Ibitaramo 8 byitezweho gususurutsa imyidagaduro nyarwanda muri Kanama 2025

Imyidagaduro - 04/08/2025 12:28 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibitaramo 8 byitezweho gususurutsa imyidagaduro nyarwanda muri Kanama 2025

Abahanzi batandukanye b'Abanyarwanda bategerejwe mu bitaramo by’impurirane bizaba muri uku kwezi, bitezweho gususurutsa imyidagaduro nyarwanda by’umwihariko abakunzi b’umuziki aho baba baherereye hose mu bice byo hirya no hino ku Isi.

Umuziki ni kimwe mu bintu bitanga ibyishimo ku bantu b'ingeri zose, cyane cyane urubyiruko. Abahanga bakubwira ko umuziki ari ubuzima bwiyongera ku byo wariye cyangwa wanyoye. Mu Rwanda, abakunzi ba muzika bazi uburyo bamwe mu bafana bamera amababa mu bitaramo.

Ni muri urwo rwego, no muri uku kwezi kwa Kanama 2025, abahanzi nyarwanda bateguye ibitaramo bikomeye haba mu Rwanda no mu mahanga mu rwego rwo gusabana n'abakunzi babo baherereye hirya no hino ku Isi. Mu bazakorera ibitaramo mu mahanga, harimo na The Ben uzakomeza kumurika Album ye yise 'Plenty Love.'

1.     MTN Iwacu Muzika Festival izerekeza mu Burengerazuba

Abakunzi b’umuziki bo mu Ntara y’Iburengerazuba bazaba bataramana n’abahanzi bari guca ibintu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bitegerejwe muri uku kwezi kwa Kanama 2025. Abitabira ibi bitaramo nta cyaka bagira kuko haba hari Be One Gin. 

Byitezwe ko abahanzi nka King James, Riderman, Bull Dogg, Juno Kizigenza, Nel Ngabo, Kivumbi King ndetse na Ariel Wayz ari bo bazasusurutsa abakunzi b’umuziki i Rusizi ku wa 9 Kanama 2025 na ho ku wa 16 Kanama 2025 bataramire i Rubavu.

2.     Joshua Baraka agiye kongera gutaramira i Kigali


Umuhanzi Joshua Baraka uri kuzamuka ku muvuduko udasanzwe mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, agiye gukorera igitaramo i Kigali, ahazaba ari inshuro ye Kabiri yisanga imbere y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

Amakuru yizewe yageze ku InyaRwanda yemeza ko Baraka yamaze gusinya amasezerano yo gutaramira muri Kigali Universe, aho azataramira muri uku kwezi kwa Kanama 2025.

Ubuyobozi bw’iki gitaramo bwemeza ko ari kimwe mu byitezweho guhuza ibyamamare byo mu karere n’abakunzi babo, kikazaba kiri ku rwego mpuzamahanga.

Joshua Baraka, ufite imyaka 24, ni umwe mu bahanzi bafite ijwi ryihariye n’ubuhanga buhambaye mu kwandika indirimbo. Yamenyekanye cyane mu myaka ibiri ishize binyuze mu ndirimbo ze Belinda na Nana, iyi ya nyuma ikaba yaramugize ikirangirire ku rwego rwa Afurika.

3.     Music In Space – Kigali Rwanda World Tour


Abahanzi batandukanye bakomeye bo mu Rwanda no hanze yarwo, bategerejwe mu gitaramo cyiswe “Music Space World Tour”, kigiye kubera ku nshuro ya mbere mu Rwanda aho kwinjira mu myanya isanzwe bizaba ari 1500 Frw ku bazagura amatike mbere.

Ni igitaramo kizaba ku wa 23 Kanama 2025, muri parikingi ya Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Impamvu iki gitaramo kitazabera ahantu hatwikiriye ni uko hazaba hari ‘balloon’ ziri mu ishusho imeze nk’iy’abantu bajya mu kirere, mu isanzure bafite ubutumwa; zizaba ziri kuzengurutswa hejuru y’abazaba bitabiriye.

