika.
Pharrell Williams
ni we wamufunguriye amarembo
Nyuma
yo gusoza amashuri yisumbuye, Kelis yabaye umuririmbyi wunganira itsinda rya
Hip Hop rya Gravediggaz.
Ni
muri icyo gihe yamenyanye na Pharrell Williams na Chad Hugo bari bagize itsinda
ry'abatunganya umuziki rya The Neptunes. Abo bombi bamubonye impano idasanzwe,
bamufasha gusinyira kompanyi ya Virgin Records mu 1998.
Mu
1999 yasohoye album ye ya mbere yise Kaleidoscope, yakiriwe neza n'abasesenguzi
b'umuziki nubwo itagize umusaruro ukomeye muri Amerika. Gusa mu Bwongereza no
mu Burayi yatangiye kumenyekana cyane.
"Milkshake"
yahinduye amateka ye
Izina
rya Kelis ryamamaye ku rwego mpuzamahanga mu 2003, ubwo yasohoraga album Tasty.
Iyi
album yari iriho indirimbo Milkshake, yabaye imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu
myaka ya 2000.
Iyo
ndirimbo yageze ku mwanya wa gatatu kuri Billboard Hot 100 muri Amerika, ndetse
iza no kuba iya kabiri ku rutonde rw'indirimbo zakunzwe cyane mu Bwongereza.
Nyuma
yayo yasohoye izindi ndirimbo zakunzwe zirimo Trick Me, Bossy, Acapella, 4th of
July (Fireworks), Jerk Ribs, Rumble na Friday Fish Fry.
Yakoranye
n'ibyamamare byinshi
Mu
myaka irenga 25 amaze mu muziki, Kelis yakoranye n'abahanzi benshi bafite
amazina akomeye ku Isi.
Mu
barimo abaraperi nka Nas, Busta Rhymes, Outkast na Puff Daddy, abaririmbyi nka
Enrique Iglesias, ndetse n'abatunganya umuziki barimo Calvin Harris,
Disclosure, Giorgio Moroder na Richard X.
Yanatwaye
cyangwa ahatanira ibihembo bitandukanye birimo Grammy Awards, Brit Awards, Q
Awards na NME Awards.
Yavuye muri Studio
ajya mu gikoni
Mu
gihe benshi bamumenyaga nk'umuririmbyi, Kelis yafashe icyemezo gitunguranye cyo
kwiga guteka.
Yinjiye
mu ishuri rizwi ku Isi rya Le Cordon Bleu, aho yize ubuhanga bwo gutegura
amafunguro ku rwego rw'umwuga.
Nyuma
yaho yasohoye igitabo cy'amafunguro cyitwa My Life on a Plate, anatangiza
ikirango Bounty & Full, gikora ibijyanye n'ibiribwa, kwita ku ruhu no ku
musatsi.
Uyu
mushinga watumye yigaragaza nk'umugore ushoboye kubaka ubucuruzi bushingiye ku
mpano zitandukanye, aho kudashingira ku muziki gusa.
U Rwanda
rwakungukira he mu mikoranire na Kelis?
Mu
myaka ishize, u Rwanda rwashyize imbaraga mu gukorana n'ibyamamare byo ku rwego
mpuzamahanga mu rwego rwo kwamamaza ubukerarugendo n'ishoramari binyuze muri
gahunda ya Visit Rwanda.
Kuba
Kelis afite izina rikomeye muri Amerika, mu Burayi no ku mbuga nkoranyambaga,
bishobora gufasha u Rwanda kurushaho kumenyekana mu matsinda mashya
y'abakerarugendo n'abashoramari.
Ikindi
ni uko ibikorwa bye bitagarukira ku muziki gusa. Kuba ari rwiyemezamirimo,
umuhanga mu guteka ndetse akagira ibikorwa by'ubucuruzi, bishobora gutuma
habaho ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubukerarugendo, umuco, ubucuruzi
n'iterambere ry'ibikorerwa mu Rwanda.
Nubwo
ibiganiro bikiri mu ntangiriro kandi nta mushinga uratangazwa ku mugaragaro,
kuba RDB yaratangiye kuganira na Kelis Rogers ni indi ntambwe igaragaza ko u
Rwanda rukomeje gushaka abafatanyabikorwa bafite ijambo ku rwego mpuzamahanga,
bashobora kurufasha gukomeza kwagura isura yarwo nk'igihugu cyakira ba
mukerarugendo, abashoramari ndetse n'abifuza kugikoramo ibikorwa bitandukanye.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB, Irène Murerwa, ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru Wungirije w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama (RCB), Maëva Haguma, bakiriye kandi bagirana ibiganiro na Kelis Rogers, umunyamerika wamamaye mu muziki

Kelis Rogers ari mu Rwanda mu rugendo rugamije gutangiza imikoranire iganisha ku guteza imbere ubukerarugendo

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB, Irène Murerwa agana na Kelis Rogers wamamaye mu ndirimbo nka ‘Milkshake’

Umuhanzi
Kelis Rogers amaze imyaka 25 mu muziki, ndetse yashyize imbere kwiga ibijyanye
no guteka
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘MILKSHAKE’ YA KELIS ROGERS
