Ibitaramo bya Bruce Melodie na The Ben bizatanga akazi ku rubyiruko rurenga 2,700 -VIDEO

Imyidagaduro - 06/06/2026 6:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibitaramo bya Bruce Melodie na The Ben bizatanga akazi ku rubyiruko rurenga 2,700 -VIDEO

Umuyobozi wa 1:55 AM ndetse na Watuwevu, Kenny Mugarura, yatangaje ko ibitaramo bya “Summer Country Tour” bizahuza abaririmbyi Bruce Melodie na The Ben mu Ntara zitandukanye z’u Rwanda, bizatanga akazi ku rubyiruko rusaga 2,700 mu gihe bizaba biri kuba.

Ibi yabigarutseho mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye muri Camp Kigali, cyahuje abanyamakuru, abahanzi n’abafatanyabikorwa b’uyu mushinga.

Mugarura yavuze ko iki gitekerezo cyatangijwe na Bruce Melodie, mu gihe gishyigikiwe na sosiyete ya Watuwevu, hagamijwe kugeza imyidagaduro iri ku rwego rwo hejuru hirya no hino mu gihugu.

Yagize ati: “Bigamije kuzana umunezero mu gihugu hose no kugeza ku Banyarwanda ‘performances’ zidasanzwe. Ni yo mpamvu twahisemo gushora amafaranga menshi mu bijyanye n’imyiteguro n’uburyo ibi bitaramo bizakorwa. Ibyo abantu bazabona muri uru rugendo ni ibintu bitarabaho mu Rwanda.”

Yavuze ko usibye guha Abanyarwanda ibyishimo, uyu mushinga ufite n’intego yo gufasha urubyiruko kubona akazi by’igihe gito mu gihe ibi bitaramo bizaba biri kuba.

Nk'uko yabisobanuye, buri cyumweru bazajya batanga akazi ku bantu bagera kuri 915 bazifashishwa mu bikorwa bitandukanye birimo gutegura ibitaramo, umutekano, kwakira abitabiriye n’izindi serivisi zijyana n’ibirori nk’ibi.

Ati: “Ahantu hose tuzajya dukorera igitaramo tuzatanga akazi k’iminsi itatu. Buri cyumweru tuzajya duha akazi abantu 915. Iyo ubiteranyije mu byumweru byose by’uru rugendo, akazi kazagera ku bantu 2,745. Abo bose ni urubyiruko ruzabona amahirwe yo gukorera kuri uyu mushinga.”

Yongeyeho ko abafatanyabikorwa bose bishyize hamwe kugira ngo ibi bitaramo bitarangirira gusa ku myidagaduro, ahubwo bibe n’umuyoboro ufasha urubyiruko kubona amafaranga ndetse no kunguka ubunararibonye mu gutegura ibikorwa binini.

Mugarura yanatangaje ko ibi bitaramo bizaherekezwa n’imurikabikorwa (Expo) rizafasha ba rwiyemezamirimo n’abahanzi bo mu Ntara zitandukanye kumurika ibikorwa byabo.

Yasobanuye ko aho Bruce Melodie na The Ben bazajya bageza ibi bitaramo, hazajya habaho umwanya wo kugaragaza ibicuruzwa na serivisi zitandukanye, bityo abaturage bakamenya ibikorwa bya ba rwiyemezamirimo bo mu gace kabakiriye.

Ati: “Turashaka ko aho tuzajya hose habera n’imurikabikorwa. Bizafasha ba rwiyemezamirimo n’abahanzi bo muri ibyo bice kumenyekanisha ibyo bakora no kubona abantu babatera inkunga cyangwa abafatanyabikorwa bashya.”

Abategura ibi bitaramo bavuga ko usibye guteza imbere imyidagaduro, bizagira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’uturere bizaberamo, binyuze mu bucuruzi, serivisi n’akazi bizahatanga.

“Summer Country Tour” izatangira tariki 13 Kamena 2026, ikazenguruka Intara zose z’u Rwanda mbere yo gusozwa tariki 4 Nyakanga 2026.

Muri uru rugendo, Bruce Melodie na The Ben bazahurira ku rubyiniro rumwe mu bitaramo bitegerejwe na benshi, nyuma y’igihe kinini abakunzi b’umuziki bifuza kubabona basangira urubyiniro mu Ntara zitandukanye z’Igihugu. 


Bruce Melodie na The Ben bazakorana ibitaramo bine bizasiga bitanze akazi ku rubyiruko rurenga 2,700


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...