Ibyo kurya byiza, Igihugu cyiza - Ibyo kurya bifite ruhare ki mu isura nziza y'Igihugu?

Ubuzima - 13/10/2025 5:21 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo kurya byiza, Igihugu cyiza - Ibyo kurya bifite ruhare ki mu isura nziza y'Igihugu?

Mu gihe isi yose ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ruganda n’ubuhinzi, ikibazo cy’umutekano w’ibiribwa gikomeje gufatwa nk’urufunguzo rufungura amarembo y’iterambere rirambye.

Mu Rwanda, iki kibazo kirimo gufatwa nk’icy’ibanze mu mibereho y’abaturage n’ishingiro ry’ubukungu bw’igihugu, cyane cyane muri iki gihe u Rwanda rukomeje kwakira inama mpuzamahanga n’ibikorwa binini bihuriza hamwe abashyitsi baturutse hirya no hino ku isi.

Impamvu umutekano w’ibiribwa ari ingenzi si ukubera gusa kurinda ubuzima bw’abantu, ahubwo ni n’uburyo bwo kubaka ubukungu burambye. Ibiribwa bidafite ubuziranenge bishobora gutera indwara zinyuranye, kugabanya imbaraga z’abaturage no gutera igihombo ku rwego rw’ubukungu.

Iyo ibiribwa bidafite umutekano bihinduka ikibazo rusange, igihugu cyose gihura n’igihombo mu mibereho n’ubukerarugendo, cyane cyane mu gihe cyo kwakira abashyitsi mpuzamahanga.

Abaguzi nabo bafite uruhare rukomeye mu kurinda umutekano w’ibiribwa. Ni ngombwa ko bagira ubumenyi buhagije ku byo barya, uburyo bikozwemo, ndetse n’aho byaturutse.

Ubumenyi nk’ubu butuma umuntu ashobora gutandukanya ibiribwa bifite ubuziranenge n’ibishobora kubangamira ubuzima bwe. Guhugura abaturage ku kumenya gusoma ibyanditse ku bipapuro by’amasosiyete, ibirango by’ubuziranenge cyangwa itariki y’iherezo ry’ibiribwa (expiry date) ni kimwe mu bisubizo bigaragaza uburyo bwo kurengera ubuzima.

Amategeko n’amabwiriza agenga ubuziranenge bw’ibiribwa ni indi nkingi ikomeye. U Rwanda rufite inzego zifite inshingano zo kubungabunga umutekano w’ibiribwa, zirimo Rwanda Inspectorate, Competition and Consumer Protection Authority (RICA) n’Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge RSB (Rwanda Standards Board). Izi nzego zombi zishyira imbere gahunda zigamije gusigasira ubuzima bw’abaturage n’iterambere ry’inganda.

Mu nama ya ISO iherutse kubera i Kigali, RSB yagaragaje ko gahunda ya “Zamukana Ubuziranenge” ari intwaro ikomeye ifasha ibigo bito n’ibiciriritse kubona ibirango by’ubuziranenge.

Umuyobozi wa Zamukana Ubuziranenge muri RSB, Ndahimana Jerome, yagaragaje ko ubwo iyi gahunda yatangizwaga mu 2017 ibigo bitandukanye bitari byakamenye iyo ari yo ndetse ubwitabire bwari bucyeya cyane, ibyagiye bihinduka uko imyaka yagiye yisunika.

Ati “Dutangira iyi gahunda ya Zamukana Ubuziranenge mu 2017 twari dufite imbogamizi zitandukanye ndetse zimwe zishingiye ku bo twagombaga gufasha ariko gahoro gahoro uko kugera ku nganda nto zagendaga zumva akamaro kayo byagendaga bihinduka. Ubu tuvugana twashoboye kugera ku nganda nto n’iziciriritse zigera ku 1000 ndetse muri izo nganda hari nyinshyi zagiye zibona ibirango by’ubuziranenge.”

RSB imaze gutanga ibyemezo by’ubuziranenge ku nganda nto n’iziciriritse zisaga 1000, binyuze muri gahunda y’ubufasha ku bikorera bashaka kuzamura ubuziranenge bw’ibiribwa byabo. Ibi bituma ibikorerwa mu Rwanda bigira icyizere mu masoko yo mu gihugu no hanze, kandi bigafasha kugabanya ingaruka z’ibiribwa bitujuje ibisabwa.

Ku ruhande rwa RICA, bakomeje gukangurira abaguzi kudahumbya ku biribwa bitagira ibirango by’ubuziranenge, kuko ari byo bituma umuntu amenya neza ko icyo arya cyagenzuwe.

Mu rwego rw’ubuhinzi, u Rwanda rukomeje gukangurira abahinzi gukoresha uburyo bwemewe bwo gusarura no kubika ibiribwa, no kugendera ku mategeko y’isuku. Ubu buryo bwunganira gahunda za Halal, HACCP (Hazard Analysis and Critical Control Points), n’izindi ngamba zemewe ku rwego mpuzamahanga zigamije kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa mu ruganda no mu isoko.

Kuba u Rwanda ruri kwakira inama mpuzamahanga zinyuranye, ndetse na Gahunda ya #VisitRwanda imaze gutera imbere, bituma umutekano w’ibiribwa urushaho gufatwa nk’ubutumwa bw’igihugu ku rwego mpuzamahanga.

Amahugurwa n’ubukangurambaga bigamije gukangurira abacuruzi n’abatunganya ibiribwa gukurikiza amabwiriza y’ubuziranenge birakomeje, kugira ngo buri wese ugera mu Rwanda asange igihugu gifite isuku, umutekano n’uburyo bwo kubungabunga ubuzima binogeye isura yacyo.

Umutekano w’ibiribwa rero si inshingano z’inzego z’ubuzima gusa, ahubwo ni gahunda rusange isaba ubufatanye bw’abaturage, abacuruzi, abahinzi, inganda ndetse n’inzego zose za Leta. Ni umusingi w’ubuzima bwiza n’iterambere rirambye, ndetse ni n’ubutumwa bwiza bugeza ku bashyitsi bose bagerera mu gihugu cy’u Rwanda.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...