Mu gihe iminsi igenda
isatira ngo Kigali yakire igitaramo cy’umuhanzi w’icyamamare muri Afurika,
Diamond Platnumz, impinduka zitunguranye zabaye ku izina ry’iki gitaramo
zakomeje kwibazwaho na benshi.
Iki gitaramo cyari
cyarateguwe mu izina rya ‘Friends of Amstel’, izina ryari rimaze kugaragara ku
byapa bitandukanye byari bimanitswe mu bice binyuranye by’igihugu, ndetse no ku
bikoresho byamamazaga iki gikorwa.
Ariko ubu, izina rya ‘Friends
of Amstel’ ryakuweho, risimbuzwa ‘Diamond Platnumz Experience’, mu mpinduka
zageze no ku byapa byari bimaze kugaragara ahantu hatandukanye.
Amakuru InyaRwanda yamenye ni
uko ibi byapa byamanuwe, bigasimbuzwa ibindi byanditseho izina rishya
ry’igitaramo. N’urubuga rugurishirizwaho amatike rwahinduye uburyo iki gitaramo
cyerekanwagamo, izina rya ‘Friends of Amstel’ risimbuzwa ‘Diamond Platnumz
Experience’.
Kuki izina ryahindutse?
Impinduka z’izina ry’iki
gitaramo zibaye mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kurwanya no
gukumira inzoga zitujuje ubuziranenge, ndetse no gukomeza ubukangurambaga ku
ngaruka z’imikoreshereze mibi y’inzoga.
Amakuru InyaRwanda yamenye
avuga ko muri iki gihe ari bwo hanatekerejwe ku buryo izina ‘Friends of
Amstel’, risobanura inshuti z’ikinyobwa cya Amstel, ryashoboraga kudahuza neza
n’umurongo uriho wo gukomeza kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge.
Nubwo Amstel ubwayo ari
ikinyobwa cyemewe kandi cyujuje ubuziranenge, byatekerejwe ko gukomeza
gukoresha izina rishimangira igitekerezo cy’“inshuti z’ikinyobwa” mu gihe hari
ubukangurambaga bukomeye bwo kurwanya inzoga zitemewe bishobora gutanga ishusho
itari ngombwa.
Ni muri uwo murongo, nk’uko
amakuru InyaRwanda yamenye abivuga, haje igitekerezo cyo guhindura izina
ry’igitaramo, maze ‘Friends of Amstel’ isimbuzwa ‘Diamond Platnumz Experience’.
Ni impinduka zitagarukiye ku
izina gusa, kuko no ku byapa byari bimaze kugaragara hirya no hino mu gihugu, izina
rya mbere ryakuweho.
Igitaramo cyari kimenyerewe nka Friends of Amstel
‘Friends of Amstel’ si izina
rishya mu myidagaduro yo mu Rwanda.
Kuri iyi nshuro, iki gitaramo
kizabera muri Parking ya BK Arena, ku wa 29 Kanama 2026.
Ariko nyuma y’impinduka
zabaye ku izina, abateguye iki gikorwa bahisemo kucyita Diamond Platnumz
Experience’, izina rishyira Diamond Platnumz ku isonga ry’igitaramo.
Diamond Platnumz azahurira i Kigali n’abahanzi bakomeye
Diamond Platnumz ni umwe mu
bahanzi bakomeye muri Tanzania no muri Afurika, akaba ari na we uzaba ari ku
isonga muri iki gitaramo.
Azahurira ku rubyiniro
n’abahanzi b’Abanyarwanda barimo Bruce Melodie, Ish Kevin, Nel Ngabo na Etania,
ndetse na DJ Marnaud.
Kuba Diamond agiye kongera
gutaramira i Kigali bifite umwihariko, cyane ko mu minsi ishize yari aherutse
gukorana na Bruce Melodie ku ndirimbo ‘Pom Pom’, yanagaragayemo Joel Brown.
Iyi ndirimbo yabaye indi
nzira ihuza aba bahanzi bombi, mbere y’uko bongera guhura imbere y’abakunzi
b’umuziki mu gitaramo kizabera i Kigali.
Nubwo izina ry’igitaramo
ryahindutse, ibi ntibyabujije abakunzi bacyo gukomeza kugura amatike.
Kugeza ubu, icyiciro cya
mbere cy’amatike cyamaze gushira ku isoko. ‘Friends of Six’, itike y’abantu
batandatu yaguraga 90,000 Frw, yamaze gushira.
Hasigaye ibindi byiciro
birimo ‘Friends of Four’ y’abantu bane igura 70,000 Frw, ‘Friends of Two’ igura
50,000 Frw, ‘Golden Circle’ igura 50,000 Frw, ndetse na ‘Individual’ igura
30,000 Frw.
Ibi byose byerekana ko nubwo
habaye impinduka ku izina, igitaramo ubwacyo gikomeje gutegurwa kandi amatike
akaba ari mu nzira yo kugera ku bakunzi bacyo.
Ku wa 29 Kanama, Kigali izakira ‘Diamond Platnumz Experience’
Ku wa 29 Kanama 2026, muri
Parking ya BK Arena, ni bwo Diamond Platnumz azongera guhurira n’abakunzi be i
Kigali.
Kuri iyi nshuro, ntabwo
bazaba bagiye mu gitaramo cya ‘Friends of Amstel’ nk’uko byari byatangajwe
mbere.
Bazaba bagiye muri ‘Diamond
Platnumz Experience’- izina rishya ryaje nyuma y’impinduka zabaye ku gikorwa,
rikaba ryarasimbuye iryari rimaze iminsi rizwi ku byapa no mu kwamamaza iki
gitaramo.
Ku bakunzi b’umuziki,
icyahindutse ni izina; ariko icy’ingenzi cyo gukurikirana ni uko Diamond
Platnumz, Bruce Melodie, Ish Kevin, Nel Ngabo, Etania na DJ Marnaud bakomeje
gutegurwa ku rubyiniro rumwe i Kigali.
Diamond agiye kongera
gutaramira i Kigali mu gitaramo kizabera muri ‘Parking’ ya BK Arena, ku wa 29
Kanama 2026
Igitaramo ‘Friends Of Amstel’
cyahinduriwe izina cyitwa ‘Diamond Platnumz Experience' kizaririmbamo abahanzi batatu
