Ibizamini bya DNA byahinyuje umugore wavugaga ko ari nyina wa Bahati

Imyidagaduro - 10/03/2026 6:49 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibizamini bya DNA byahinyuje umugore wavugaga ko ari nyina wa Bahati

Ibizamini bya DNA byakozwe hagati y’umuhanzi w’Umunya-Kenya Kevin Bahati n’umugore witwa Judith Makokha byagaragaje ko nta sano bafitanye, bityo bishyira iherezo ku mpaka n’amakuru yari amaze igihe acicikana ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi bizamini byakorewe mu bitaro bya La Femme Healthcare Clinic, aho raporo ya laboratwari yagaragaje ko amahirwe y’uko Makokha yaba ari nyina wa Bahati ari 0%.

Isesengura rya gihanga ryagaragaje ko hari itandukaniro rikomeye mu bimenyetso bya DNA byombi, birimo n’ibice bya ‘genetike’ nka D3S1358 na D1S1656, bituma hatangwa umwanzuro ko uyu mugore adashobora kuba umubyeyi wa Bahati.

Ibi bisubizo byashyize iherezo ku nkuru yari imaze imyaka myinshi ivugwa, aho Judith Makokha yavugaga ko ari we mubyeyi wa Bahati ndetse akamushinja kumwirengagiza.

Uyu mugore yari yaratangaje ko mu mwaka wa 1993 ari we wajyanye Bahati mu kigo cy’imfubyi kubera ko nta bushobozi yari afite bwo kumurera, ndetse akavuga ko yifuza kongera kumubona no gusaba imbabazi.

Yagize ati: Bahati ndi umubyeyi wawe, ndagusaba imbabazi. Ndabizi bakubwiye ko umubyeyi wawe yapfuye ariko sibyo. Ninjye wakujyanye mu kigo cy’imfubyi kuko nta bushobozi nari mfite. Byari byiza ko nkureka ukabona ubuzima bwiza kurusha uko nakomeza kukurera mu buzima bugoye.”

Yakomeje avuga ko yiteguye no gukora ibizamini bya DNA kugira ngo ukuri kujye ahagaragara.

Ati: “Niteguye gukora ibizami bya DNA, ukwiye kumenya ko uri umwana wanjye. Nakubonye kuri televiziyo mpita menya ko uri umwana wanjye, kandi kuva icyo gihe mpora nifuza kongera kukubona.”

Ku ruhande rwa Bahati, yari amaze igihe avuga ko nyina umubyara witwa Lucia Mueni yitabye Imana mu 1992, ndetse ko ari na we wamushyinguye.

Nyuma yo gukorwa kw’ibizamini bya DNA, ibisubizo byemeje ko nta sano ry’amaraso riri hagati ya Bahati na Judith Makokha, bityo bishyira iherezo ku makimbirane n’impaka byari bimaze igihe bivugwa kuri uyu muhanzi.


Ibizamini bya DNA byashyize iherezo ku mpaka zari zimaze igihe, bigaragaza ko Judith Makokha wavugaga ko ari nyina wa Bahati nta sano ry’amaraso bafitanye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...