Nubwo
bwari bwitezweho kuba ibirori by’ikirenga, bwavuyemo imvugo y’umubabaro
n’umujinya. Ababwitabiriye, barimo ibyamamare nka Miss Rwanda 2020 Nishimwe
Naomie, Isimbi Model n’umugabo we Shaul Hatzir, ndetse na Jolie Queen, bashinje
hoteli gutanga serivisi iri ku rwego rwo hasi cyane. Ibi byose byakurikiwe
n’amabaruwa ashinja ndetse anasubiza, hagati y’ubuyobozi bwa hoteli n’abageni.
Ushingiye
ku mafaranga agaragara mu ibaruwa y'amasezerano impande zombi zagiranye, ubu
bukwe bwatwaye amafaranga ari hagati ya Miliyoni 45 Frw na Miliyoni 65 Frw.
Muri
Mata 2025, nibwo Uwera Bonnette yagiranye amasezerano na Château Le Marara yo
kuzakira ubukwe bwe na Musemakweri. Kiriya gihe, icyumba cya Hoteli kimwe cyari
amadorali 350, ariko hari n'icyumba kinini kimwe cyishyurwaga amadorali 1000 ku
ijoro rimwe.
Bonnette
yumvikanye n'ubuyobozi bw'iyi Hoteli, bemeranya ko amafaranga agabanyuka bitewe
n'uko yari afite abatumirwa barenga 250.
Château
Le Marara yemereye Bonnette ko icyumba kimwe cya Hoteli bagikodesha amadorali
220, kivuye ku madorali 350. Icyumba cy'abageni basabwa kwishyura amadorali 700
ku ijoro rimwe bivuye ku madorali 1000.
Bonnette
yasabye ko bazahakorera ubukwe mu gihe cy'iminsi itatu. Avuga ko mu gusaba no gukwa
iyi Hoteli izagaburira abitabiriye, aho umuntu umwe yabariwe amadorali 30. Muri
abo bantu batumiwe, uwaraye ku ijoro rimwe akishyura amadorali 15 harimo
n'ifungura rya mu gitondo.
Muri aya masezerano, harimo ko Bonnette yafashe ibyumba 20 by'iyi Hotel byagombaga gukoreshwa mu gihe cy'iminsi itatu. Ariko kandi bashyizemo ingingo ubwira ba nyirubukwe, ko ibiziyongera mu byo batavuganye bazabyiyishyurira. Abatumirwa bari 200, ariko haje kwiyongeraho 88.
Ibyiyongereye mu masezerano: Hari abantu 80 biyongereye mu birori bya 'White Party' bitari mu masezerano, ndetse n'abantu 88 biyongereye mu gusaba no gukwa.
Muri White Party babariwe amadorali 35 ku muntu umwe, ni mu gihe mu gusaba no gukwa byo umwe yabariwe amadorali 30. Château Le Marara niho ihera ivuga ko bagomba kwishyura Miliyoni 5 Frw ya bariya bantu biyongereyeho.
Ibyifuzo
by’abageni: Basabye gusubizwa amafaranga n’imbabazi rusange
Mu
ibaruwa bandikiye Château Le Marara, Musemakweri na Bonnette basabye ibi
bikurikira:
•
Gusubizwa amafaranga y’ijoro rimwe ku bacumbitse bose, ndetse na 40% by’ibyo
bishyuye ku biribwa n’ibinyobwa.
•
Indishyi z’isura yangiritse: Bagaragaje ko ubukwe bwari bwitabiriwe n’abantu
barenga 40 bazwi, bafite miliyoni 6 z’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga,
kandi ibyo babonye bibagiraho ingaruka.
•
Indishyi ku bikomere by’amarangamutima: Bavuze ko ubukwe bwabo bwari bwitezwe
nk’umunsi w’ibyishimo, ariko bwabaye isoko y’agahinda n’ihungabana.
•
Gusaba imbabazi ku mugaragaro: Ku bibazo birimo umuriro wabuze, isuku nke,
ibiryo bitujuje ubuziranenge n’ubuke bw’abakozi.
