Ibyari inzozi byabaye impamo! Joshua Baraka yakoranye indirimbo na Bruce Melodie

Imyidagaduro - 18/08/2025 8:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyari inzozi byabaye impamo! Joshua Baraka yakoranye indirimbo na Bruce Melodie

Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda, Joshua Baraka yageze ku ntego yari yihaye yo kuva mu Mujyi wa Kigali akoranye indirimbo na Itahiwacu Bruce wamamaye mu muziki nka Bruce Melodie. Ni ubwa mbere aba bombi bahuriye mu ndirimbo, ndetse byitezweho ko izajya hanze mu gihe kiri imbere.

Uyu musore w’i Kampala yageze i Kigali ku wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, agenzwa n’igitaramo yakoreye muri Kigali Universe ku wa Gatandatu tariki 16 Kanama 2025, icyo gihe yahuriye ku rubyiniro na Dj Pius wizihizaga imyaka 15 ari mu bavanga imiziki, Alyn Sano, Ruti Joel, Mike Kayihura, Dj Marnaud, Jules Sentore n’abandi.

Bwari ubwa kabiri ataramiye i Kigali. Kuko inshuro ya mbere yahageze yagenzwaga no kumenyekanisha ibikorwa bye by’umuziki. Yigeze kubiteramo urwenya, avuga ko ubwa mbere agera i Kigali yifashishije ‘Bus’ ariko asigaye agenda n’indege.

Ubwo yari ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Joshua Baraka yumvikanishije ko uretse kuba agiye gutaramira Abanyarwanda, kuri gahunda afite harimo no kugirana ibiganiro n’abahanzi barimo Bruce Melodie, Element, Mike Kayihura n’abandi.

Abajijwe n’itangazamakuru niba ari ibiganiro bisanzwe, cyangwa se byubakiye ku kuba bakorana indirimbo, yavuze ko ariwo murongo w’ibikorwa bye.

Ku wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, yahuye kandi agirana ibiganiro na Bruce Melodie, ariko kiriya gihe ntibigeze bakorana indirimbo. Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, ni bwo bombi bahuriye muri ‘Studio’ bakorana indirimbo.

Tuyitakire Joshua, Ushinzwe Itangazamakuru muri sosiyete y’umuziki ya 1:55 AM yabwiye InyaRwanda ati “Ku wa Gatanu barahuye, ubwo Baraka yari akigera mu Rwanda, ariko yari ananiwe. Uyu munsi (Ku Cyumweru tariki 17 Kanama 2025), rero bahuye baraganira, ndetse bafata amajwi y’indirimbo, kandi yarangiye.”

Indirimbo “Nana” yatumye ajya i Burayi bwa mbere

Indirimbo “Nana” yasohotse akimara kwizihiza isabukuru y’imyaka 22, ihita itumbagira ku ntonde z’indirimbo zikunzwe muri Uganda no muri Kenya.

Yahise yinjira mu rugendo rwinjiye mu mateka ye, asinyishwa na Moves Recordings, inzu itunganya Afrobeats iherereye mu Bwongereza, ndetse hakozwe remix yatumye Baraka akorana n’ibyamamare nka Joeboy (Nigeria), King Promise (Ghana) na Bien (Kenya).

Ibi byatumye, umusore wavukiye i Bwaise mu gace ko muri Kampala, agace yita ‘ghetto’ karimo ubukene ariko kuzuyemo ubuzima n’ubusabane, afata indege bwa mbere mu muryango we, ajya muri Kenya, Nigeria, Ghana no mu Bwongereza.

Baraka yatangiye kuririmba afite imyaka itandatu. Yagize ati: “Indirimbo ya mbere nanditse yavugaga kuri Mama, ariko sinigeze nyimuririmbira. Data yari Pasiteri, nageragezaga kwiga ingoma mu rusengero. Mfite imyaka 12 batangiye kwigisha umuziki ku ishuri, mpita numva ndakururwa. Icyo gihe nashakaga kumenya byose.”

Nubwo yigeze kwiga ashaka kuba muganga, yakunze umuziki biratinda, kugeza ubwo ahisemo kuwugiramo umwuga afite imyaka 19. Yatangiriye mu tubari no muri restaurant’ acuranga piano, ahuza indirimbo z’ibihugu bitandukanye harimo afrobeats yo muri Afurika y’Uburengerazuba, dancehall yo muri Jamaica, na RnB y’isi yose.

Mu 2021, Baraka yashyize hanze EP ye ya mbere yise Baby Steps, ikurikirwa na Belinda (2022), indirimbo y’inkuru y’urukundo rw’umukobwa winjiye mu buzima bw’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga.

Kuva yasohora “Nana”, Baraka yateye intambwe ndende mu rugendo rwe rw’umuziki. Yagize ati: “Numvaga Nana izakora, ariko sinari nzi ko izagera aha hose. Nahise menya ko ibintu bihindutse numvise abana bo mu gace kacu bayiririmba. Ubu maze guhura n’abantu benshi nabonaga nk’ibihangange. Ghetts, Bien… nabonye ko nabo ari abantu basa nanjye.”

Iyo avuga ku muziki we, Baraka agaragaza ko amagambo afite agaciro gakomeye nk’umudiho. Ati “Melodi yonyine ituma indirimbo iguma mu mutwe, ariko amagambo ni yo ayiha icyerekezo. Niyo mpamvu nkunda gusoma cyane, n’iyo naba nandika ku bintu bisekeje nk’ibibuno, ngerageza gushushanya ishusho.”

Baraka, witegura gushyira hanze indi EP nshya mu Ukuboza, avuga ko adateganya guhagarara vuba. Avuga ati “Ndakomeza gukora ibyo nkunda; kuririmba, kwandika, gukora umuziki… ibindi byose bizikurikira. Umwaka utaha niwo uzerekana ikimenyetso nzasiga mu ruganda rw’umuziki.”

 Joshua Baraka ari kumwe na Bruce Melodie muri ‘studio’ mu ikorwa ry’indirimbo bahuriyeho 

Joshua Baraka yakoreye igitaramo gikomeye muri Kigali Universe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 16 Kanama 2025 

Joshua Baraka yavugaga ko ashaka gukorana indirimbo n’abarimo Bruce Melodie

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘KUBA NISINDIYE II’ YA BRUCE MELODIE NA REAL RODDY

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘WRONG PLACES’ YA JOSHUA BARAKA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...