Ikipe y'igihugu ya Espagne yerekeje ku mukino wa
nyuma w'Igikombe cy'Isi nyuma yo gutsinda u Bufaransa ibitego 2-0 mu mukino wa
1/2 wabaye ku wa Kabiri.
Nubwo u Bufaransa bwari bumaze imikino myinshi
bugaragaza urwego rwo hejuru muri iri rushanwa, bwahuye n'ikipe ya Espagne
yakinnye umukino ukomeye, ihagarika neza ba rutahizamu bayo barimo Kylian
Mbappé na Ousmane Dembélé.
Igitego cya mbere cya Espagne cyabonetse nyuma ya penaliti yavugishije benshi, aho Lamine Yamal yakubiswe umugeri na Lucas Digne mu rubuga rw'amahina.
Umusifuzi Iván
Barton yahise atanga penaliti, icyemezo cyateje impaka kuko hari abavugaga ko
Yamal atari afite umupira igihe yakorerwagaho ikosa.
Nyuma y'umukino, umutoza w'u Bufaransa Didier
Deschamps yabajijwe ku myitwareire y'umusifuzi, agaragaza ko atanyuzwe
n'ibyemezo byafashwe.
Yagize ati: "Ntabwo nshaka kumvikana nk'uri
kuririra gutsindwa, ariko ndabaza nti ese umusifuzi wo muri iri joro yari afite
urwego rwo gusifura umukino wa 1/2 cy'Igikombe cy'Isi?"
Mu gusubiza ikindi kibazo, Deschamps yavuze ko
ikibazo kitari penaliti gusa.
Uyu mukino wari uw'ingenzi cyane kuri Didier
Deschamps, umaze imyaka 14 atoza u Bufaransa ndetse wanabugejeje ku gikombe
cy'Isi cya 2018. Biteganyijwe ko azava ku mirimo ye nyuma y'iri rushanwa, bityo
umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzaba ari uwa nyuma ayoboye Les Bleus.
Espagne yo izahatanira igikombe ku mukino wa nyuma,
ishaka kwegukana igikombe cy'Isi cya kabiri mu mateka yayo.

Didier Deschamps yikomye imisifurire nyuma yo gusezererwa na Espagne mu gikombe cy'Isi cya 2026