•
Kugaragaza ingamba zo gukosora: Barasaba ko hoteli itanga gahunda y’igihe
kirekire yo kunoza serivisi, harimo ‘generator’ yizewe, abakozi bahagije
n’igenamigambi ry’ubutabazi (contingency plan).
Miss Naomie ati
“Twiyumvaga nk’abatumiwe ku ngufu”
Ababwitabiriye
bagaragaje umubabaro ku mbuga nkoranyambaga. Miss Naomie yagize ati “Birababaje
cyane kubona ikigo gitanga serivisi mbi, kikanga no kwemera amakosa cyakoze.
Aho kwemera ibyo cyibeshyeho, gitangira guhindura uko ibintu byagenze kugira
ngo kirengere isura yacyo Eeeh urambwira koko??? Ikirenzeho, kikagera
n’aho gitangira gutera ubwoba cyangwa gutunga agatoki ku mategeko?”
Arakomeza
ati “Twiyumvaga nk’abashyitsi batatumiwe. Twiyishyuriye byose, tuzana
n’ibikoresho byacu. Ariko se twari kuyatangira iki koko? Nta kintu na kimwe
cyakozwe ngo abantu bahumurizwe. Imbabazi zidaherekejwe n’ibikorwa ni amagambo
y’ubusa.”
Jolie Queen: “Nari
meze nk’umuyobozi wa hoteli”
Jolie
Queen, usanzwe akora mu rwego rw’ubukerarugendo ku rwego mpuzamahanga, yavuze
ko yababajwe cyane n’ibyabaye ku bukwe bw’umukobwa wabo.
“Ku
munsi wa ‘White Dinner Party’, abashyitsi bavuye i Kigali batabonye amazi
cyangwa ikinyobwa mu gihe kirenze isaha. Umuriro wagiye, abakozi ntibari bazi
ko bashobora guteka kuri gaz! Njye ubwanjye nagiye mu gikoni, ndabategeka.”
Yongeyeho
ko ifunguro rya mu gitondo ryahawe abashyitsi, ryari “agasuzuguro”: nta jus,
imbuto ziriho udukoko, amata yaraboze. Ati: “Bishyuraga $35 ku muntu ariko nta
serivisi y’icyo giciro twabonye. Amazi bamwe bayishyuye Frw 4,000 abandi Frw
3,000 – nta kiguzi gihamye cyari gihari.”
Ku
munsi w’ubukwe nyirizina, Jolie avuga ko habaye ibura ry’umuriro, bigira
ingaruka ku gutegura abageni, décor na makeup.
Yemeza
ko ibiryo byari bike, bidatunganye, kandi abashyitsi bagombaga kubyifatira
ubwabo kubera abakozi bake.
Château Le Marara:
“Twatanze serivisi zinoze”
Mu ibaruwa yasohowe na hoteli ku itariki
ya 14 Nyakanga 2025, Château Le Marara yasubije ibirego byose ishinjwa
n’abageni n'abitabiriye ubu bukwe.
• Ku kibazo cy’umuriro wabuze: Bemeza ko
habayeho kubura amashanyarazi ku itariki ya 3 Nyakanga, ariko ko byakemuwe vuba
kandi ko serivisi zasubukuwe.
• Ku biribwa n’ibinyobwa: Hoteli ivuga
ko ibiryo n’ibinyobwa byose byari bihari, kandi ko ibyo abashyitsi bahawe
byemejwe na raporo z’iyo minsi.
• Ku kutishyuza: Bemeza ko nta
masezerano cyangwa ibaruwa yemewe igaragaza ko abageni batazishyura.
• Ku bijyanye no kwanga kwishyura:
Bemeje ko Hajj. Shadadi Musemakweri na Uwera Bonnette [Bonnette Queen], tariki
3 Nyakanga 2025, bahawe ‘invoice’, kandi ko batigeze bayihakana mbere yo
gusohoka muri Hoteli -ibigaragaza ko batigeze banenga serivisi icyo gihe.
