Ibyiciro 8 by'abakinnyi nibyo bizitabira isiganwa rya Legacy Sakumi Anselme Race

Imikino - 13/07/2023 10:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyiciro 8 by'abakinnyi nibyo bizitabira isiganwa rya Legacy Sakumi Anselme Race

Kuva ku bakuru, n'abatarabigize umwuga, ibyiciro 8 by'abakinnyi nibyo bizitabira isiganwa rya Legacy Sakumi Anselme Race riteganyijwe kuba tariki 23 Nyakanga uyu mwaka.

Mu gitondo cya tariki 23 Nyakanga mu mihanda yo mu karere ka Gasabo umuriro uzaka ubwo hazaba hakinwa isiganwa rya Legacy Sakumi Anselme Race. Ni isiganwa rigiye kuba ku nshuro ya kabiri nyuma yaho ryatangiye mu 2019, gusa COVID-19 ikaza kurikoma mu nkokora, bigatuma ritongera kuba, gusa kuri ubu rikaba ryagarutse mu mbaraga nyinshi.

Nk'uko twatangiye tubivuga iri isiganwa rizitabirwa n'ibyiciro umunani birimo abahoze bakina uyu mukino w'igare, ariko kuri ubu bakaba baramanitse amapine. Tugarutse ku byiciro bizitabira iri siganwa, harimo abana bakiri bato mu bahungu n'abakobwa bari hagati y'imyaka 12 na 15 baziruka ibilometero 11.4,abakinnyi batabigize umwuga, bazakora ibirometero 45, bivuze ko bazazenguruka aho isiganwa rizanyura inshuro 4.

Abakinnyi bakanyujijeho nabo bazitabira iri siganwa bahatane kagave 

Abahoze bakina uyu mukino (Veterans) bazasiganwa ibilometero 58.6, abangavu bazakora ibilometero 70, ingimbi zikore ibirometero 81, mu gihe abagore bakuru bazakora ibirometero 81. Abagabo ndetse n'abatarengeje imyaka 23 bazasiganwa Kilometero 104, bivuze ko bazazenguruka aho isiganwa rizanyura inshuro umunani.

Rusagara Serge uyoboye abategura iri siganwa avuga ko impamvu yo kugira ngo isiganwa ribeho ari ukugirango bakomereze  ku byo umubyeyi Sakumi yasize atangije Yagize Ati"Intego y'isiganwa, ni ugukomeza ibikorwa umubyeyi Sakumi yatangiye. Aho mbere yo kwitabira Imana yari umukunzi w'igare cyane, arikundisha abandi ariyo mpamvu tugomba gukomerezaho ndetse tukazana na bamwe mu bakinnye igare mu myaka yo hambere nk'uko mwabibonye."

Imihanda izakoreshwa

Iri siganwa rizahagurukira Kimihurura kuri Maguru Coffee, Gishushu, Chez Lando, Prince House, Giporoso, Nyandungu, Kigali Special Economy Zone. Iyi inzira yose abasiganwa bazayinyuramo bagenda bisanzwe batabarirwa ibihe (Neutral Start).

Abakinnyi bazatangira kubarirwa, kuri Kigali Special Economy Zone, banyure Zindiro, Kimironko-Engen Petrol Station, Controle Technique, BK Arena aha bazaba bamaze gukora ibirometero 13. Nyuma bazahita binjira mu muhanda w'umuzenguruko, uzava BK Arena, Gasabo District, RDB, SP Nyarutarama, MTN Center, Mu Kabuga ka Nyarutarama, Kibagabaga, Kibagabaga Hospital, Kimironko, Engen Petrol Station, Controle Technique BK Arena. Uru rugendo rurangana na Kilometero 11.4 abakinnyi bakazaruzenguruka bigendanye n'ibirometero bazakora.

Ubwo iri siganwa ryaherukaga kuba mu 2019, icyo gihe ryitwa “Tour de l’Espoir Memorial Sakumi Anselme ", ryegukanywe na Nsengiyumva Shemu (wakinigara Les Amis Sportifs) mu bagabo, mu ngimbi ritwarwa na Iradukunda Emmanuel (wakiniraga Fly Cycling Team) na Ndiraba Yussuf mu batarabigize umwuga.

Sakumi Anselme yahoze ari Visi Perezida wa FERWACY, akaba yarishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uretse kuba umukunzi w’uyu mukino, yari n’umuterankunga wawo.

Serge Rusagara akaba umwana wa Sakumi niwe uyoboye komite itegura isiganwa rya Legacy Sakumi Anselme

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...