Ibikubiye muri filime ku buzima bwa Michael Jacson, umwami wa Pop igiye gusohoka

Imyidagaduro - 11/03/2026 12:30 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibikubiye muri filime ku buzima bwa Michael Jacson, umwami wa Pop igiye gusohoka

Umwami wa Pop, Michael Jackson, agiye kugaruka ku rubyiniro, ariko ubu mu buryo bwa sinema! Filime mbarankuru yiswe “Michael” igiye gusohoka izagaragaza urugendo rwe kuva akiri umwana mu itsinda rya Jackson 5, kugeza ubwo yabaye icyamamare ku rwego rw’Isi uzwi nka ‘King of Pop’.

Ikinyamakuru Lionsgate cyamaze gushyira hanze integuza y’iyi filime (Trailer) yiswe “Michael”, ikurikirana ubuzima bwa Michael Jackson kuva mu gihe yari ku rubyiniro akiri muto mu itsinda rya Jackson 5, kugeza ubwo yegukanaga ikuzo nk’umuhanzi w’isi yose.

Iyi filime igamije kugaragaza ubuzima bwe bwuzuye ibitangaza n’imbogamizi, ikagaragaza impinduka z’umuntu waje kumenyekana nk’umwami wa Pop ku Isi.

Mu mwanya wa mbere wa filime, urukundo rw’amarangamutima ya Jackson ruragaragazwa n’umukinnyi wa filime Jaafar Jackson, mwishywa we, wakinnye mu mwanya we muri iyi filime.

Filime yayobowe na Antoine Fuqua wakoze filime zamenyekanye nka ‘Training Day’ na ‘The Equalizer’. Ni mu gihe na yatunganyijwe na John Logan wakoze izindi filime nka ‘Gladiator’ na ‘Rango’.

Fuqua wakoze iyi filime yavuze ko afite icyizere gikomeye ku kuntu abantu bazakira Jaafar muri iyi filime. Yagize ati “Ikiruta byose, ni uko Jaafar agaragaza Michael nyirizina. Si gusa ishusho y’umubiri, ahubwo ni umwuka wa Michael ugaragara mu buryo buhebuje. Ugomba kubireba kugira ngo ubizere.”

Filime ifite abakinnyi benshi bazwi mu myuga itandukanye barimo: Colman Domingo azakina nka Joe Jackson, se wa Michael, Nia Long nka Katherine Jackson, nyina wa Michael, Miles Teller nka John Branca, umwavoka mu by’uburenganzira bwa muzika, Laura Harrier nka Suzanne de Passe, umukinnyi w’imyidagaduro, Kat Graham nka Diana Ross, Larenz Tate nka Berry Gordy washinze Motown n’abandi.

Abana ba Jackson nabo baragaragara muri filime barimo Jamal R. Henderson ukina nka Jermaine, Tre’ Horton nka Marlon, Rhyan Hill nka Tito, Joseph David-Jones nka Jackie, Jessica Sula nka La Toya n’abandi.

Mu magambo y’inkuru ya filime, “Michael” igamije kugaragaza ubuzima n’isanamitima ry’umwe mu bahanzi bafite uruhare runini ku isi yose.

Filime ikurikirana urugendo rwa Michael Jackson, guhera igihe yagaragaje impano idasanzwe akiri mu itsinda rya Jackson 5, kugeza igihe yabaye umuhanzi w’ubuhanga, uhorana intego yo kuba umunyabigwi ku rwego rw’isi.

Ikazagaragaza ubuzima bwe bwite n’uduce tumwe tw’ibikorwa bye by’ingenzi byo ku rubyiniro mu bihe bye bya mbere by’ubuhanzi bwihariye.

Filime yateguwe na Jackson Estate kandi iri mu maboko ya Lionsgate na GK Films.

Agace gashya k’iyi filime kagiye hanze mbere y’uko filime isohoka ku mugaragaro ku itariki ya 24 Mata 2026. Yitezweho kuzerekana byinshi ku buzima bwa Michael Jackson.

Izerekana kandi urukundo rwa Michael ku muziki, ibihe byiza n’ibikomeye yagize mu buzima bwe, ndetse n’uburyo Joe Jackson, Papa we, yageragezaga kumuyobora no kugenzura umuziki we wihariye.

Agace k’integuza k’iyi filime kanagaragaza ibihembo yagiye atwara birimo Grammy Awards yegukanye kubera indirimbo ‘Thriller’, ibiganiro mu nzu ya studio na Quincy Jones, ibyabaye igihe umusatsi we ushya mu gihe cyo gufata amashusho, ndetse n’ibihe yavuzweho mu bihe bitandukanye.

Umukobwa wa Michael, Paris Jackson, ntiyari yemeye ko iyi filime isohoka bitewe n’ibinyoma yasanze muri ‘script” cyangwa se inyandiko ibivugaho, ariko abayikoze ntibabihinduye.

Paris yavuze ko “Filime igaragara nk’ishimisha abantu bakunda cyane papa wanjye bakiri mu nzozi. Nibo bazishima.”

Filime “Michael” izatuma abafana babona ubuzima bwa nyabwo bw’umwami wa Pop (King of Pop) mu buryo bwa mbere butangaje kandi butamenyerewe, bityo bakabona urugendo rwe kuva ku cyiciro cy’ubusore kugeza ku kuba icyamamare ku isi yose.

Filime Michael igaragaza ubuzima bwa Michael Jackson n’uruhare rwe ku isi, uhereye ku butwari bwe mu itsinda rya Jackson 5 kugeza ku kuba icyamamare mpuzamahanga igiye gusohoka

KANDA HANO UREBE INTEGUZA Y’IYI FILIME IVUGA KU BUZIMA BWA MICHAEL JACKSON


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...