Ibyo guha agaciro igihe ugiye gushyingiranwa n’umuntu wabyaye

- 19/01/2024 2:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo guha agaciro igihe ugiye gushyingiranwa n’umuntu wabyaye

Hari ibyo kuzirikana mbere yo gufata umwanzuro wo gushyiranwa n’umuntu muhuye afite umwana cyangwa umubare w’abantu runaka mu gihe utegura umubano mwiza uzabagirira akamaro mwembi.

Gushaka umugabo cyangwa umugore ufite abana, ni ibintu bishobora guterwa n’impamvu zitandukanye zirimo gupfakara, kubyarana n’uwo mutashyingiranwe,kubyara mu bwana ukaba umubyeyi imburagihe n’ibindi, ariko nyuma ukaba watekereza gushinga urugo nuwo wahisemo.

Dore ibyo kuzirikana igihe wifuza gushyingiranwa n’umuntu wabyayeho:

        1. Zirikana ko abana be bari mu by’ingenzi afite

Benshi bashaka abafasha bamwe bagashyingirwa nk’umuhango wemewe ukorwa, nyamara bamara kubana, abana bagatangira guhura n’uburibwe bwo gufatwa nabi bakabuzwa uburenganzira bwabo ku bwo kutishimirwa.

Gushaka umugabo cyangwa umugore ntibitandukanya isano iri hagati y’umwana n’umubyeyi we, nubwo abana nabo batagomba kukubuza kwita ku wo mwashakanye. Igihe cyose abana b’uwo mwashakanye batangiye kukubangamira mu mibanire yanyu, menya ko uba wica ibyiyumviro bya mugenzi wawe.

         2.  Kwirengagiza abana be bizatuma agufata nk'umuntu utari inshuti ye

Bamwe mu bagabo cyangwa abagore bahitamo kwirukana abana babo babyaye mbere yo gushaka,  kugirango batange umutekano mu rugo. Bitewe n’ubwumvikane bwanyu mushobora kubana nabo cyangwa ntimubane, ariko ni byiza kwiyumva nk’umubyeyi w’abana b’uwo mwashakanye, ndetse byongera urukundo n’icyubahiro mu rwawe.

     3. Toza abana bawe kwiyumvamo uwo muzashakana ndetse bagire ubushuti  mbere y’igihe

Abana bakwiye gusobanukirwa uwo mugiye kubana nk’umugore n’umugabo, ndetse bagatangira kugirana  ubushuti bizatuma biyumvanamo nk’abanyamuryango. Bamwe bahisha abana ko bagiye gushakana n’abandi bagabo kuko batekereza ko bazabarakarira, cyangwa ntibishimire kubana n’umuntu utarababyaye. Kubaganiriza ukababwira impamvu ziguteye gushaka bituma bakubahira umuryango, ndetse bagatozwa kubaha ugiye kubabera umubyeyi atarababyaye.

    4.Zirikana ko nabo bagiye mu nshingano zawe niba wifuza kwishima mu rugo rwawe

Birashoboka ko mwabona umugisha wo kubyara igihe mwabanye! Ni byiza kumenya ko umwana ari nk’undi, ndetse wimenyereze kuzabafata nk’abo uzabyara, kuko bizagufasha kumvikana n’uwo mushakanye.

      5. Sobanukirwa n’ahahise h’uwo mugiye gushakana hatumye abyara abana mbere

Ababyeyi bakunze gushaka abandi bafasha bafite abana bitewe n’amateka atari meza.Kubahana ubabwira ku bibi bahuye nabyo nko kubibutsa umubyeyi babuze, uwabataye cyangwa wabanze, bituma batakaza icyizere cy’ubuzima. Iga kuba umubyeyi mbere yo kumuba, umenye uburyo uzahana abo bana utabyaye kandi bakakubona nk’umubyeyi muzima.


Menyana n'abana b'uwo mugiye kubana mbere y'uko mubana bakwiyumvemo nk'umubyeyi


Biroroshye kwiyumvisha ko ari abawe ukabakunda igihe ukunda uwababyaye


Iganirize wumve niba uzashobora kuba umubyeyi mwiza, nibikunanira umubwire mbere ko utarera abana utabyaye abimenye mbere



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...