Ni uruzinduko rwabaye ku Cyumweru, aho aba
bahanzi baganiriye n’aba bana baturuka mu bice bitandukanye by’Umujyi wa
Kigali, ariko bari gutozwa no kurererwa mu Kigo cy’Urubyiruko cya Kimisagara
(Maison de Jeunes Kimisagara). Intego yari ukubakomeza, kubashishikariza guhindura
imyitwarire, kumvira ababafasha no gukunda ishuri kugira ngo ejo habo hazabe
heza.
Aba bana barenga 250 bafashwa na Ma
Africa, umuryango utegura ibitaramo bya “Icyumba cya Rap” bihuriza hamwe
abahanzi n’abakunzi ba Hip Hop hagamijwe guteza imbere impano z’urubyiruko.
Bull Dogg yabibukije ko imbere ari heza ku
bamaramaje gukurikiza inama bahabwa no kugendera ku ndangagaciro nziza.
Yabasabye gukomeza kwizera impano bafite no gukora cyane kugira ngo bazigeraho.
Danny Nanone na we yabahaye ubutumwa bubatera
imbaraga, ababwira ko na we yicaye nk’uko bicaye uyu munsi, ariko akomeza
inzozi ze kugeza ageze aho ari. Yashimangiye ko nabo bashobora kugera kure mu
gihe batacika intege.
Ati "Ndi mu myaka yanyu hari igihe
nabaga nicaye nk'uku mwicaye hari abantu baje kundeba nk'uko twaje kubareba.
Namwe bidashidikanywaho ko mu myaka itaha muzaba mwicaye nk'aha twicaye.
Turabishimiye."
Riderman yabasabye gushyira imbere Imana,
ikinyabupfura, kubaha ababafasha no kwizera ubushobozi bwabo, cyane cyane
bagakurikiza indangagaciro z’Igihugu.
Avuga ati “Gushyira imbere Imana, ikinyabupfura,
kubaha ababarera no kwigirira icyizere. Muzabigendereho, mukurikize
indangagaciro z'Igihugu."
Zeo Trap, wakuze akorera imyitozo muri
Maison de Jeunes Kimisagara, yababwiye ko ari naho yatangiriye kwiyubaka mu
muziki no mu mikino, abasaba gukurikiza amasomo bahabwa kuko ibyiza biri
imbere. Ati “Hano [Maison de Jeunes Kimisagara], narahabyiniye, twahakiniye
Basketball.”-
Bushali na we yabibukije ko "ibyiza
biri imbere nimudacika intege", abashishikariza kurushaho kwitwara neza no
kwirinda ibisubiza umuntu inyuma.
Uru ruzinduko rw’abaraperi rwasize abana
bishimye, bigaragarira ku buryo baganiraga n’aba bahanzi ndetse no ku mbaraga
bagaragazaga mu gukomeza gukurikirana impano zabo.
Ni igikorwa cyatumye benshi bongera
kwizera ko ubuzima bwabo bushobora guhinduka mu buryo bwiza, mu gihe bagira
umuhate n’icyizere.
Ariko kandi aba bana ni bamwe mu
bazaririmba mu gitaramo “Icyumba cya Rap” kizabera muri Zaria Court, ku wa 26
Ukuboza 2025.
Abaraperi bahaye icyizere abana bahoze ku
muhanda: ‘Ibyiza biri imbere nibacika intege bizagerwaho
Bushali yibukije urubyiruko rwahoze mu
mihanda ko imitima itacitse intege igerayo
Young Grace yashimangiye ko
impano z’aba bana zikeneye kwitabwaho no gushyigikirwa
Zeo Trap yagarutse ku rugendo rwe
rwatangiriye ku Kimisagara, aha abana icyizere ko na bo babishobora
Ma Africa yakomeje gahunda yo guha
urubyiruko amahirwe binyuze mu ‘Icyumba cya Rap’
Danny
Nanone yibukije abana ko inzozi zigerwaho, iyo ubigizemo uruhare
Umushyushyarugamba akaba n'umunyamakuru wa Kiss FM, Anitha Pendo yitabiriye iki gikorwa cyabereye Kimisagara mu Mujyi wa Kigali
Inshingano zo kwiyubaka zashyizwe imbere:
Abaraperi babwira abana ko ejo hazaza ari ahabo
KANDA HANO UREBE UBWO ABA BARAPERI BASURAGA ABANA BABARIZWA MU MURYANGO 'INDARO YANJYE'
