Ibintu 10 bikomeye byaranze igitaramo cy’amateka cya Korali Ambassadors of Christ muri BK Arena

Iyobokamana - 31/08/2026 7:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibintu 10 bikomeye byaranze igitaramo cy’amateka cya Korali Ambassadors of Christ muri BK Arena

Ku wa 30 Kanama 2026, Abanyarwanda n’abaturutse mu bihugu bitandukanye bateraniye muri BK Arena mu gitaramo cy’amateka cya Ambassadors of Christ Choir, cyizihije imyaka 30 iyi korali imaze mu murimo w’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo.

Kuva ku bantu batangije urugendo rw’iyi korali mu 1995 kugeza ku rubyiruko rukomeje kubakorera mu ngata, igitaramo cyagarutse ku mateka, ibihe bikomeye byaranze urugendo rw’imyaka 30, indirimbo zakunzwe n’abatari bake ndetse n’icyizere cy’uko ubutumwa bwa Ambassadors of Christ Choir buzakomeza kugera kuri benshi.

BK Arena yari yuzuye, aho abakunzi b’iyi korali bari bateraniye baturutse mu bice bitandukanye by’u Rwanda ndetse no mu bihugu birimo Uganda, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Zambia, Sudani y’Epfo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza.

Mu myaka 30 ishize, Ambassadors of Christ Choir yabaye izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ikundwa binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Hoziana’, ‘Nahuye na Mesiya’, ‘Nimekupata Yesu’, ‘Dukore’, ‘Ni Mwiza’, ‘Amashimwe’, ‘Mariya’, ‘Solange’ n’izindi.

Igitaramo cyo kwizihiza iyi myaka cyabaye nk’urubuga rwo kongera kwibuka amateka, gushimira Imana, kunamira abitabye Imana ndetse no kwerekana ko igisekuru gishya cyiteguye gukomeza umurimo watangijwe n’ababanje.

InyaRwanda igiye kugaruka ku bintu 10 by’ingenzi byaranze iki gitaramo:

1. Ambassadors of Christ Choir yujuje BK Arena, amatike arashira

Kimwe mu byaranze iki gitaramo ni uko amatike yose yashize ku isoko mbere y’uko igitaramo gitangira, ibintu byerekanye uburemere iyi korali ifite mu mitima y’abakunzi bayo.

Abantu batandukanye bari bamaze igihe bategereje uyu munsi, bari batangiye kugera muri BK Arena hakiri kare, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 y’urugendo rw’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo.

Mu gihe cy’amasaha arenga ane, Ambassadors of Christ Choir yari ku rubyiniro, abari muri BK Arena bagaragaje ko indirimbo z’iyi korali atari izo kumva gusa, ahubwo ari izo basangiye amateka.

Benshi baririmbaga ijambo ku rindi, abandi bakazamura amaboko mu kirere, mu gihe bamwe bagaragazaga amarangamutima akomeye ubwo iyi korali yasubiragamo zimwe mu ndirimbo zayigize izina.

2. Ambassadors of Christ Choir yashimiye Perezida Kagame

Muri iki gitaramo, Ambassadors of Christ Choir yanagarutse ku nkunga n’ubufasha Perezida Paul Kagame yabahaye nyuma y’impanuka ikomeye bagiriye muri Tanzania mu 2011.

Iyo mpanuka yahitanye bamwe mu bari bagize iyi korali, abandi barakomereka bikomeye.

Mu bapfuye harimo Philbert Manzi, Ephraim Gatera na Amos wo muri Tanzania.

Icyo gihe cyari kimwe mu bihe bikomeye Ambassadors of Christ Choir yanyuzemo, ariko nyuma yacyo yakomeje urugendo rw’ivugabutumwa.

Ibyo byibutswe cyane cyane binyuze mu ndirimbo ‘Kuki Wabyemeye’, ivuga ku bibazo n’ibikomere iyi korali yanyuzemo.

Kuri iyi nshuro, Ambassadors of Christ Choir yashimiye Perezida Kagame kuba yaragize uruhare mu kubaba hafi muri icyo gihe cyari gikomeye kuri bo.

3. Bunamiye bagenzi babo bitabye Imana

Ntabwo iki gitaramo cyari icyo kwishimira gusa; cyari n’umwanya wo kwibuka no kunamira abari bagize Ambassadors of Christ Choir ariko batakiriho.

Indirimbo ‘Birakwiye Gushima’ yabaye imwe mu zagarutse kuri ayo mateka.

Iyi ndirimbo yahimbwe nyuma y’impanuka yo ku wa 9 Gicurasi 2011, ubwo iyi korali yakoraga impanuka yahitanye abantu batatu abandi bagakomereka.

