Ubu
butumwa Minisitiri Utumatwishima yabunyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa Gatanu
tariki ya 12 Kamena 2026, nyuma y’igitaramo gikomeye Senderi Hit yakoreye mu
Kinigi mu Karere ka Musanze, cyitabiriwe n’abaturage benshi ndetse
n’abakerarugendo bari baturutse gusura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga. Cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2026.
Mu
butumwa bwe, Minisitiri Utumatwishima yashimangiye ko ibyishimo umuhanzi ageza
ku baturage bifite uruhare runini mu mibereho myiza yabo, by’umwihariko ku
buzima bwo mu mutwe.
Yagize
ati: “Urakoze cyane Senderi. Ibyishimo uha abaturage ni inkunga ikomeye mu
buzima bwiza, cyane cyane ubuzima bwo mu mutwe. Imana ijye ikongerera imbaraga
z’umubiri n’umutima.”
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Senderi Hit yavuze ko yakiriye aya magambo
nk’ishema rikomeye, agaragaza ko bishimangira agaciro ku murimo w’ubuhanzi mu
muryango nyarwanda.
Yavuze
ko iyo umuyobozi ushinzwe urwego akorera abonye ibyo ukora akabishima, bitanga
imbaraga zo gukomeza gukora cyane no kurushaho kwegera abaturage.
Ati:
“Ndishimye cyane. Iyo ukora cyane hanyuma umuyobozi ugushinzwe akabona ibyo
ukora kandi akabigushima, bitanga imbaraga zidasanzwe. Ndashimira Nyakubahwa
Minisitiri ku bw’aya magambo y’inkunga no ku kuba akurikirana ibikorwa
by’abahanzi.”
Senderi
yavuze ko ibitaramo ari gukora yabyise “Munyarwanda, Rubyiruko Ishimire Ibyiza
Byinshi u Rwanda Rwagezeho mu Rugendo rwo Kwibohora ku Nshuro ya 32”, bikaba
bigamije gususurutsa abaturage no kubibutsa ibyiza igihugu cyagezeho mu myaka
ishize.
Yavuze
ko igitaramo cyo mu Kinigi cyamushimishije cyane kubera uburyo cyitabiriwe
n’abaturage benshi ndetse n’abanyamahanga bari baje gusura ingagi, bagahurira
hamwe mu byishimo n’umuziki.
Ati:
“Hari ba mukerarugendo baje mu gitaramo cyanjye nyuma yo gusura ingagi mu
Birunga. Byarantunguye kandi biranshimisha kubona n’abanyamahanga bishimira
umuziki nyarwanda.”
Muri
iki gitaramo, Senderi Hit yaririmbye indirimbo ze zakunzwe mu bihe bitandukanye
zirimo izifite ubutumwa bw’urukundo rw’igihugu, ubumwe n’iterambere. Yanahaye
umwanya mugenzi we Mico The Best, wamufashije gususurutsa abari bitabiriye.
Senderi
yavuze ko Mico The Best yari yaje kumushyigikira nk’inshuti ye ya hafi, ari na
byo byatumye basangira urubyiniro muri uwo mugoroba wagaragayemo ibyishimo
byinshi.
Iki
gitaramo kandi cyagaragayemo bamwe mu bantu bazwi mu myidagaduro nyarwanda,
barimo Ndimbati, wamamaye cyane muri filime Papa Sava.
Senderi
Hit ni umwe mu bahanzi bafite amateka yihariye mu muziki nyarwanda. Uyu muhanzi
ukomoka mu Karere ka Kirehe amaze imyaka irenga 20 akora umuziki, aho
yamenyekanye cyane mu ndirimbo zifite ubutumwa bw’ubumwe, gukunda igihugu no
gukangurira abaturage kugira uruhare mu iterambere.
Mu
rugendo rwe, yashyize hanze album zirimo Twaribohoye, Icyomoro na Intimba
y’Intore, zakunzwe n’abatari bake kubera ubutumwa zibumbatiye. Yitabiriye kandi
ibitaramo n’ibikorwa bitandukanye byamugejeje no ku ruhando mpuzamahanga.
Kuva
yatangira umuziki kugeza ubu, Senderi Hit yakomeje kugaragara nk’umuhanzi
wihariye uhuza imyidagaduro n’ubukangurambaga, ibintu byatumye agumana umwanya
ukomeye mu mitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.
Ubutumwa
bwa Minisitiri Utumatwishima buje bwiyongera ku mashimwe Senderi Hit amaze
iminsi ahabwa n’abaturage nyuma y’ibitaramo ari gukorera mu bice bitandukanye
by’igihugu, aho benshi bavuga ko bitanga umusanzu mu gususurutsa abantu no
gukomeza kwimakaza ibyishimo mu muryango nyarwanda.


Senderi
Hit yavuze ko ubutumwa bwa Minisitiri Utumatwishima bwamwongereye imbaraga zo
gukomeza gukora ibikorwa byiza