Mu bahanzi bo mu Rwanda betegerejwemo harimo The Ben, Bushali, Ariel Wayz na Kenny Sol. Abandi bahanzi batumiwemo barimo Boohle, Touchline Truth, Bizizi & Kaygee D’A King na STU bo muri Afurika y’Epfo.

Harimo kandi Abagande nka Vampino wamamaye cyane mu myaka myinshi ishize na Sir Kisoro. Muri iki gitaramo hategerejwemo Bjorn Vido usanzwe ari umucuranzi ukomoka muri Danemark, wamenyekanye cyane mu gukorana n’imishinga igaruka ku bidukikije.

Kugeza ubu umuntu ushaka kugura itike mbere ari kwishyura 1500 Frw ndetse n’ibihumbi 10 Frw. Ni mu gihe ameza azaba ari ibihumbi 200 Frw. Iki gitaramo cyateguwe na Kigali Protocol, isanzwe itanga serivisi zo kwakira abantu mu bitaramo, ubukwe n’ahandi hatandukanye.

Umukundwa Joshua uhagarariye iyi sosiyete, yavuze ko bashyizeho amatike y’amafaranga 1500, kugira ngo buri muntu wese yumve ko yakwitabira, ariko na none bigendanye n’ubwo butumwa buba buri gutangwa.

Ati: “Ubundi ibitaramo bya ‘Music in Space’ aho bibera hose, kwinjira aba ari idorali rimwe, ariko kubera ko mu Rwanda tudakoresha idorali cyane ni yo mpamvu cyabaye 1500 Frw. Ibi bitaramo bibera ahantu hatandukanye, ikindi biba bifite insanganyamatsiko yo kwirinda kwangiza ikirere.’’

Arakomeza ati: “Twabitekereje cyane kuko ari igitaramo kigiye kuba, mu gihe abanyeshuri bari mu biruhuko. Twashatse ko nabo ku mafaranga make bakwitabira, bakishimira kureba abahanzi bakunda ndetse bagatahana n’ubwo butumwa. Uretse abanyeshuri kandi hari n’abandi bantu bafite ubushobozi buke twashakaga kwiyegereza.”

Nyuma yo gutaramira mu Rwanda ibitaramo bya Music in Space bizakomereza muri Afurika y’Epfo, Ghana n’u Bushinwa, ndetse n’indi mijyi izagenda yongerwamo nyuma y’ibi bitaramo. Abahanzi nyarwanda bamaze kwemezwa ko bazaririmba muri ibi bitaramo byo hanze y’u Rwanda ni The Ben na Bushali.

4.     Bwiza Gala Night


Umuhanzikazi Bwiza Emerance wamenyekanye nka Bwiza, agiye kwizihiza imyaka 4 amaze atangiye umwuga w’umuziki ndetse anizihize isabukuru y’imyaka 26 y’amavuko, mu birori biteganyijwe gutegurwa mu buryo bwihariye na Kikac Music Label imufasha mu iterambere ry’umuziki we.

Uhujimfura Claude washinze Kikac Music, yabwiye InyaRwanda ko ibi birori byiswe "Bwiza Gala Night" biteguwe nk’uburyo bwo gushimira abafana, abaterankunga n’abandi bose bagize uruhare mu rugendo rwa muzika rwa Bwiza.

Yagize ati “Ibi birori ni uburyo bwo guha agaciro abantu bose bagize uruhare mu kumenyekanisha Bwiza, yaba abafana, abaterankunga, abafatanyabikorwa ndetse n’itangazamakuru. Hari byinshi yakoze kandi agomba kubisangiza abamushyigikiye kuva agitangira.”

Yongeraho ko abazatumirwa bazahabwa ‘invitation’, ndetse ko bizaba n’umwanya wo kugaragaza imishinga mishya uyu muhanzikazi ari gukoraho, harimo amashusho mashya y’indirimbo, ibikorwa mpuzamahanga n’ibindi.

Ati: “Ni ibirori atazagaragaramo nk’umuhanzi usanzwe uri kwizihiza isabukuru, ahubwo bizaba ari igihe cyo gutangiza icyiciro gishya mu rugendo rwe.”

Iki gitaramo giteganyijwe ku wa 9 Kanama 2025 muri Kigali Universe, kikazitabirwa n’abatumiwe gusa.