Ubutumwa bwayo bwibutsa ko nubwo umuntu yanyura mu bihe bikomeye, bidakwiye kumutandukanya n’Imana.

Ni ho havuye amagambo akomeye agira ati: “Byarashobokaga ko twese tugenda ntihabe n’umwe uvuga aya mateka.”

Muri icyo gitaramo, ubutumwa bw’iyi ndirimbo bwongeye kugira uburemere bwihariye kuko bwahujwe n’amateka nyakuri y’abagize iyi korali.

4. Igitaramo cyahuje abantu baturutse mu bihugu bitandukanye

Nubwo Ambassadors of Christ Choir izwi cyane mu Rwanda kandi indirimbo zayo nyinshi zikaba ziri mu Kinyarwanda, igitaramo cyagaragaje ko ubutumwa bwayo bwarenze imipaka y’u Rwanda.

Muri BK Arena hagaragaye abantu baturutse mu bihugu bitandukanye, barimo Uganda, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Zambia na Sudani y’Epfo, ndetse n’abaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza.

Abanya-Uganda barenga 100 bari muri BK Arena, bamwe bitwaje amabendera y’igihugu cyabo.

Ibi byagaragaje ko indirimbo z’iyi korali zashoboye kugera ku bantu batandukanye, nubwo zishingiye ku butumwa bwa gikristo kandi nyinshi zikaba ziririmbwa mu Kinyarwanda.

5. Ambassadors of Christ Choir-Junior yerekanye ko umurimo uzakomereza ku bato

Igice cyihariye cy’iki gitaramo cyahawe Ambassadors of Christ Choir-Junior, korali y’abato iri mu muryango wa Ambassadors of Christ.

Nyuma y’ijambo ry’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, Pasiteri Samuel Ngirinshuti, Ambassadors of Christ Choir-Junior ni yo yatangije igice cya kabiri cy’igitaramo.

Yaririmbye indirimbo ebyiri, mbere yo guha umwanya abakuze ngo bakomeze kwizihiza imyaka 30 y’uyu murimo.

Kuba abato barahawe umwanya muri iki gitaramo byari bifite ubutumwa bwihariye: Ambassadors of Christ Choir ntabwo yubakiye ku mateka y’abayitangije gusa, ahubwo ifite igisekuru gishya cyiteguye gukomeza uwo murimo.

Uyu muryango wose ubu ugizwe n’abarenga 200.

6. Abayobozi n’abandi banyacyubahiro bashyigikiye igikorwa

Igitaramo cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’abandi bantu bafite amazina azwi mu Rwanda.

Mu bashimiwe harimo Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Judith Uwizeye, Depite Uwimbabazi Penine, Prof. Ephrem Kanyarukiga n’umugore we, Ambasaderi Joseph Mutaboba, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred, n’abandi.

Hanashimiwe kandi abitabiriye baturutse mu bihugu bitandukanye, barimo Uganda, Tanzania, RDC, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, Sudani y’Epfo na Kenya.

Uruhare rwabo rwatumye iki gitaramo kirenga kuba igikorwa cy’abakunzi ba Ambassadors of Christ Choir gusa, kiba igikorwa cyahuje abantu b’ingeri zitandukanye.

Kitabiriwe kandi na Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, umunyamideli Kate Bashabe, Isimbi Model n’abandi.

7. Hakaswe umutsima w’imyaka 30

Kimwe mu bihe by’umwihariko byaranze iki gitaramo ni ugukata umutsima wo kwizihiza imyaka 30.

Abatangije Ambassadors of Christ Choir mu 1995 bashimiwe uruhare bagize mu kubaka uru rugendo, kugeza aho uyu munsi ubutumwa bw’iyi korali bumaze kugera kuri benshi cyane.

Igikorwa cyo gukata umutsima cyari ikimenyetso cyo kwizihiza imyaka 30 ishize iyi korali iri mu murimo, ariko nanone kikaba cyaribukije abitabiriye ko urugendo rukomeje.

Uko bamwe mu batangije iyi korali bagenda bageze mu zabukuru, hari abandi bato bari gukorerwa mu ngata.

Ni ukuvuga ko imyaka 30 itari iherezo ry’urugendo, ahubwo ari intambwe imwe mu rugendo rushya rw’iki gikorwa cy’ivugabutumwa.

8. ‘Ebaluwa’ yanyuze Abanya-Uganda

Indirimbo ‘Ebaluwa’, yaririmbwe mu rurimi rw’Ikigande, yabaye imwe mu zagaragaje uburyo Ambassadors of Christ Choir yagiye yita ku bantu batandukanye mu rugendo rwayo.

Abanya-Uganda bari muri BK Arena bayakiranye ibyishimo bidasanzwe, bamwe baririmbana n’iyi korali.