Ubu
bukwe bwavuyemo isomo rikomeye ku buryo ibikorwa by’ubukerarugendo bikwiye
gutegurwa. Mu gihe Château Le Marara ifatwa nk’ahantu h’inyenyeri eshanu, bamwe
mu bitabiriye ibirori bemeza ko serivisi zahawe zari ku rwego ruri hasi cyane
kurusha amacumbi asanzwe.
Jolie
Queen asoza avuga ko yanditse ubuhamya bwe “mu rwego rwo gufasha abandi
kutazahura n’ibyo twanyuzemo.”
Umuryango
TV watangaje ko Château Le Marara yamaze gutanga ikirego mu Urwego rw’Igihugu
rw’Ubugenzacyaha (RIB), barega Hajj. Shadadi Musemakweri na Uwera Bonnette
[Bonnette Queen], babashinja gushaka kubangiriza isura ya Hotel, no kutishyura
arenga Miliyoni 5 Frw basigayemo.
Wanavuze
ko ku munsi wa mbere w'ubukwe aba bageni bahisemo gukora 'White Party' y'abantu
80, aho umuntu we yishyuriwe amadorali 35. Mu byumba 20 bari bafashe, harayemo
abantu 40, ubwo ni abantu babiri mu cyumba kimwe. Kuri 'Breakfast' byari amadorali
15.
Urwego
rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko rwamenye iki kibazo, ndetse ko
batangiye gukora igenzura, ushingiye ku butumwa batangaje ku rubuga rwa X mu
ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025.
BURYA SE NO MURI
⭐️ ⭐️ ⭐️ ⭐️ ⭐️ HOTEL BREAKFAST YABA AMANDAZI?
Cyokora iyi ni
serivise y’amandazi pe! 👎🏾
CHATEAU LE MARARA ibiberamo imbere ntabwo bihuye
n’ishusho yayo inyuma. Inyubako ni palace, ariko serivise ni ndagaswi! 🙈. Ifunguro rirarutwa no kuri Goodyear kwa Mama… pic.twitter.com/Ju0cv2lhBd
Dear @Josine_queen,
We’re
sorry to hear about your experience. Please know that RDB is following up on
this matter to ensure it is properly addressed. We appreciate you bringing it
to our attention.
My Honest Experience at Château Le Marara:
It’s heartbreaking to see a business refuse to take accountability
for its own failures. Especially when they asked full payment before the events
promising top-tier service, Unfortunately, what we got was the complete
opposite.(1/2) pic.twitter.com/99DThIEWxY
Ni gute abakobwa biyise ngo na baza miss bakagenda
bakazana iphoto itariyo bagamije gusebya Hotel kandi babuze ayo kwishyura ???
Mwarangiza mugakanga banyiri hotel ngo niba batayagabanyije muraza kubasebya
kuri Social Media 🤔🤔
Ibi bintu ntago
byagakwiye kurangirira hano bamwe…
It’s truly disappointing when a business not only provides
poor service but also refuses to take accountability. Instead of owning up to
their mistakes, they attempt to adjust the narrative to protect themselves
😳 excuse
Meee????🤣 and worse, resort to threats or
legal action?
Ubukwe
bwavuyemo amaganya: Musemakweri na Bonnette baratunga agatoki Château Le Marara
Hotel, ubuyobozi bugasubiza
Abarimo
Miss Nishimwe batashye ubukwe bwa Hajj. Musemakweri binubiye serivisi bahawe
kuri Château Le Marara,
Château
Le Marara yasobanuye ibyabereye mu bukwe nyuma yo
kunengwa serivisi yahaye abageni
Ibiryo
bidasukuye n’ibura ry’umuriro! Abarimo Miss Naomie bitabiriye ubukwe bwa
Bonnette bashinje Château Le Marara serivisi mbi
Bonnette Queen na murumuna we Josine Queen [Uri iburyo] wagaragaje ibyabereye mu bukwe bwabo