Ikipe y’abakinnyi ba filime izaba igizwe
n’abantu umunani: Seth, Nyaxo, Mitsutsu, Dr Nsabi, Regis, Samu (Zuby Comedy), Remyboy
ndetse na James (Zuby Comedy)
Ikipe y’abanyamakuru n’abavangavanga (MCs)
izaba igizwe na batandatu: Muvunyi (3D TV), Babu Rugemana (Isibo TV), MC Tino
(Royal FM), Taikuni Ndahiro (Radio TV10), Rusine Patrick (Kiss FM) ndetse na MC
Nario (Sky FM).
Utegura iri rushanwa, Samu, yabwiye InyaRwanda
ko ryatekerejwe mu rwego rwo guhuza abahanzi, abanyamakuru n’abanyarwenya, no
kubaha umwanya wo gusabana no kwiyungura ubumenyi ku mukino wa Biyali, benshi
muri bo bamaze igihe bawukina mu buryo bwo kwidagadura.
Ibyo
wamenya ku mukino wa Biyali (Pool Table)
Biyali ni umukino ukinirwa ku meza
yabugenewe, ukinwa n’abantu babiri cyangwa bibiri bahatanira gutsinda imipira
15 iriho nimero: irindwi (1-7) z’imipira mito (solids), irindwi (9-15)
z’imipira minini (stripes), n’umupira wa nyuma uzwi nka ‘Black ball’ ufite
nimero 8.
Umukinnyi umwe ahitamo gukina imipira
mito, undi agakina minini. Utsinda atsinda imipira ye yose mbere y’undi,
hanyuma agatsinda Black ari na wo wemeza intsinzi. Ukoresheje Black mbere yo
kurangiza imipira ye, aba atsinzwe by’ako kanya.
Ni umukino usaba ubushishozi,
igenamigambi, n’ubuhanga mu gucomeka, kandi uko ugenda ubyumva kurushaho ni ko
ushimisha uwuwukina n’uwureba.
Uteganya kwegukana iri rushanwa, agomba
kugira ubumenyi n’ubuhanga buhambaye muri uyu mukino, kuko ibihembo
biteganyijwe biri hejuru: Uwa mbere: 1,000,000 Frw, Uwa kabiri: 500,000 Frw n’aho
uwa gatatu: 300,000 Frw
Samu yavuze ko iri rushanwa rizajya riba
buri mwaka, rigahuza abantu bo mu ngeri zitandukanye barimo ab’itangazamakuru,
abahanzi, abanyarwenya, abakinnyi ba filime n’abandi bafite inyota yo
kwidagadura.
Yagize ati: “Ni uburyo bwo guteza imbere
umukino wa Biyali, tunahuza abantu batandukanye mu myidagaduro. Nibwo bwa mbere
tugerageje iri rushanwa ariko dufite intego ko rizajya riba buri mwaka,
rikaguka ndetse rikajya no mu ntara.”
Biteganyijwe ko Portable Tournament izaba imwe mu marushanwa y’imyidagaduro arimo ubukungu, ubuhanga no kwidagadura, kuko abazahatana bose ari abantu bafite amazina akomeye mu ruhando rwa Sinema n’Itangazamakuru.

Umunyarwenya wa Kiss Fm, Rusine Patrick ni umwe mu bari ku rutonde rw’abahazatana muri iri rushanwa rya Biyali

Umunyamakuru Kasirye Martin wamenye nka MC
Tino wa Royal FM, arahatanira kwegukana Miliyoni 1 Frw
Umunyarwenya Dr Nsabi witegura gusohora igisigo
yahuriyemo n’umusizi Murekatete, ni umwe mu bazahatana muri iri rushanwa rizaba
tariki ya 1 Nyakanga 2025
Iri rushanwa rizaba mu rwego rwo guhuza
abanyamakuru n’abakinnyi ba filime, hagamijwe gusabana
