Mu kiganiro na InyaRwanda, Micky yavuze ko iyi filime ayishingiye ku nkuru nyinshi yagiye yumva mu buzima busanzwe, z’abantu bagiye bagaragarizwa ivangura n’akarengane bitewe n’uko bavukanye ubumuga.
Ati:
Muri “Igihome”, Micky agaragaza
ubuzima bw’abantu bahabwa akato n’imiryango yabo ndetse na sosiyete muri
rusange, ariko kandi akerekana ko guhindura imyumvire bishoboka. Ati
Uyu mukinnyi avuga ko iyi filime
ayitezeho impinduka nyinshi mu mitekerereze y’abazayireba, kuko yiganjemo
inyigisho zifite agaciro gakomeye mu mibanire ya buri munsi. Yongeraho ko nubwo
asanzwe asohora izindi filime, “Igihome” ifite umwihariko ku butumwa bwayo,
bityo ko ayitezeho impinduka no ku rugendo rwe rwa sinema.
Micky amaze imyaka ine muri sinema,
avuga ko yamuhinduriye ubuzima kuko
Ashima abantu bamubaye hafi barimo
Aga Promoter, avuga ko yamubereye inkingi ikomeye mu rugendo rwe. Ati
Filime “Igihome” ni igikorwa
cyihariye kigaragaza ko ubumuga atari impamvu yo guhezwa, ahubwo ko buri wese
akwiye guhabwa amahirwe angana, agahabwa urukundo n’icyizere cy’ejo hazaza.
Impamvu nyinshi zituma sosiyete
iheza abavukanye ubumuga zishingiye ku myumvire, imico n’ubumenyi buke.
Inyandiko zimwe ziri kuri Internet
zigaragaza ko abantu benshi bakibona umuntu ufite ubumuga nk’udashoboye cyangwa
nk’ufite “ikibazo” gituma atagira agaciro. Ibi bituma bamufata nk’udafite
uruhare mu muryango cyangwa utabasha kugira icyo ageza ku bandi.
Hari abantu batigeze bigishwa
cyangwa ngo bamenyeshwe ko ubumuga atari uburwayi, ko umuntu ufite ubumuga nawe
ashoboye kandi ashobora gukora nk’abandi. Iyo abantu batazi, bibaviramo gutinya
cyangwa kwirinda abafite ubumuga.
Mu muco wa bamwe, hari aho abafite
ubumuga bafatwa nk’ikimenyetso cy’amakosa cyangwa ibihano by’Imana,
bikabaviramo guhezwa n’imiryango ndetse n’abaturanyi.
Abafite ubumuga bakunze kubuzwa
amahirwe yo kwiga, kubona akazi, cyangwa kugira uruhare mu bikorwa rusange. Ibi
bibatera kwiheba, bikarushaho kubashyira mu kato.
Aho ibikorwa remezo, nk’inyubako,
amashuri, cyangwa imodoka za rusange zidatekereje ku bafite ubumuga, nabo
bituma bahora barinzwe ahantu henshi, bigatuma abandi batabamenyera cyangwa ngo
babafate nk’abandi.
Kuba abafite ubumuga batagaragara
bihagije mu bitangazamakuru cyangwa mu nzego zifatirwamo ibyemezo bituma
ibibazo byabo bititabwaho uko bikwiye, bityo bagakomeza guhezwa.
Ibi byose bikwiye guhinduka binyuze mu guhindura imyumvire, kwigisha sosiyete, no gutanga amahirwe angana ku bantu bose, kuko nk’uko Micky abigaragaza muri filime ‘Igihome’ ati “umuntu ni umuntu, uko yaba ameze kose.”

Micky yatangaje ko filime ‘Igihome’
yayanditse ashingiye ku nkuru za bamwe mu bantu bavukanye ubumuga yumvise
zishingiye ku kuntu bahezwa muri sosiyete
Micky yavuze ko iyi filime ayitezeho
guhindura imyumvire y’ukuntu abantu bafata abafite ubumuga
Micky yavuze ko yifashishije
abakinnyi bakomeye muri iki gihe, yiteze ko hari ikizahinduka kubera inyigisho
iri muri iyi filime
KANDA HANO UBASHE KUREBA IGICE CYA MBERE CYA FILIME ‘IGIHOME’ YA MICKY
