Aya
masezerano yitezweho gufasha Chelsea kwagura uburyo yigaragaza ku isoko rya
Amerika, cyane cyane mu rubyiruko rubona umupira w’amaguru nk’igice
cy’imibereho n’imyidagaduro, aho kuwufata nk’umukino gusa.
Imikoranire
iri hagati ya Chelsea na Roc Nation Sports International, ishami rya Roc Nation
rikora ibikorwa bijyanye na siporo rinahagarariye bamwe mu bakinnyi
bakomeye ku Isi barimo Vinícius Júnior wa Real Madrid CF, Endrick na
Gabriel Martinelli wa Arsenal FC.
Iki
kigo kandi gisanzwe gitanga inama z’ubucuruzi no kwamamaza ku makipe arimo Como
1907 yo mu Butaliyani, Burnley FC yo mu Bwongereza ndetse na Olympique de
Marseille yo mu Bufaransa.
Mu
byo aya masezerano azibandaho harimo gutegura ibikorwa byo kwamamaza, gukora ‘content’
zigezweho, ndetse no gutegura ibirori n’ibitaramo bizahuza siporo
n’imyidagaduro hagamijwe gutuma Chelsea irushaho kumenyekana muri Amerika.
Umuyobozi
ushinzwe ibikorwa by’ikirango cya Chelsea, Scott Fenton, yavuze ko iyi
mikoranire izafasha iyi kipe kugera ku “gisekuru gishya cy’abafana babona
umupira nk’ubuzima bwa buri munsi.”
Perezida
wa Roc Nation Sports International, Michael Yormark, yavuze ko bafite intego yo
gufasha Chelsea “kwigaragaza ahabera ibiganiro n’ibihe bifite icyo bivuze ku mufana wo muri iki gihe.”
Aya
masezerano aje mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kwitegura kwakira
Igikombe cy’Isi cya 2026 hamwe na Canada na Mexico, ibintu biri gutuma umupira
w’amaguru urushaho gukura no gukundwa muri icyo gihugu.
Chelsea kandi iherutse gukora amateka yegukana Igikombe cy’Isi cy’Amakipe, nyuma yo gutsinda Paris Saint-Germain ku mukino wa nyuma wabereye kuri MetLife Stadium, aho igikombe yagihawe na Donald Trump.

Chelsea
FC yinjiye mu masezerano na Jay-Z agamije kuyifasha kwamamara muri Amerika
binyuze mu myidagaduro, umuziki n’umuco wa ‘Hip Hop'
