Ibyo wamenya kuri Filime nshya ‘Gashoka’ isobanurwa na Rocky Kimomo inagaragaramo amazina azwi muri Cinema-VIDEO

Cinema - 02/03/2022 8:36 AM
Share:
Ibyo wamenya kuri Filime nshya ‘Gashoka’ isobanurwa na Rocky Kimomo inagaragaramo amazina azwi muri Cinema-VIDEO

‘Gashoka’ ni filime yateguwe n’inzu itegura ikanareberera inyungu z’abakinnyi ba filime n’abandi banyempano ya The Focus Entertainment ikaba isobanurwa na Rocky Kimomo umaze kuba ikimenyabose. Iyi filime irimo abakinnyi batandukanye bamaze kumenyekana mu ruganda rwa Cinema nyarwanda, ikomeje kwerekwa urukundo.

Filime Gashoka iri mu nshya kandi nyarwanda zikomeje kwishimirwa cyane n’abatari bacye bakomeje kuyikurikirana ku rubuga rwa Youtube ruzwi nka The Focus Media Entertainment ari nayo yashoyemo akayabo igahuza abakinnyi barenga 60 bayikinamo ikanagirana amasezerano na Rocky Kimomo yo kuyisobanura.

Mu kiganiro na InyaRwanda, umuvugizi w’iyi nzu Navy Brown yatangaje byinshi kuriyo n'uko yateguwe. Yatangiye agira ati: "Gashoka ni filime muri rusanjye yakozwe mu buryo bw’ibikorwa kandi inagaragaza uko intwaro gakondo nyarwanda cyangwa nyafurika zakwifashishwa zikavamo umukino mwiza bidasabye imbunda za rutura kandi za kizungu."

Akomeza agira ati: "Kugeza ubu dufite abakinnyi 60 bazakomeza kugenda bagaragara muri iyi filime kandi Ep 1 twamaze gushyira hanze abantu barayishimiye nk'uko bigaragara aho abantu bakomeje kuyireba ku bwinshi kandi uretse ko izindi zirajya hanze ariko nazo zamaze kurangira gukorwa no gutunganywa."

Akomeza agira ati:"Ibyo twabikoze kugira ngo tutazatenguha abantu bazayikunda n’abakomeje kuyikunda ku bwinshi kandi na Rocky Kimomo ubu yamaze kuzisobanura zose."

Asoza yageneye ubutumwa abakunzi ba filime nyarwanda cyane cyane abakomeje kwerekana ko bakunze ‘Gashoka’ imaze iminsi micye igiye hanze, ati:"Ubutumwa nabagenera ni ukwigirira icyizere nk’abanyarwanda, tugakunda igihugu cyacu tunacyamamaza, tugakunda n’umuco wacu tuwuteza imbere."

"Gashoka" yanditswe na Habimana Swedi uzwi nka Navy Brown akaba anayikinamo, aba ari nawe uyiyobora afatanije na Murungi David. Uduce twagiye dukinirwamo iyi filimi twose tukaba twarashatswe na Prince Bitanuzire. Ni filime itunganywa n’Umuyobozi wa The Focus Media Entertainment, Ivan Champion.Rocky Kimomo ni we uri gusobanura filime yitwa 'Gashoka'

Umuyobozi wa The Focus Media Entertainment washoyemo amafaranga akanatunganya 'Gashoka'

Navy Brown wanditse agakina akanaba n'umwe mu bayoboye filime yitwa 'Gashoka'

Prince Bitanuzire wayoboye filime 'Gashoka' ikomeje kunyura benshiMurungi David uzwi nka Devu nawe numwe mu bayoboye filimi 'Gashoka'

Mu minsi micye imaze, imaze kurebwa n'abantu barenga ibihumbi 10

KANDA UREBE GASHOKA FILIMI NYARWANDA YASOBANUWE NA ROCKY KIMOMO

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...