Nise
Jabo Ghislain ni umwe mu basore bakiri bato bari kugira uruhare rukomeye mu
iterambere ry’umuziki nyarwanda binyuze mu gufasha abahanzi aho ubu ari gufasha barimo Kevin Kade
na Diez Dola.
Nise
ni we ureberera inyungu z’umuhanzi Diez Dola, gusa
igitangaje ni uburyo uyu musore ukiri muto yemeye kwishora mu nshingano zananiye
abagabo benshi, bakagenda ubutareba inyuma.
Mu
kiganiro na InyaRwanda.com, Nise yavuze ko mbere yo kuza muri uyu mwuga wo gufasha
abahanzi mu gukora imiziki iri ku rwego mpuzamahanga, yabanje kwiga isoko ry’umuziki
wo mu Rwanda n’uwo hanze, abona ko hari umusanzu nawe yashyira muri uru ruganda
rw’imyidagaduro.
Yagize
ati: “Natangiye nkiri muto kuko numvaga mfite ubushake ku muziki na 'creative
industry' muri rusange. N’ubwo bigorana, natekerezaga ko imyaka itari ikibazo,
ahubwo ikibazo ari ibitekerezo n’ubushake n’ubumenyi. Nafashe umwanya ndiga.”
Asobanura
ko ashikamye kandi yizeye ko azagirira ibihe byiza mu muziki nyarwanda kuko
kuba akiri muto nabyo bimwongerera amahirwe yo gukora cyane kurusha abandi kuko
bo babaga bafite inshingano nyinshi cyane.
Ati: “Abakuru benshi baza bafite inshingano nyinshi, nge nkiri muto mfite ubwigenge
bwose bwo kugerageza no kwiga byinshi.”
Ni
ibintu yatangiye gukora akiri muto kuko mu mashuri yisumbuye yajyaga akorana n’abahanzi
mu kumenyekanisha indirimbo, kwiga uburyo bwo kubyaza umusaruro imyidagaduro,
uko 'business' y’imyadagaduro ikorwa…
Nyuma
yo kubona amaze kugira ubumenyi buhagije, ni bwo yatangiye kujya akorana na
Kevin Kade aho ubu amubereye 'Executive Producer' we na Calvin Mbanda hanyuma
akaba na Manager wa Diez Dola.
Kubera ubuhanga bwe n’umurava mu byo akora, Junior Rumaga aherutse kugira Nise Executive Producer wa Siga Rwanda itegura ibitaramo bya Siga Art Festival.


Mbere yo gushyira ibye byose mu muziki nyarwanda, Nise yabanje kwiga uburyo bwo guteza imbere imyidagaduro n'uko 'business' z'umuziki zikorwa


Nise ni we ureberera inyungu za Diez Dola (Manager)


Nise amaze igihe kirekire akorana n'umuhanzi Kevin Kade

Kuri ubu, Nise yagizwe Executive Producer wa Siga Rwanda
