Ibintu by’ingenzi biranga Umwarimu mwiza ufite intego mu mboni za Kubwimana Josee

- 06/06/2023 1:31 PM
Share:
Ibintu by’ingenzi biranga Umwarimu mwiza ufite intego mu mboni za  Kubwimana Josee

Umwarimu ni umuntu wubahwa kandi uharanira guhora ku gasongero kubera ko ariwe ubumbatiye myinshi mu mico igaragara hanze aha mu buzima bwa buri munsi.Mu gihe mwarimu yitwaye neza icyizere cy’ejo hazaza kiba gihari nk'uko bitangazwa na Kubwimana Josee nawe ukora uyu mwuga w'uburezi.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com , Kubwimana Josee watangiye kwigisha mu mwaka wa 2006 kugeza ubu, yagaragaje ko uko yatangiye umwuga wo kwigisha bitandukanye cyane n’uko agaragara ubu hadashingiwe ku myaka ahubwo no mu buryo bwe bwite dore ko amaze kwiteza imbere mu buryo bwose harimo no kuba yarigeze kuba Indashyikirwa ku rwego rw’Akarere ka Rubavu kandi imihigo kuri we ikaba ikomeje.

Muri iki kiganiro Kubwimana Jose , yagaragaje ibintu by’ingenzi bikwiriye kuranga mwarimu , akabona kwitwa umwarimu mwiza haba ku kazi ndetse no mu buzima busanzwe.

Yagize ati ":" Ikintu cyambere kiranga mwarimu mwiza cyangwa uwifuza kuba mwarimu mwiza, ni ukugira indangagaciro na kirazira , burya iyo umuntu ari umurezi aba afite ibintu byinshi agomba kwigengeseraho kugira ngo atavaho atatira indangagaciro na kirazira by’umwuga wacu wo kurera.Kugira ngo umwarimu rero abashe kuba mwiza ni uko aba agomba kuba afite izo ndangagaciro ndetse na kirazira.

Mwarimu agomba kuba afite umutimanama umukundisha akazi kuko hari ubwo ushobora kuba uri mwarimu udakunda akazi, icyo gihe ntabwo uzaba mwiza kubera ko ikintu cyo kwitangira akazi no kuganda cyane ntabyo uzaba ufite.Kwigisha bitandukanye n’indi mirimo, bisaba kubikunda kuko ni ukurera no kwigisha.

Ikindi kandi , aka kazi kacu gasaba cyane wa mutimanama wo kugakunda , kuko ntabwo umuyobozi wawe yaguhagararaho buri saha , biba bisaba wowe ubwawe umenye icyo urakora uwo munsi, icyo usabwa gukora , icyo wakoze nabi kugira ngo ugikosore ndetse no kwibaza aho urakura umwana naho uramugeza kandi ibyo byose bisaba kwitanga no kuba ufite uwo mutimanama.

Mwarimu mwiza agomba kumvikana nabo babana , abo bakorana ndetse n’abana yigisha muri rusange kuko niwe abana bakopera imibereho n’imibanire mu buzima.Mwarimu mwiza agomba kubaho muri ibyo bitavuze ko hari n’ibindi byinshi bikwiriye kuranga mwarimu nko kwiteza imbere n’ibindi ".

Kubwimana twaganiriye yigisha ku kigo cya Cs Kayanza , ikigo cya Leta giherereye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyundo.

Ni kimwe mu bigo by’amashuri byahuye n’ibiza.Imashini ndetse n’ibindi bikoresho birangirika gusa bizezwa ubufasha na Leta y’u Rwanda.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...