Ibyatangajwe na Coach Gael ni ukuri cyangwa ni ikinamico yanditswe?

Utuntu nutundi - 23/04/2025 2:49 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyatangajwe na Coach Gael ni ukuri cyangwa ni ikinamico yanditswe?

Umushoramari akaba n’umujyanama w’abahanzi, Karomba Gael uzwi nka Coach Gael, amaze iminsi atangaje amagambo yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko agiye guhagarika ishoramari mu muziki, akihugiraho aho gukomeza guha amahirwe abantu batamenya gushima.

Mu butumwa aherutse gushyira kuri Instagram, yavuze ko “yatengushywe n’abantu”, ko “igihe kigeze ngo nawe yirengere”, yerekana amarangamutima yuje akababaro n’isenyuka ry’icyizere yari afite ku bo yafashije.

Nyamara, hari benshi bibajije niba ibi bintu ari ukuri cyangwa ari ‘strategy’ (ingamba) nshya yo guteza imbere igikorwa runaka binyuze mu matsiko.

KNC umushyigikiye, avuga ko yakoze ibidasanzwe

Mu kiganiro Rirarashe cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 22 Mata 2025, umushoramari Kakooza Nkuriza Charles [KNC] yavuze ko nta muntu n’umwe wakagombye kwirengagiza uruhare Coach Gael yagize mu guteza imbere umuziki nyarwanda mu myaka itatu ishize.

Yagize ati: “Abanyarwanda tugira ikibazo cyo kudashima. Turi babashimira mu iriro. Njye ndakubwiza ukuri y’uko Coach Gael hari ikintu yakoze, hari itafari yashyizeho, rwose ibyo ndabikubwira wabyemera, wabyanga.”

Ku birego bivuga ko Gael yashakaga gusa kumenyekana abinyujije mu bahanzi, KNC yasubije agira ati: “Niba abantu bose bashaka kwifotoza nka Gael, iki gihugu cyaba cyiza kurushaho.”

Yakomeje avuga ko Gael atigeze akena, ko ahubwo ari umuntu w’ubwenge kandi wubashywe. Yemeza ko nubwo yaba asezeye, abahanzi yafashije bazakomeza urugendo rwabo.

Ni ugusezera cyangwa ni uguteguza?

Nubwo Gael atangaza ko agiye guhagarika ishoramari mu muziki, ntabwo yigeze asobanura byinshi kuri label ye ya 1:55 AM, ku bikorwa byari biriho, cyangwa ku byateye iyo myanzuro — ibintu bisanzwe bikorwa iyo ikigo gifunze imiryango. Ibi bituma abantu bamwe babibona nk’uburyo bwo gukurura amarangamutima (emotional engagement) mbere y’itangazwa ry’umushinga mushya.

Ubusanzwe, izina 1:55 AM ni ‘brand’ izwiho gukora ibintu bitunguranye, bikunze kugaragaza udushya twuzuyemo ubuhanga n’ubushishozi mu kwamamaza.

Bamwe mu basesengura iby’imyidagaduro bavuga ko iyi mvugo ya Coach Gael ishobora kuba igice cy’igenamigambi ryo guteza imbere indirimbo nshya ya Bruce Melodie na Diamond Platnumz.

Christelle na Gauchi bagize icyo bavuga

Umunyamakuru Christelle binyuze mu kiganiro ‘Ishya’, yanditse kuri konti ye ya X, avuga ko nubwo Gael ashobora kuba yaratakaje amafaranga, ariko nawe yungukiye ku kumenyekana mu rwego rwo hejuru, bityo ko ibyo nabyo bifatwa nk’inyungu.

Ati: “Uriya mu investor (umushoramari) ashobora kuba ayo yashoye, ataramugarukiye ariko success) (kumenyekana) yaririye ku bahanzi ukurikije ko nawe aba ashaka ko amatara amugeraho, nazo tuzihaye agaciro muri cash ni nka za 2.5 B Frw. Icyo nzicyo nta gihombo rwose yagize.”

Umushoramari Gauchi wakoranye cyane na Yverry hagati ya 2023 na 2024, yabwiye InyaRwanda ko ibintu byose bishoboka ku butumwa bwatangajwe na Coach Gael, ariko kandi biteye kwibaza.

Yavuze ko mu gihe cyose ubutumwa bwa Gael bwaba buri mu murongo w'ikinamico cyangwa se ikinyoma (Prank), byaba ari ikibazo, kuko indirimbo ya Bruce Melodie na Diamond itategurirwa kumenyekana binyuze mu Rwanda gusa.

Ati "Ibyo byose birashoboka, ariko kimwe baba bagikora mu buryo bubi. Reka dufate urugero, niba ari uguteza indirimbo, gukora 'Prank' ukayikorera mu Rwanda ntacyo waba ukoze, kuko n'ubundi Bruce Melodie afite ubushobozi bw'uko indirimbo yakwikorana ari wenyine itabura kumenyekana mu Rwanda, bibaye ari uko ugutwika rero (kumenyekanisha) baba batwikiye ahatari ho. Kuko Diamond ni Mpuzamahanga, gukorera 'Prank' mu Rwanda, nta kintu byahindura ku ikundwa ry'indirimbo."

Ariko kandi avuga ko ku rundi ruhande 'Ibyo Coach Gael yatangaje n'ibyo, kuko niba hari ikintu gitenguha kuri Business, ni umuziki wo mu Rwanda'

Ati "N'abahanzi ubwabo. Buriya nihabuze utuntu baba bagiye bagonganiraho na 'Management' ye cyangwa abo bafatanya, cyangwa se bakabona nka Element ari kurenga imbibi kandi nta ruhare babigizemo, Coach Gael akavuga ati ariko ubu sina narashyize imbaraga ahatariho ra?"


Coach Gael yatangaje amagambo yaciye igikuba agaragaza ko agiye gutangira Paji nshya nyuma yo gutera inkunga ibikorwa by’abahanzi barimo Bruce Melodie



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...