Ibikubiye mu ibaruwa Zelensky yahaye Trump ngo ayishyikirize Melania Trump

Hanze - 19/08/2025 2:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibikubiye mu ibaruwa Zelensky yahaye Trump ngo ayishyikirize Melania Trump

Ubwo Perezida Volodymyr Zelensky yageraga muri Amerika mu nama n’abayobozi bakuru b’ibihugu byo ku mugabane w’iburayi ndetse na Perezida Donald Trump bagamije gushakira hamwe uko intambara ya Russia na Ukraine yahagarara, yahaye ibaruwa Donald Trump ngo ayishyikirize umugore we ikaba yaranditswe na Madamu wa Perezida wa Ukraine.

Madamu wa Perezida wa Ukraine, Olena Zelenska, yashimiye Madamu wa Perezida wa Amerika Melania Trump kubera ibaruwa aheruka kwandika ahangara Perezida w'u Burusiya, Vladimir Putin.

Melania yabaye umwe mu bari ku isonga mu kwamagana Perezida w'u Burusiya, aho mu ibaruwa yanditse icyumweru gishize yavuze ko Putin afite inshingano zo kurengera abana b’Isi yose, mu gihe hari raporo zivuga ko nibura abana ibihumbi 20 bamaze gushimutwa n’ingabo z’u Burusiya kuva aho zatangiriye intambara yeruye mu 2022.

Umubare nyakuri w’abana bashimuswe uvugwaho kuba uri hejuru cyane, kuko bamwe banemeza ko ushobora kugera ku bana ibihumbi 300 bashimuswe muri Ukraine bakajyanwa mu Burusiya cyangwa mu bice biri mu maboko y'u Burusiya nta burenganzira bw’imiryango cyangwa ababitaho babiherewe.

Ku wa Mbere, ubwo umugabo we, Perezida Volodymyr Zelensky, yagiranaga ibiganiro na Perezida Donald Trump, Madamu Olena Zelenska yashatse gushimira Melania Trump ku bw’uko yagaragaje ikibazo gikomereye Ukraine muri ibi bihe.

Yohereje umugabo we ngo amushyikirize Trump “ibaruwa yo gushimira” kugira ngo ayigeze ku mugore we, nk’uko Zelensky yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga.

“Ndashimira Melania Trump ku bwo kwita kuri kimwe mu bibazo bikomeye kandi bibabaje muri iyi ntambara, ishimutwa ry’abana b’Abanya-Ukraine bashimuswe na Russia.” Akomeza yandika ati “Turashimira cyane inyandiko ye yohereje kuri Putin yuzuyemo ubumuntu n’impuhwe.”

Yakomeje atangaza ko yasabye Perezida Trump “gushyikiriza” Madamu wa Amerika ibaruwa y’umugore we, yongeraho ati: “Ijwi rye rifite agaciro kandi kutwitaho kwe biduha imbaraga muri uru rugamba.”

Zelenskyy yashimye ko bafite abantu bari kugerageza kubafasha kugarura amahoro muri ibi bice ndetse ko kuba bari kuganira kugira ngo harebwe uburyo Ukraine n'u Burusiya bahererekanya imfungwa.

Olena Zelenska yahaye ibaruwa ngo ayishyikirize umugore wa Donald Trump amushimira kubwo kubarwanira ishyaka

Melania Trump aheruka kwandika yamagana ishimutwa ry'abana bato bikorwa n'ingabo z'u Burusiya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...