Mu
gihe benshi barebera ku rubyiniro bakabona ubuzima bw’ibyamamare nk’ubwuzuye
ibyishimo, amafaranga n’icyubahiro, inyuma y’iyo shusho itangaje hihishe inkuru
ziremereye zitaravugwa kenshi.
Mu
Rwanda no ku Isi muri rusange, inkuru z’incamugongo zikomeje kwiyongera ku
byamamare bitakaza ubuzima cyangwa bikangirika mu mitekerereze, bitewe ahanini
no kwishora mu biyobyabwenge.
Iyi
si inkuru yoroshye yo kuvuga ngo “ni amahitamo yabo.” Ahubwo ni ikibazo gifite
imizi mu buzima babamo, igitutu bahura nacyo buri munsi, n’imiterere y’inganda
z’imyidagaduro zibakoresha kurusha uko zibitaho.
Ubushakashatsi
bwakozwe na Dianna Theadora Kenny wo muri University of Sydney bugaragaza ko
abahanzi n’ibyamamare bafite ibyago byinshi byo guhura n’ihungabana ryo mu
mutwe ndetse no gupfa imburagihe kurusha abantu basanzwe.
Impamvu
ikomeye ni ukubaho ubuzima bubiri icyarimwe. Hari uwo uri we nyakuri ufite
amarangamutima, ibikomere n’ibibazo nk’abandi bose, hakabaho n’uwo uhatirwa
kugaragaza ku mbuga nkoranyambaga no mu ruhame, ugomba guhora yishimye, atsinda
kandi nta kibazo agira.
Iyo
ayo mashusho yombi adahuye, umuntu atangira kubura icyizere cy’uwo ari we. Icyo
cyuho cyo mu mutwe ni cyo gituma bamwe batangira gushaka ubuhungiro mu
biyobyabwenge.
Mu
buzima bw’ibyamamare, kuruhuka ni nk’inkuru. Ibitaramo, ingendo zitandukanye,
ibiganiro, gufata amashusho, ibintu byose bikurikirana nta mwanya wo gusinzira
uhagije.
David
Sack, inzobere mu kuvura ababaye imbata z’ibiyobyabwenge, yagaragaje ko benshi
mu bakora mu myidagaduro batangira gukoresha ibiyobyabwenge bibongera imbaraga
kugira ngo bashobore gukomeza gukora igihe kirekire.
Iyo
umuhanzi ari ku rubyiniro, yakiriwe n’ibihumbi by’abafana, ubwonko bwe busohora
Dopamine nyinshi cyane, umusemburo utuma yumva ari mu munezero ukabije.
Ariko
iyo igitaramo kirangiye, agaruka mu buzima busanzwe. Icyo gihe, uwo munezero
uhita ugabanuka mu buryo bukabije, agasigara yumva ari mu bwigunge.
Gabor
Maté asobanura ko kubatwa n’ibiyobyabwenge akenshi biba ari uburyo bwo guhunga
ububabare bwo mu mutwe. Ibyamamare byinshi ntibiba bishaka kwinezeza gusa,
ahubwo biba bishaka kongera kumva wa munezero w’igihe gito cyangwa guhunga
amarangamutima abaremereye.
Ku
bantu basanzwe, kubona ibiyobyabwenge biragoye. Ariko ku byamamare, si ko
bimeze. Biba bifite ubushobozi bwo kubona icyo bishaka cyose, igihe cyose.
Ubushakashatsi
bwa Susan Reynolds bwerekanye ko ibyamamare bikikijwe n’abantu benshi barimo
abajyanama, inshuti, abarinzi, ariko kenshi abo bantu batinya kubabwira ukuri.
Ibi
bituma icyamamare kigira ubwisanzure bukabije bwo gukora icyo gishaka, nta
muntu ugihagarika. Iyo nta rutangira ihari, birangira umuhanzi abaye addicted
ku kintu runaka ku buryo nta garuriro riba rigihari.
N’ubwo
izo mpamvu zihari zituma benshi mu bahanzi bishora mu biyobyabwenge, hari abo
byahitanye ndetse bibangiriza umwuga.
Michael
Jackson yapfuye azize imiti yakoreshaga ngo abashe gusinzira
Whitney
Houston ubuzima bwe bwazahajwe n’ibiyobyabwenge
Avicii
yahuye n’ihungabana rikomeye ryamuviriyemo kwiyahura
Juice
WRLD yapfuye akiri muto azize overdose
Ikigaragara
ni uko ikibazo cy’ibiyobyabwenge mu byamamare kidakwiye gufatwa nk’ikibazo
cy’imyitwarire mibi gusa. Ni ingaruka z’ubuzima bubashyirwaho n’inganda
z’imyidagaduro zibareba nk’ibicuruzwa kurusha uko zibareba nk’abantu.
Gusa
nk’umuhanzi, nawe akwiye kubaho uko ari “Kubaho nkawe aho kubaho nk’uko abantu
bashaka ko abaho.” Ibyo byatuma abantu bakumenya uko ushaka ko bakumenya kuruta
kubaho uko bashaka bituma benshi bishora mu biyobyabwenge.
