Ibyo Antoine Hey yazanye ni byo MINISPOC yategetse andi mashyirahamwe y’imikino mu Rwanda

Imikino - 02/06/2017 9:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo Antoine Hey yazanye ni byo MINISPOC yategetse andi mashyirahamwe y’imikino mu Rwanda

Antoine Hey umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) mu gutangira akazi ke nyirizina yahamagaye abakinnyi 41 abatangiza ku myitozo yo kubareba niba bafite imbaraga n’ubuzima (Fitness Test) bishobora kugenderwaho bemezwa nk’ababereye gukinira u Rwanda.

Minisiteri y’Umuco na Siporo mu Rwanda (MINISPOC) nyuma yo kureba igasanga igeragezwa Antoine Hey yakoresheje hari icyo ryafasha mu gushaka intsinzi, Ubunyamabanga buhoraho muri iyi Minisiteri bwandikiye amashyirahamwe yose y’imikino mu Rwanda ko bagomba kwitegura ko abakinnyi bazajya bahamagarwa mu ikipe y’igihugu bazajya bagomba kubanza gukora ‘Fitness Test’ kugira ngo harebwe uko bahagaze mu mbaraga n’ubuzima.

Mu ibaruwa yasinyweho na Lt.Col. Patrice Rugambwa Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, harimo ko mbere yuko abakinnyi bahamagawe bazajya bagera mu makipe y’igihugu bazajya babanza gukora igeragezwa bakiri mu makipe (Clubs) babarizwamo.

Dore ubutumwa bukubiye mu ibaruwa icyo bumenyesha amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda:

Mu rwego rwo kurushaho kongerera abakinnyi b’amakipe y’igihugu imyitozo y’ingufu (Fitness Test); Mbandikiye mbasaba kumenyesha amakipe yose yitabira amarushanwa mutegura kujya bakoresha abakinnyi imyitozo y’ingufu (Fitness Test) kugira ngo harebwe uko ubuzima bwabo buhagaze n’imbaraga bafite kugira ngo baze mu makipe y’igihugu bameze neza.

Mboneyeho kubamenyesha ko Physical Fitness Test igomba gukorerwa abakinnyi bose b’amakipe y’igihugu mbere yo kujya mu myitozo itegura amarushanwa.

Mugire amahoro.

Ubutumwa bw'ingenzi MINISPOC yageneye amashyirahamwe y'imikino mu Rwanda

Ubutumwa bw'ingenzi MINISPOC yageneye amashyirahamwe y'imikino mu Rwanda

Amavubi

Imyitozo yo gusuzuma imbaraga n'ubuzima bw'abakinnyi yazanwe mu Rwanda na Antoine Hey

Usengimana Danny wa Police FC yirambura

Abakinnyi bagorora ingingo mu buryo butandukanye

Muvandimwe JMV myugariro wa Police FC arambika inda ku muyaga

Byanga bikunda uhava imbaraga zawe zagaragaye

Antoine Hey umutoza mukuru w'Amavubi

Antoine Hey umutoza mukuru w'Amavubi yazanye ikintu cyahawe agaciro na MINISPOC


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...