Bwiza afite album ebyiri zirimo ‘My Dream’ yasohoye mu 2023 ndetse na ‘25 Shades’ yasohoye mu 2024.

5. Inkuru ya Rusine II


Umunyarwenya Rusine yateguje igitaramo cya kabiri yise ‘Inkuru ya Rusine II’ gikurikiye icyo yari yakoreye muri Camp Kigali muri Kanama 2022, aho yari yiyambaje abandi banyarwenya nka Fally Merci, Zaba Missedcall, Joshua, Ambasaderi w’Abakonsomateri, Arthur Nkusi n’abandi.

Mu gitaramo cye cya mbere, Rusine yavuze ko yari yibanze ku nkuru yo gukura kwe cyane ko yakuriye mu buzima bugoye ariko Imana igaca inzira bikarangira avuyemo umunyarwenya ukomeye.

Kuri iyi nshuro uyu munyarwenya azaba agaruka ku nkuru y’umusore wakuriye mu buzima bugoye, ariko uyu munsi akaba asigaye ari umugabo wubatse ndetse ufite n’umuryango.

Ati: “Cya gihe nabaraga inkuru y’ukuntu nakuriye mu buzima bugoye nkaza kuvamo umuntu ufite izina kandi rikamutunga. Kuri ubu rero nzaba mbara inkuru y’ukuntu ya nzahuke yaje kuvamo umugabo ufite umuryango.”

Igitaramo cya Rusine gitegerejwe kubera muri ‘Institut Français du Rwanda’ ku wa 30 Kanama 2025.

Uyu mugabo yinjiye mu bijyanye no gusetsa mu 2018 anyuze muri Seka Rising Star, irushanwa ryashakishaga abanyempano bashya bakundaga gutarama mu birori bya Seka Live na Seka Festival.

Rusine wari mu biganza bya Arthurnation, mu 2020 yaje guhura na Clapton Kibonge batangira gukorana muri sinema bahereye muri filime bise Umuturanyi, ariko izina rye ryarushijeho kwamamara ubwo bakoraga iyitwa ’Mugisha na Rusine’.

Icyakora muri iyi minsi, Rusine usigaye akora kuri Kiss FM yasaga n’ucecetse cyane mu bijyanye n’ibitaramo kuko yari mu myiteguro yo gukora icye.

6.     All Women Together 2025


Noble Family Church na Women Foundation Ministries batangaje ko igiterane ngarukamwaka cyiswe “All Women Together” cyitezweho kubakira ubushobozi umugore haba mu buryo bw’umwuka n’umubiri kigiye kuba ku nshuro ya 13 kizagaragaramo umuramyi Israel Mbonyi uzataramira abazacyitabira.

Ni igiterane mpuzamahanga cya “All Women Together Conference” giteganyijwe kuva ku wa 12 kugeza ku wa 15 Kanama 2025, muri Kigali Convention Centre (KCC).

Iki giterane kizaba gifite insanganyamatsiko igira iti “Kuva mu gutsikamirwa tujya mu butsinzi” (From Victims to Champions), kikaba kigamije guteza imbere umugore mu buryo bw’umwuka no mu mitekerereze, kugira ngo ahinduke umunyamaboko kandi utsinda ibimuca intege.

Iminsi itatu ya mbere y’igiterane izaba igenewe abagore n’abakobwa bonyine, naho umunsi wa nyuma abagabo bakemererwa kucyinjiramo hagamijwe kubaka umuryango wunze ubumwe kandi ushikamye. Iki giterane cyatumiwemo abavugabutumwa baturutse mu bihugu birindwi byo ku mugabane w’i Burayi, Amerika no muri Afurika.

Abo barimo Pasiteri Jessica Kayanja wo muri Uganda, Lady Bishop Funke Felix-Adejumo wo muri Nigeria, Pst. Matthew Ashimolowo wo mu Bwongereza, Rev. Julian Kyula wo muri Kenya, Dr. Patience Mlengana wo muri Afurika y’Epfo, na Charisa Munroe-Wilborn wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’umuramyi umaze kumenyerwa cyane mu Rwanda Dr. Ipyana Kibona wo muri Tanzania.