Ambassadors of Christ Choir imaze imyaka ikoresha indimi zitandukanye mu ndirimbo zayo, mu rwego rwo kugeza ubutumwa ku bantu benshi no gutuma abavuga izindi ndimi bumva ko na bo babugenewe.

Ni umwe mu murongo wayifashije gukomeza kwagura abafana bayo hanze y’u Rwanda.

9. Mwalimu Ssozi Joram yazamuye amarangamutima muri ‘Yesu ni Inzira’

Mwalimu Ssozi Joram, umwe mu bandika indirimbo za Ambassadors of Christ Choir, yazamuye amarangamutima y’abitabiriye ubwo yaririmbaga ‘Yesu ni Inzira’.

Iyi ndirimbo yibutsa umukristo ko Yesu ari we nzira y’ukuri ijya mu ijuru, ikagaruka ku bitangaza yakoze birimo kuzura Lazaro.

Abitabiriye bayiririmbye mu buryo bugaragaza ko ubutumwa bwayo bwabageze ku mutima.

Mu magambo y’iyi ndirimbo harimo ubutumwa bugira buti: “Nta yindi nzira munsi y’izuba twaboneramo gukizwa.”

Kuri BK Arena, ayo magambo yumvikanye nk’ubutumwa bw’ingenzi bw’uyu mugoroba: kwizera Yesu no kumufata nk’inzira y’agakiza.

Byageze aho, bamwe mu bakunzi b’iyi Korali bahaye amafaranga menshi mu ntoki Ssozi bamushimira uruhare yagize mu rugendo rw’iyi Korali.

10. ‘Mariya’ yasize igitaramo ku ndunduro y’amarangamutima

Mu ndirimbo zakunzwe cyane muri iki gitaramo harimo ‘Mariya’, imwe mu ndirimbo zifite ubutumwa bukomeye kuri Ambassadors of Christ Choir.

Iyi ndirimbo ishingiye ku nkuru yo muri Bibiliya y’umugore wafashwe asambana akazanwa imbere ya Yesu, abantu bashaka ko ahanwa, ariko Yesu akamwereka imbabazi n’amahirwe yo guhinduka.

Ubutumwa bw’ingenzi ni uko umuntu ashobora kuba yarakoze amakosa, ariko ntibivuze ko nta mahirwe yo guhinduka afite.

Ambassadors of Christ Choir yaririmbye iyi ndirimbo mu gihe abari muri BK Arena bayifatanyamo kugeza irangiye.

‘Hoziana’ nayo yatigishije BK Arena

Nubwo ‘Mariya’ ari yo yabaye imwe mu ndirimbo zapfundikiye igitaramo, ‘Hoziana’ nayo yari mu ndirimbo zazamuye cyane ibyishimo muri BK Arena.

Ni indirimbo imaze imyaka hafi 12 ifasha abantu benshi mu gusenga no kwegera Imana.

Mu buryo bw’umwihariko, umuziki wayo ufite injyana ituma abayumva bitabira kuririmba no kunyeganyega, mu gihe ubutumwa bwayo busaba abantu kwihana no gutegereza kugaruka kwa Yesu.

Amajwi y’abari muri BK Arena yavangaga n’ay’abaririmbyi, ku buryo byagaragaraga ko iyi ndirimbo itakiri iya Ambassadors of Christ Choir yonyine, ahubwo yabaye imwe mu ndirimbo abantu benshi biyumvamo.

Imyaka 30, amateka arakomeza

Igitaramo cya Ambassadors of Christ Choir cyari kirenze kuba igitaramo gisanzwe.

Cyari urugendo mu mateka y’imyaka 30, aho indirimbo zakunzwe kuva mu 1996 kugeza uyu munsi zahuye n’abazikuriye, abazikundaga n’abazikunda muri iki gihe.

Kuva ku mpanuka yo muri 2011, kubura bagenzi babo, gukomeza kuririmba nyuma y’ibigeragezo, kugera ku rubyiruko rwa Ambassadors of Christ Choir-Junior, byose byagaragaje ko imyaka 30 y’iyi korali ari amateka yuzuyemo ibihe bitandukanye.

Kuri BK Arena, Ambassadors of Christ Choir yerekanye ko indirimbo zayo zakomeje kubaho mu mitima y’abantu, kandi ko nyuma y’imyaka 30, urugendo rwo kuririmba no kugeza ubutumwa bwiza ku bantu rugikomeje.



KANDA HANO UREBE UKO KORALI AMBASSADORS YITWAYE MURI IKI GITARAMO CYABEREYE MURI BK ARENA




Amafoto: Karenzi Rene/ Serge Ngabo/ InyaRwanda

VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...