Ibyaranze Guverinoma ya 2017-2024 n’ibyitezwe muri manda nshya y'imyaka 5

Amakuru ku Rwanda - 13/08/2024 11:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyaranze Guverinoma ya 2017-2024 n’ibyitezwe muri manda nshya y'imyaka 5

Mu gihe Perezida wa Repubulika y'u Rwanda yamaze kurahirira kongera kuyobora igihugu muri manda nshya izamara imyaka itanu, ni ngombwa cyane gusubiza amaso inyuma ukamenya bimwe mu byaranze Guverinoma y'u Rwanda muri manda ishize.

Ubwo yarahiriraga kuyobora u Rwanda muri manda ya 2024-2029, Perezida Paul Kagame yashimye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere cyo kubabera umuyobozi mu myaka itanu iri imbere.

Yagize ati “Ndagira ngo mbere na mbere nshimire Abanyarwanda mwese kuba mwongeye kungirira icyizere. Nishimiye kongera kubabera Umuyobozi ari we Perezida muri iyi manda nshya dutangiye."

Perezida Kagame yikije ku ntero yumvikanye mu bihe byo kwiyamamaza yagiraga iti ‘Ni wowe’, avuga ko atari we wenyine ahubwo ari Abanyarwanda bose kandi bazakorana bakagera kuri byinshi. 

Ati “Ariko mu by’ukuri sinjye njyenyine ahubwo ni mwebwe, ni twese hamwe. Ubu rero, tugomba kongera kureba imbere ahazaza, mu myaka 30 ishize twageze kuri byinshi kandi byiza ariko nanone haracyari byinshi tutarageraho ariko tuzageraho mu myaka iri imbere."

Perezida Kagame yashimangiye ko ibyiza biri imbere kandi bizagerwaho, yizeza Abanyarwanda kubageza ku iterambere rirambye. 

Yagize ati: "Iyi manda nshya ni intangiriro yo gukora ibirenze kugira ngo ibyo twifuza tubigereho. Kuki se n'ubundi tutarenza ku byo twakoze? Kubitekereza ntabwo ari ukurota. Birashoboka, bizashoboka. Twabikora, kandi tuzabikora."

Mu Baminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta batangiranye na manda ya 2017-2024 abagera kuri 9% ni bo batigeze bava muri Guverinoma. Mu mboni z'abasesenguzi, ngo iki ni ikimenyetso cy’imiyoborere irangwa no kutirara no kubaza abayobozi inshingano.

Bamwe mu bakurikiraniye hafi ibikorwa byayo, bayise manda y’umuvuduko, abandi manda y’ubudasa. Ni manda yatangiranye n’Abaminisitiri 20 n’Abanyamabanga ba Leta 11.

Ku wa 31 Kanama 2017 ubwo yakiraga indahiro z’abagize iyi Guverinoma, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabasabye kuzirikana ko u Rwanda ari igihugu gifite umwihariko.

Senateri Uwizeyimana Evode umwe mu bahoze bagize iyi Guverinoma ubu akaba ari umusenateri, yabwiye RBA ko gushyirwa mu myanya kw’abagize Guverinoma byagiye bikorwa hashingiwe ku bushobozi bwakemura ibibazo by’igihugu.

Intego mu mitangire ya Serivisi yagombaga kuba byibuze igera ku gipimo cya 90% mu nkingi eshatu za Guverinoma ari zo Imiyoborere myiza, Ubukungu n’Imibereho myiza y'abaturage.

Umuyobozi wungirije mu Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, Dr. Usengumukiza Felicien avuga ko muri iyi myaka 7 ishize hari aho bitagenze neza ku buryo hari raporo bagiye batanga zigaragaza amakosa ya bamwe mu bayobozi batandukiriye mu nshingano.

Imiyoborere igamije guha ijambo umuturage ndetse n’ibimukorerwa akabigiramo uruhare iyo bidakozwe biganisha igihugu ku kutagera ku byo abaturage bifuza nk’uko Hon. Mukabalisa Donatille wayoboye Umutwe w’Abadepite imyaka 10 abisobanura.

Kutirara no kutihanganira amakosa ni bimwe mu byo abaturage bashimira Perezida Kagame bakagaragaza ko ari na byo byafashije igihugu kugera ku ntera kiriho uyu munsi.

Mu bihe bitandukanye Perezida Kagame yagiye agaruka ku buryo bwo kubaza abayobozi inshingano no kubibutsa ko mu byo bakora byose umuturage agomba kuba ku isonga.

Kugeza ubu abaminisitiri n’abanyamabanga ba Leta 3 ni bo batarava muri Guverinoma. Uretse abagize Guverinoma, kuvanwa mu myanya no kuyihindurirwa hagamijwe kurushaho kwihutisha imikorere byagiye bigaragara mu nzego zose z’igihugu zaba inzego nkuru n’inzego z’ibanze.

Muri iyi myaka 7 kandi benshi mu bakoresheje nabi umutungo w’igihugu bisanze mu maboko y’ubutabera.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda riteganya ko guhera mu mwaka wa 2024, manda y'Umukuru w'Igihugu izaba ari imyaka itanu kandi ikaba itagomba kurenga inshuro ebyiri.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...