Iki giterane kandi cyatumiwemo Israel Mbonyi uri mu bakunzwe mu Rwanda ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Umwaka ushize iki giterane cyari kitabiriwe n’abantu 1,286 baturutse hanze y’u Rwanda mu bihugu binyuranye birimo Amerika, u Bwongereza, Kenya, Uganda, Canada, Pologne, u Butaliyani, u Bushinwa, Misiri, u Burusiya, Ghana, Nigeria, Australia n’ibindi bitandukanye.

All Women Together Conference yatangijwe mu 2011 igaragazwa nk’igiterane kimaze kuzana impinduka mu buzima bwa benshi by’umwihariko ubw’abari n’abategarugori no kubaka umuryango uhamye.

Kwitabira icyo giterane ni ubuntu ariko bisaba ko umuntu yiyandikisha mbere mu rwego rwo kurohereza abagitegura.

Women Foundation Ministries ni Umuryango wa Gikirisitu washinzwe na Apôtre Kabera Alice Mignonne mu 2006 wubaka abari n’abategarugori mu nzira z’agakiza, mu mitima no mu buryo bw’ibikorwa bifatika.

7.     Niwe Healing Concert 


Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo, agiye gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo yise “Ni we Healing Concert”. Iki gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana giteganyijwe kubera muri BK Arena, tariki 23 Kanama 2025. 

Icyakora hari amakuru ahwihwiswa ko iki gitaramo cyaba cyarasubitswe kigashyirwa muri Nzeri 2025, gusa ku mbuga nkoranyambaga za Richard Nick Ngendahayo haracyariho amakuru y'uko kizaba kuwa 23 Kanama 2025. Ikindi ni uko nta tangazo rigisubika rirashyirwa hanze.

Richard Nick Ngendahayo agiye gukorera igitaramo mu Mujyi wa Kigali aho yaherukaga kuririmbira mu gitaramo kigari mu myaka 15 ishize ndetse ni na yo amaze atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo kiri gutegurwa ku bufatanye na Sosiyete Fill The Gap Limited, izobereye mu gufasha abahanzi no gutegura ibitaramo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi wa Fill the Gap, Haguma Natacha, yavuze ko nta mabanga cyangwa amafaranga menshi yakoreshejwe mu gutumira Ngendahayo ahubwo byose byakozwe n’igihe.

Ati: “Byahuriranye n’igihe cy’Imana. Dusanga Richard ari mu gihe cyo kugaruka mu Gihugu. Wenda ibyananije abandi hari aho twahuriye na we. Igihe nikigera, ibintu byose birikora.”

Izina rya Richard Nick Ngendahayo ryatumbagijwe n’indirimbo zitandukanye zirimo “Ibuka”, “Ijwi rinyongorera”, “Wemere ngushime”, “Mbwira ibyo ushaka”, “Gusimba Umwonga”, “Si Umuhemu”, “Yambaye Icyubahiro”, “Unyitayeho” na “Sinzakwitesha”.

8.     Gen-Z Comedy Show


Umuhanzi Rafiki Coga ndetse n'umunyarwenya Mitsutsu bari mu batumiwe mu gitaramo cy'urwenya kizwi nka “Gen-z Comedy " aho bazaganiriza urubyiruko iby'urugendo rwabo ari nako babataramira nk'uko bimaze kumenyerwa.

Gen-Z Comedy Show, isanzwe ikunzwe cyane n’urubyiruko, yahise yizeza abafana ko igiye kunoza imikorere no kurushaho gutanga ibiganiro bifite ireme, bidasebya cyangwa ngo byambuke umurongo w’umuco n’ubupfura.

Ibi bitaramo biba Kabiri mu kwezi, ndetse bihuza ibihumbi by’urubyiruko n’abandi mu bitaramo bibera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Gen-Z Comedy yagize uruhare rukomeye mu gutuma hari impano za benshi mu rwenya zigaragaje ku isoko zirimo nka Pilate, Umushumba, Kadudu, Caridinali, Kampire na Manzere, Eric w’i Rutsiro, Muhinde, Seth, Rufendeke n’abandi banyuranye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...