Ibyamamare byitabiriye igitaramo “Restoring Worship Xperience” cya Jesca Mucyowera – AMAFOTO

Imyidagaduro - 03/11/2025 4:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyamamare byitabiriye igitaramo “Restoring Worship Xperience” cya Jesca Mucyowera – AMAFOTO

Umuhanzikazi Mucyowera Jessica yakoze igitaramo cy’amateka akaba ari na cyo gitaramo cye cya mbere akoze kuva yakwinjira mu muziki wo kuririmba wenyine aramya ndetse ahimbaza Imana, ashyigikirwa n’abakozi b’Imana ndetse n’abahanzi benshi bagenzi be.

Ni igitaramo “Restoring Worship Xperience” cyaraye kibereye muri Camp Kigali kuwa 02 Ugushyingo 2025 aho cyari gifite intego yo kuramya kubohora ndetse Mucyowera Jessica yafatiyemo amashusho ya zimwe mu ndirimbo azagenda ashyira hanze mu bihe biri imbere.

Ni igitaramo cyagaragayemo Mwuka Wera haba mu miririmbire ndetse n’ijambo ry’Imana ryabwirijwe na Apostle Mignonne Kabera,  buri wese ataha yumva muri we hari ukubohoka ku bwo kuramya no guhimbaza Imana.

Mucyowera Jessica yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zisanzwe zizwi n’abantu benshi ndetse n’inshya aboneraho no kumurika album ebyiri: "Yesu Arashoboye" na "Imana irakomeye" zaguzwe n’abatari bacye barangajwe imbere na Apostle Mignonne wayiguze 5,000,000Frw.

Uretse kuba abantu batashye banyuzwe n’iki gitaramo, uyu muhanzikazi yerekanye ko azi kubana neza n’abahanzi bagenzi ndetse n’abakozi b’Imana batandukanye dore ko hari benshi baje kumushyigikira muri iki gitaramo akoze bwa mbere kuva yatangira umuziki.

Bamwe mu bahanzi bari bitabiriye igitaramo cye harimo Alexis Dusabe nawe uri mu myiteguro y’igitaramo kizaba ku wa 14 Ukuboza 2025 muri Camp Kigali. Ku wa kane w’icyumweru gishize, Alexis Dusabe nabwo yari kumwe na Jessica Mucyowera mu gitaramo cya Gen-Z Comedy.

Hari Papi Clever usanzwe uririmbana n’umugore we Dorcas. Papi Clever yitabiriye iki gitaramo nyuma y’igihe gito asoje ibitaramo yakoreraga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abaramyi Ben na Chance bamaze kubaka izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana nabo mu minsi yashize bakaba baherutse gutaramira muri Canada, ni bamwe mu bitabiriye igitaramo cya Mucyowera.

Jado Sinza n’umufasha we Esther nabo bitabiriye iki gitaramo nyuma y’uko bari barararikiye abafana babo kuzitabira iki gitaramo nabo ntabwo bacikanwe baje gufatanya na Jessica Mucyowera kuramya no guhimbaza Imana.

Fabrice na Maya basanzwe bafatanya umurimo w’Imana baje gushyigikira Jessica Mucyowera akaba ari nyuma y’iminsi micye bataramiye i Bujumbura mu Burundi.

Abanyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana benshi mu bahanzikazi bafatiraho icyitegererezo, Gaby Kamanzi na Aline Gahongayire nabo baje gushyigikira Mucyowera Jessica basanzwe bahuriye mu ivugabutumwa rishingiye ku ndirimbo.

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Jean Christian Irimbere nawe ni umwe mu baje gushyigikira Jessica Mucyowera mu gitaramo “Restoring Worship Xperience”.

Uretse abo bahanzi, hari abakozi b’Imana batandukanye barimo Apotre Mignonne wagabuye ijambo ry’Imana, Apotre Sosthene Serukiza, Chantal Mbanda, Pastor Desire na madamu we, Bishop Karemera Emmanuel n’abandi.

Hari kandi abanyarwenya bamaze kubaka izina mu ruganda rw’urwenya mu Rwanda barimo G Tuff wari waratanze isezerano ko azaza muri iki gitaramo ndetse agatumira n’inshuti ze bakazana ndetse n’umunyarwenya Umushumba uzwi cyane muri Gen-Z Comedy. 




Jessica Mucyowera yakoze igitaramo cy'akataraboneka yise "Restoring Worship Xperience"


Jessica Mucyowera yashimiwe umuhate ndetse n'umurimo w'Imana akora cyane cyane binyuze mu kuririmba

Abavugabutumwa bari bitabiriye iki gitaramo, basengeye Mucyowera Jessica bamusabira imbaraga n'umugisha muri uyu murimo yahamagariwe wo kuvuga ijambo ry'Imana abinyujije mu ndirimbo

Aline Gahongayire, Jean Christian Irimbere bitabiriye igitaramo "Restoring Worship Xperience"

Jado Sinza  na Esther ndetse na Papi Clever bashyigikiye Mucyowera Jessica mu gitaramo "Restoring Worship Xperince"

Jessica Mucyowera yashyigikiwe n'abantu b'ingeri zose


Umunyarwenya G Tuff wari kumwe n'umunyamakuru Racheal Muramira, yahiguye umuhigo wo kwitabira igitaramo cya Jessica Mucyowera 


True Promises na Alarm Ministries bafatanyije na Jessica Mucyowera mu gitaramo "Restoring Worship Xperience"

Irebere uko byari bimeze 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...