Yolo The Queen ari mu bari n’abategarugori bakunze
kugarukwaho kenshi ahanini bishingiye ku buryo uburanga bwe bukurura benshi barimo
ibyamamare mpuzamahanga nka Drake na Harmonize.
Kuri iyi nshuro yashyize hanze ubutumwa bugaragaraza ko hari ibiganiro biri kujya imbere hagati ye na Quavo
Agaragaza ko ari ibintu asengera cyangwa yasengeye kuba
uyu muraperi yakwiyongera ku nkuru y’ubuzima bw’iki kizungerezi.Ubutumwa bwa Quavo yandikiranye na Yolo The Queen ukomeza kugenda avugisha ibyamamare bikomeye
Nk’inyaRwanda tukaba twifuje kugaruka ku rutonde rw’abakorwa
batari bake bagiye bakundana cyangwa bavugwa mu rukundo n’uyu muraperi w’imyaka
33 bashobora kwiyongeraho Yolo The Queen.
Lana Del ReyAba bombi baheruka gushyira hanze indirimbo bahuriyemo
muri Nyakanga 2024 bise ‘Tough’ gusa bidatinze hatangiye kuvugwa ko baba bari
mu rukundo nyuma y'uko bari bamaze iminsi bagaragara muri Atlanta bari kumwe.
Erica FontaineUyu mukobwa w’icyamamare mu mikino ngoramubiri na we
yavuzwe mu rukundo na Quavo nyuma y'uko bagaragaye bari kumwe mu gitaramo cya
Usher i Las Vegas hari muri 2023.
Karrueche TranNi abantu bamenyanye by’igihe kirekire ariko noneho biza
gufata indi ntera mu 2022 ubwo uyu muraperi yari amaze igihe atandukanye na
Saweetie.
Bivugwa ko aba bombi binjiye mu rukundo byeruye ariko bagiye
bakomeza kubyamaganira kure.
Mu bihe bitandukanye birimo ibiruhuko bagiye bagaragara bari kumwe, gusa yaba Quavo yavuze ko batigeze bakundanaho ndetse Tran
yungamo avuga ko bari inshuti bisanzwe.
SaweetieQuavo yakundanye na Saweetie imyaka igera kuri 3, baza
gutandukana nabi mu 2021
Aba bombi batangiye kuvugwa mu rukundo nyuma y'uko uyu muraperi
yitabaje uyu mugore mu mashusho y’indirimbo yitwa ‘Workin Me’ bidatinze
batangiye kugenda bagaragara bari kumwe.
Muri Nzeri 2018, bagaragaye bafatanye ikiganza mu kindi, nyuma Quavo yatangaje ko yatangiye kwandikira Saweetie muri Werurwe 2018 amusaba
ko yazemera kujya mu ndirimbo ye.
Gutandukana kw'aba bombi byatangajwe na Saweetie ashinja
uyu muraperi kuba atari umwizerwa.
Quavo na we yagiye abwira Saweetie ati "Naragukunze ariko
ndanagutenguha byose hamwe, ntabwo uri umugore natekereje ko uri we, nta kindi
nkwifuriza uretse ibyiza."
Iggy AzaleaQuavo yakundanyeho na Iggy Azalea mu mwaka wa 2017,.
Bidatinze Azalea yitabiriye igitaramo cya Migos itsinda
rifite igisobanuro gikomeye ku buzima bwa Quavo.
Bidatinze Iggy yitabaje Quavo mu ndirimbo ‘Saviour’, maze
ibi birushaho kwatsa umuriro w’ikibatsi cy’urukundo rw'aba bombi gusa nta n'umwe
muri bo wigeze yemeza ko bakundanyeho.
Gusa Iggy Azalea yagiye yumvikana asingiza kenshi Quavo.
Bernice BurgosQuavo urukundo rwe na Burnice icyamamare mu mideli n’ubwiza
rwatangiye kugarukwaho mu 2018.
Ibi bikaba byarabaye nyuma y'uko aba bombi bagaragaye
bishimanye muri Los Angeles.
Bidatinze Bernice yitabiriye ibirori bya Migos byo
kumvisha abantu b’ingenzi Album yabo Culture II.
Nykkia HarrisQuavo na Nykkia Harris batangiye gukundana mu 2012
ndetse urukundo rwafashe indi ntera uyu muraperi amwambika impeta muri Kamena 2014.
Urukundo rwabo ntabwo rwatinze kuko batandukanye muri Nzeri 2014.