Safi Madiba azataramira muri Ohio
tariki ya 19 Nzeri 2026, mu gitaramo cyiswe ‘Bright Colors Affair’. Ni kimwe mu
bitaramo uyu muhanzi avuga ko yari amaze igihe afite mu murongo w’ibikorwa bye
muri Amerika.
Mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda, Safi yavuze ko uru rugendo rwe muri Amerika rutazabangamira
ibikorwa bya Urban Boys, kuko iri tsinda ryamaze gusubirana ndetse rikaba riri
gukomeza gukora umuziki nk’uko byahoze. Ati: “Ni igitaramo nafashe mbere,
ngomba gukora.”
Avuga ko afite ibindi bikorwa
by’umuziki ateganya gukorera muri Amerika, ariko ko nyuma yo kubisoza azagaruka
mu Rwanda gukomeza urugendo rwe rwa muzika ndetse n’ibikorwa bya Urban Boys.
Nyuma y’imyaka igera ku icumi
abanyamuryango ba Urban Boys bari bamaze batandukanye mu bikorwa by’umuziki
nk’itsinda, Humble Jizzo, Safi Madiba na Nizzo Kaboss bongeye kugaragara hamwe,
ibintu byazamuye ibyishimo mu bakunzi b’iri tsinda ryamenyekanye cyane mu
muziki nyarwanda.
Safi avuga ko Urban Boys itakiri
umwihariko w’umuntu umwe cyangwa w’abayigize gusa, ahubwo ko ari itsinda
ry’Abanyarwanda rifite amateka n’abafana barenze ubushobozi bw’abahanzi
baryubatse.
Ati: “Itsinda rya Urban Boys ni
iry’Abanyarwanda, ryamaze kurenga ubushobozi bwacu, yaba ubwanjye, ubwa Humble
Jizzo ndetse n’ubwa Nizzo Kaboss. Ni ukuvuga ngo igihe Urban Boys izakenerwa
izakomeza gukora ibikorwa nk’itsinda nzabyitabira. Ni itsinda ry’Abanyarwanda,
kandi njye nkora ibyo Abanyarwanda bashaka.”
Aya magambo ya Safi agaragaza ko
gusubirana kwa Urban Boys atari igikorwa cy’agateganyo cyangwa gusa cyo kongera
kugaragara ku rubyiniro, ahubwo ko iri tsinda rifite gahunda yo gukomeza gukora
igihe cyose rizaba rikenewe.
Usibye ibitaramo, Safi yemeje ko
Urban Boys iri gukora ku muziki mishya. Yavuze ko abanyamuryango b’iri tsinda
bamaze gutangira gusubira muri studio, aho bari gutegura indirimbo nshya
zizakomeza umurage wabo mu muziki.
Ati: “Mu gihe icyo ari cyo cyose
nka Urban Boys turakora ibitaramo, n’ubundi turi muri ‘studio’ dukora
indirimbo, ndimo gukorana indirimbo nk’itsinda.”
Ibi bivuze ko abafana ba Urban Boys
bashobora gutegereza ibindi bikorwa bishya by’iri tsinda, birimo ibitaramo
ndetse n’umuziki mushya.
Urban Boys yongeye kugaruka ku
rubyiniro muri Kigali ku wa 8 Kanama 2026, aho Humble Jizzo, Nizzo Kaboss na
Safi Madiba bahuriye mu gitaramo ‘Replay Volume 1’ cyabereye Zaria Court. Ni
igitaramo cyari gikomeye ku mateka y’iri tsinda kuko cyabaye nyuma y’imyaka
myinshi ritarongera kugaragara nk’itsinda.
Nubwo Urban Boys yagarutse, Safi
Madiba avuga ko ibi bitasobanuye ko yahagaritse ibikorwa bye nk’umuhanzi ku
giti cye.
Yasobanuye ko afite uburenganzira
bwo gukomeza urugendo rwe rwa muzika, mu gihe Urban Boys nayo izakomeza gukora
igihe izaba ikeneye abanyamuryango bayo.
Ati: “Ariko urugendo rwanjye nka
Safi Madiba, nk’uko nabitangiye, ndarukomeje. N’ibikorwa byanjye nka Safi
Madiba ndabikomeje, ariko Urban Boys irahari.”
Ni uburyo Safi abona ko umuhanzi
ashobora kugira ibikorwa bye bwite ariko ntibimubuze kuboneka mu itsinda arimo
igihe rikenewe.
Iyi mikorere ntabwo ari umwihariko
wa Urban Boys gusa. Mu muziki mpuzamahanga, hari amatsinda yagiye agira
abanyamuryango bakora ibikorwa byabo ku giti cyabo, ariko igihe itsinda
rikenewe bakongera guhurira hamwe.
Safi yatanze urugero rwa Bien-Aimé
Baraza, wahoze muri Sauti Sol, ukora ibikorwa bye ku giti cye ariko akagira
igihe agaragara mu bikorwa by’itsinda igihe bikenewe.
Yagarutse kandi kuri Tuff Gang,
itsinda ry’abaraperi ryagize uruhare rukomeye mu guteza imbere Hip Hop mu
Rwanda, aho buri munyamuryango ashobora gukomeza ibikorwa bye ku giti cye ariko
igihe itsinda rikenewe bakongera guhurira hamwe bagakora.
Urugendo rwa Safi Madiba muri
Amerika ntiruvuze ko hari gutandukana gushya muri Urban Boys. Ahubwo uyu
muhanzi asobanura ko afite ibikorwa bye bwite byari bisanzwe biteganyijwe, mu
gihe ibikorwa by’itsinda nabyo bikomeje.
Igitaramo cya ‘Bright Colors
Affair’ azakorera muri Ohio ku wa 19 Nzeri 2026 kiri mu bikorwa yari yariyemeje
mbere, akaba ateganya kugisoza agasubira mu Rwanda gukomeza gahunda ze.
Ku rundi ruhande, Urban Boys irimo
gutegura ibindi bikorwa, birimo ibitaramo n’indirimbo nshya, mu gihe Safi
Madiba nawe akomeje urugendo rwe nk’umuhanzi ku giti cye.
Safi Madiba yatangaje ko tariki 19
Nzeri 2026 azakorera igitaramo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika
Safi Madiba yavuze ko Urban Boys
iri gukora ku ndirimbo nshya, banitegura ibindi bitaramo
