Sherrie
Silver yabwiye InyaRwanda ko mu gihe kiri imbere azatangaza aho ibi birori
bizabera, ndetse n’itariki bizaberaho. Uyu mukobwa wavukiye i Huye, avuga ko
kuri iyi nshuro byihariye, kandi biteguwe ‘mu buryo butandukanye n’ibyabanje’.
Ibya
mbere byabereye muri Kigali Convention Center. Icyo gihe Sherrie Silver
yataramanye n’abahanzi barimo The Ben, Kevin Kade, Element, Alyn Sano n’abandi.
Mu
bazwi cyane bafite ibikorwa batangije kandi bigirira benshi akamaro bitabiriye
ibirori bye, barimo Umunya-Nigeria, Masai Ujiri washinze Giants of Africa, Umuyobozi
Mukuru akaba n'uwashinze Kaminuza ya African Leadership University, Fred
Swaniker, Miss Jolly Mutesi, Miss Muheto Divine, Bwiza, Miss Nishimwe Naomie,
Intore Massamba, Ish Kevin, Runtown;
Andy
Bumuntu, Umukundwa Clemence wamamaye nka Cadette, Mucyo Sandrine washinze 'The
Ssanduina Ltd', Umuhoza Sharifa wanyuze mu irushanwa rya Miss Rwanda, Musana
Teta Hense witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.
Ibirori
Sherrie Silver abitegure binyuze mu muryango Sherrie Silver Foundation wita ku
bana batishoboye. Ubwo ku wa 7 Nzeri 2024, yakoraga ibirori nk’ibi yaboneyeho n’umwanya
wo kumurika impano z’abana bato yatangiye gufasha binyuze mu kubigisha imbyino
zinyuranye n’ibindi. Kwinjira muri ibi birori, byari ukwishyura ibihumbi 120
Frw, ndetse na Miliyoni 1 Frw.
Sherrie
Silver yavuze ko ubwo yakoraga muri MET Gala, byamuhaye ishusho y’uko n’u
Rwanda cyangwa Afurika bishobora kugira ibirori bikomeye bishyigikira impano,
umuco n’ubugiraneza.
Yagize
ati “Gukorana n’ibyamamare muri MET Gala byatumye numva ko Afurika ikwiye
kugira igitaramo cyayo cy’uburanga gihuza umuco, ubuhanzi n’ubugiraneza. Nibwo
natekereje The Silver Gala, nk’inzira yo gushyigikira ibikorwa byanjye byo
gufasha urubyiruko.”
The
Silver Gala izajya iba buri mwaka, ihurize hamwe abantu bafite umutima
w’ubugiraneza, ibyamamare, abayobozi, abanyamideli n’abandi bafite uruhare mu
iterambere ry’igihugu.
Ibyo
binjizwa byose bizajya bigenerwa Sherrie Silver Foundation, umuryango usanzwe
uharanira iterambere ry’urubyiruko binyuze mu burezi, ubuhanzi no guteza imbere
impano.
Sherrie
Silver yongeye kwerekana ko umuco nyafurika ushobora kugaragara ku rwego
mpuzamahanga, kandi ko ibikorwa bikozwe mu rukundo bishobora guhindura ubuzima
bw’abantu benshi.
MET
Gala cyangwa Metropolitan Museum of Art Costume Institute Gala byamuteye
gutegura The Silver Gala’, ni igitaramo kiba buri mwaka i New York, kigahuza
ibyamamare bikomeye byo mu ruganda rw’imideli, imyidagaduro, sinema n’umuziki.
Itegurwa
na Vogue Magazine ku bufatanye na MET Museum. Kizwiho gukorerwamo imyambaro
idasanzwe igaragaza insanganyamatsiko iba yatoranyijwe buri mwaka, kikaba
kininjiza akayabo k’amafaranga agenerwa iterambere ry’urwego rw’imideli.
Ibirori
bya MET Gala by’uyu mwaka byabaye ku wa 5 Gicurasi 2025 byaranzwe n’insanganyamatsiko
yiswe “Superfine: Tailoring Black Style”, ishimangira uruhare rukomeye
rw’abirabura, cyane cyane abagabo, mu iterambere ry’imyambarire.
Abari
bitabiriye basabwe kwambara mu buryo bwerekana “Tailored For You”, bikubiyemo
ubuhanga bwihariye bwo kudoda no gutunganya imyenda ishingiye ku muco
w’abirabura.
Abayoboye
ibi birori barimo Pharrell Williams, A$AP Rocky, Colman Domingo, Lewis
Hamilton, ndetse na Anna Wintour usanzwe ari umuyobozi mukuru wa Vogue. LeBron
James yari umwe mu bayobozi b’icyubahiro.
Abitabiriye
bazwi barimo Rihanna (wari utwite inda ya gatatu yambaye ikanzu ya Marc
Jacobs), Zendaya, Anne Hathaway, Stormzy, Madonna, n’abandi benshi.
Hari
hanatumiwe abaririmbyi nka Usher na Stevie Wonder batumye iryo joro riba
ridasanzwe. Ibi birori byinjije Miliyoni $31, umubare utarigeze ugerwaho mu
mateka ya MET Gala.
Sherrie
Silver yavuze ko yamaze kwanzura kongera gutegura ibirori ‘Silver Gala’
Sherrie Silver aherutse gutangaza ko ‘MET Gala’ ariyo yabaye imvano yo gutegura ibi birori agiye gukora ku nshuro ya Kabiri
Ku wa 11 Nzeri 2024, Sherrie Silver yahuje abarimo Massamba Intore, n’Umuyobozi Mukuru akaba n'uwashinze Kaminuza ya African Leadership University, Fred Swaniker, mu birori bya The Silver Gala byari bibaye ku nshuro ya mbere Masai
The Ben yashyigikiye inshuti ye Sherrie Silver bagiye banahurira mu ndirimbo zinyuranye
Element mbere yo gutaramira abantu muri ibi birori, ni uku yafashe ifoto
Umuraperi Ish Kevin ni uku yaserutse muri ibi birori byihariye
Ujiri washinze Giants of Africa ari mu bitabiriye ibirori bya Sherrie Silver
Miss Mutesi Jolly mu birori bya The Silver Gala byabereye muri Kigali Convention Center
Ibi birori Sherrie Silver yabihuje no kugaragaza itsinda ry'abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation afasha