Ibyo twari twiteze, twagize ibyiza kurushaho - Umutoza wa Kiyovu Sports ku mikino ibanza ya shampiyona

Imikino - 06/01/2026 7:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo twari twiteze, twagize ibyiza kurushaho - Umutoza wa Kiyovu Sports ku mikino ibanza ya shampiyona

Umutoza w’ikipe ya Kiyovu Sports, Haringingo Francis Christian, yavuze ko bijyanye n’ibibazo batangiranye shampiyona, ibyo bagezeho mu mikino ibanza birenze ibyo batekerezaga.

Ku wa Mbere ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Gicumbi FC mu mukino wo ku munsi wa 14 wa Rwanda Premier League 2025/2026 ibitego 4-1 kuri Kigali Pele Stadium. Nyuma y’uyu mukino, umutoza wa Kiyovu Sports yagarutse ku ikipe bafite avuga ko ari iy’abakinnyi bato.

Ati: ”Urebye dufite ikipe y’Abana bakiri bato, urebye mu bakinnyi 11 twatangije uyu munsi harimo abanyamahanga batatu gusa. Gukinisha abanyamahanga batatu ugiye gukina n’ikipe ifite abanyamahanga 8 ni ikintu gikomeye”.

Yavuze ko ibanga ryo gukinisha aba bakinnyi bakiri bato bagatanga umusaruro ari ukubaha icyizere nta kindi. Ati: ”Ibanga ni ukubaha icyizere, ukabereka ko ibintu byose bishoboka nabo bashobora gukina umupira.

Rero iyo umutoza abazamuriye icyizere nabo barakizamurira. Ikintu tubabwira ni ugukora cyane ubundi umuntu akabaha umwanya n’amabwiriza kigira ngo bashobore kumenyera bagire icyo cyizere”.

Haringingo yavuze ko nyuma y’uko batsinze Gicumbi FC ubuyobozi bwemereye abakinnyi agahimbazamusyi karuta ako basanzwe babaha. Ati: ”Ubuyobozi bubemereye agahimbazamusyi, ni ukuvuga ngo karuta ako babona, ni yo mpamvu abakinnyi bishimye. Ubuyobozi bubahaye umwaka mushya burababwiye ngo mwadushimishije.Bubabwiye ko kuba umukino wa mbere bakinnye muri 2026 kuba bitwaye gutya byabashimishije akaba ariyo mpamvu nabo bagomba kubashimira”.

Yavuze ko ku mukino bazakurikizaho wa Police FC ari umukino ukomeyeye ndetse ko Police FC y’ubu itandukanye n'iyo yabereye umutoza.

Ati: ”Ikipe ya Police FC nabayemo n'iy’ubu ziratandukanye. Nayibayemo ikinisha Abanyarwanda gusa ariko ubu ni ikipe mu bakinnyi 11 muribo 8 baba ari Abanyamahanga. Niyo mpamvu iri imbere ku rutonde rwa shampiyona. Ni ikipe ifite abakinnyi bakomeye, ifite abakinnyi bafite uburambe. Ni umukino ukomeye kuri twebwe, tugiye kwitegura turebe ko ku mukino tuzakina twashobora guhangana nabo”.

Uyu mutoza agaruka ku mikino ibanza ya shampiyona ibura umukino umwe ngo irangire, yavuze ko kuri bo ibyo bamaze kugeraho biruta ibyo bari biteze.

Ati: ”Twatangiye turi mu bibazo dutira abakinnyi benshi bakiri bato, navuga ko icya mbere kwari uguha ikipe umutekano ngo turebe ko twajya mu myanya 8 ya mbere, nubwo umukino wa nyuma w’imikino ubanza utaraba nibaza ko ibyo twari twiteze twagize ibyiza kurushaho”.

Kugeza ubu ikipe ya Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 4 n’amanota 26 nyuma y’imikino 16 imaze gukina.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...