Abo
bahanzi n’inshuti zabo nyinshi bafashwe barenze ku mabwiriza y’amasaha yo
nijoro. Nyuma yo gufatwa, bapimwe ibiyobyabwenge, ibisubizo byagaragaje ko
babinyweye.
Bafungiye
kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera, nk’uko bitangazwa n’umwe mu bari hafi y'umwe
muri aba bahanzi bafunzwe.
Umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga yemeje aya makuru agira ati “Yego barafunze” nk'uko ikinyamakuru The New Times kibitangaza.
Ariel Wayz ni umwe mu bahanzi bamaze kubaka izina mu Rwanda ku rwego rudashidikanywaho dore ko amaze igihe gito azengurutse Igihugu atarama mu iserukiramuco rya MTN Iwacu Mzika Festival.