Ku munsi wa kabiri w’Inama y’Umushyikirano
iri kuba ku nshuro ya 20, umuhanzi Bruce Melodie yasabye ko abakoresha imbuga
nkoranyambaga bashyirirwaho uburyo bwo kwinjiza amafaranga avuye ku
kuzikoresha.
Mu gusubiza no gusobanura impamvu imbuga
nka Meta, YouTube, TikTok zitari zatangira guhemba abanyarwanda bazikoresha, Minisitiri
w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko nk’Igihugu bakoze
ibisabwa byose ubu hategerejwe umwanzuro wo muri ibi bihugu nawo ushingiye kuri
kimwe kibura ngo babyemeze buri munyarwanda yinjize amafaranga.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na
Inovasiyo, Ingabire Paula yagize ati “Nk’uko babivuze ibigo nka Meta, YouTube
na TikTok bashyiraho ibisabwa kugira ngo ibihugu bibashe kwinjiriza amafaranga
kuri izo mbuga. Bakurikiza ibintu bitatu kandi twarabyujuje.”
Akomeza agira ati “Icya mbere ni
ibireba uko amakuru abikwa, imisoro, n’ibikorwa remezo kandi ibyo turabyujuje.
Icya kabiri bareba ni umubare w’abamamaza ni ukuvuga ngo dufite abantu benshi
bamamaza kuri izi mbuga, bikadufasha uko tuzamura abamamaza, abakoresha imbuga
bakaboneraho bagahabwa amafaranga.”
Yavuze ko kugira ngo igihugu
cyemererwe ari uko kiba gifite abantu batanga ari hagati ya 500,000$ na
1,000,000$ yo kwamamaza kuri izi mbuga nkoranyambaga. Ni ukuvuga kugura icyitwa
ad ku mbuga zitandukanye.
Icya gatatu, Minisitiri Ingabire
Paula yavuze ko ari uburyo bwo kwishyurwa kandi ubwo buryo bwo buhari ahubwo
igisigaye nk’imbogamizi ari ukuzamura umubare w’abamamaza kuri izo mbuga
nkoranyambaga.
Perezida Kagame yabajije icyo
kuzamura abo bamamaza ku mbuga nkoranyambaga bisaba, Minisitiri asobanura ko
hasabwa ubukangurambaga bwo kwamamaza kuri izo mbuga hanyuma abakoresha izo
mbuga nabo bakabonaho.
N’ubwo ibyo byasabwe, umunyarwanda ukoresha imbuga nka YouTube abasha kwinjiza amafaranga ariko usanga ari macye cyane kuko umunyarwanda ahemberwa amafaranga y’abamurebye bari mu bihugu bikorana na YouTube kandi bigasaba ko uwo munyarwanda aba yaribaruje mu bihugu by’amahanga.
Umuhanzi Bruce Melodie yasabye ko imbuga nkoranyambaga zaba 'monetized' zigatangira kwinjiriza abazikoresha

Minisitiri Ingabire Paula yavuze ko ibireba Igihugu byose byakozwe kugira ngo imbuga zitangire kwinjiriza abazikoresha
