Ibitero byo kwihorera bya Iran byishe abantu babiri i Tel Aviv muri Israel

Hanze - 18/03/2026 10:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibitero byo kwihorera bya Iran byishe abantu babiri i Tel Aviv muri Israel

Ibitero byakozwe mu ijoro bya misile za Iran byo guhorera urupfu rw’umwe mu bategetsi bakuru bayo, byishe abantu babiri i Tel Aviv muri Israel.

Umugabo n’umugore bari mu myaka za 70 bishwe na misile zaguye ku murwa mukuru Tel Aviv mu ijoro ryacyeye, nk’uko abategetsi muri iki gihugu babyemeza.

Umukuru w’ingabo za Iran yarahiye ko iki gihugu kigomba guhorera urupfu rwa Ali Larijani wari ukuriye Inama Nkuru y’Umutekano ya Iran wishwe ku wa Kabiri mu gitero kuri Iran.

Larijani ni we mutegetsi mukuru cyane wishwe kuva kuri Ayatollah Ali Khamenei wari umutegetsi w’ikirenga wishwe ku munsi wa mbere w’iyi ntambara.

Hagati aho, Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu wa Israel yishongoye ku baturage ba Iran yohereza ubutumwa bw’amashusho aho avuga ko abifuriza umwaka mushya mwiza wo ku kirangaminsi cy’Abaperse, yongeraho ati: “Turimo kurebera hejuru”.

Ku kirangaminsi cya Solar Hijri kigenderwaho n’abaperse umwaka mushya wa 1405 bazawinjiramo ku wa Gatandatu w’iki cyumweru.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...