Ikinyamakuru
Lionsgate cyamaze gushyira hanze integuza y’iyi filime (Trailer) yiswe
“Michael”, ikurikirana ubuzima bwa Michael Jackson kuva mu gihe yari ku
rubyiniro akiri muto mu itsinda rya Jackson 5, kugeza ubwo yegukanaga ikuzo
nk’umuhanzi w’isi yose.
Iyi
filime igamije kugaragaza ubuzima bwe bwuzuye ibitangaza n’imbogamizi,
ikagaragaza impinduka z’umuntu waje kumenyekana nk’umwami wa Pop ku Isi.
Mu
mwanya wa mbere wa filime, urukundo rw’amarangamutima ya Jackson ruragaragazwa
n’umukinnyi wa filime Jaafar Jackson, mwishywa we, wakinnye mu mwanya we muri
iyi filime.
Filime
yayobowe na Antoine Fuqua wakoze filime zamenyekanye nka ‘Training Day’ na ‘The
Equalizer’. Ni mu gihe na yatunganyijwe na John Logan wakoze izindi filime nka
‘Gladiator’ na ‘Rango’.
Fuqua
wakoze iyi filime yavuze ko afite icyizere gikomeye ku kuntu abantu bazakira Jaafar
muri iyi filime. Yagize ati “Ikiruta byose, ni uko Jaafar agaragaza Michael
nyirizina. Si gusa ishusho y’umubiri, ahubwo ni umwuka wa Michael ugaragara mu buryo
buhebuje. Ugomba kubireba kugira ngo ubizere.”
Filime
ifite abakinnyi benshi bazwi mu myuga itandukanye barimo: Colman Domingo
azakina nka Joe Jackson, se wa Michael, Nia Long nka Katherine Jackson, nyina
wa Michael, Miles Teller nka John Branca, umwavoka mu by’uburenganzira bwa
muzika, Laura Harrier nka Suzanne de Passe, umukinnyi w’imyidagaduro, Kat
Graham nka Diana Ross, Larenz Tate nka Berry Gordy washinze Motown n’abandi.
Abana
ba Jackson nabo baragaragara muri filime barimo Jamal R. Henderson ukina nka
Jermaine, Tre’ Horton nka Marlon, Rhyan Hill nka Tito, Joseph David-Jones nka
Jackie, Jessica Sula nka La Toya n’abandi.
Mu
magambo y’inkuru ya filime, “Michael” igamije kugaragaza ubuzima n’isanamitima
ry’umwe mu bahanzi bafite uruhare runini ku isi yose.
Filime
ikurikirana urugendo rwa Michael Jackson, guhera igihe yagaragaje impano
idasanzwe akiri mu itsinda rya Jackson 5, kugeza igihe yabaye umuhanzi
w’ubuhanga, uhorana intego yo kuba umunyabigwi ku rwego rw’isi.
Ikazagaragaza
ubuzima bwe bwite n’uduce tumwe tw’ibikorwa bye by’ingenzi byo ku rubyiniro mu
bihe bye bya mbere by’ubuhanzi bwihariye.
Filime
yateguwe na Jackson Estate kandi iri mu maboko ya Lionsgate na GK
Films.
Agace
gashya k’iyi filime kagiye hanze mbere y’uko filime isohoka ku mugaragaro ku
itariki ya 24 Mata 2026. Yitezweho kuzerekana byinshi ku buzima bwa Michael
Jackson.
Izerekana
kandi urukundo rwa Michael ku muziki, ibihe byiza n’ibikomeye yagize mu buzima
bwe, ndetse n’uburyo Joe Jackson, Papa we, yageragezaga kumuyobora no kugenzura
umuziki we wihariye.
Agace
k’integuza k’iyi filime kanagaragaza ibihembo yagiye atwara birimo Grammy Awards
yegukanye kubera indirimbo ‘Thriller’, ibiganiro mu nzu ya studio na Quincy
Jones, ibyabaye igihe umusatsi we ushya mu gihe cyo gufata amashusho, ndetse
n’ibihe yavuzweho mu bihe bitandukanye.
Umukobwa
wa Michael, Paris Jackson, ntiyari yemeye ko iyi filime isohoka bitewe n’ibinyoma
yasanze muri ‘script” cyangwa se inyandiko ibivugaho, ariko abayikoze
ntibabihinduye.
Paris
yavuze ko “Filime igaragara nk’ishimisha abantu bakunda cyane papa wanjye bakiri
mu nzozi. Nibo bazishima.”
Filime
“Michael” izatuma abafana babona ubuzima bwa nyabwo bw’umwami wa Pop (King of
Pop) mu buryo bwa mbere butangaje kandi butamenyerewe, bityo bakabona urugendo
rwe kuva ku cyiciro cy’ubusore kugeza ku kuba icyamamare ku isi yose.

Filime
Michael igaragaza ubuzima bwa Michael Jackson n’uruhare rwe ku isi, uhereye ku
butwari bwe mu itsinda rya Jackson 5 kugeza ku kuba icyamamare mpuzamahanga
igiye gusohoka
KANDA HANO UREBE INTEGUZA Y’IYI FILIME IVUGA KU BUZIMA BWA MICHAEL JACKSON
