Ibikubiye mu gitabo gishya ‘My Child’ cya Judence Kayitesi

Imyidagaduro - 14/05/2026 10:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibikubiye mu gitabo gishya ‘My Child’ cya Judence Kayitesi

Umunyarwandakazi uba mu Budage akaba n’umwanditsi, Judence Kayitesi, yatangaje ko yashyize hanze igitabo gishya cy’imivugo yise ‘My Child’, gikubiyemo ubutumwa bwimbitse ku kwibuka, ubuzima nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gukira ibikomere ndetse n’icyizere cy’ejo hazaza.

Iki gitabo cyatangiye kugurishwa kuva ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, kikaba kiboneka ku mbuga za Amazon na Tredition, ndetse abari i Kigali bashobora no kugitumiza ku buryo butaziguye.

Judence Kayitesi usanzwe atuye mu mujyi wa Ettlingen mu Budage, akomeje kubaka ikiraro gihuza u Rwanda n’u Budage binyuze mu buvanganzo, kwibuka amateka no kwigisha urubyiruko akoresheje inkuru n’imivugo.

Azwi cyane mu guhindura amateka y’akababaro mo ubutumwa bwo kwihangana, kwigira, ubudaheranwa no guhererekanya amateka hagati y’ibisekuru.

Igitabo My Child kigabanyijemo ibice bine birimo: Imizi n’umwirondoro, Kwibuka n’akababaro, Kurokoka no kubona ijwi, ndetse no Kwihangana no gukira ibikomere.

Iyi mivugo yanditswe mu buryo bworoshye kandi bukora ku marangamutima, aho bamwe mu bayisoma bashobora kuyibonamo ijwi ry’umubyeyi uvugana n’abana b’ejo hazaza cyangwa uwarokotse Jenoside ugaragaza urugendo rw’ubuzima.

Judence Kayitesi yabwiye InyaRwanda, ko muri iki gitabo harimo amagambo agaruka kenshi agira ati: “Ntabwo uri umwana wanjye gusa. Uri urwibutso ruhumeka.” Ubu butumwa bushimangira ko kwibuka atari ukureba inyuma gusa, ahubwo ari no gusigasira ukuri no kubaka ejo hazaza hafite icyubahiro n’ubumwe.

Mu ijambo ribanziriza igitabo, Judence Kayitesi yanditse ati: “Kwibuka ntabwo ari ukwitegereza amateka gusa. Ni uburyo bwo kuyasobanukirwa, kuyubaha no guhitamo uko twakomeza urugendo rw’ejo hazaza.”

Iki gitabo gikurikiye ibindi Judence Kayitesi amaze kumenyekanisha ku rwego mpuzamahanga birimo A Broken Life, Unity Quest, Choosing Resilience na A Bridge Between Worlds.

Uretse kwandika ibitabo, ibikorwa bye bikunze no kugera mu mashuri, mu nama zitandukanye, mu masomero no mu biganiro n’urubyiruko, aho akoresha ubuvanganzo nk’inzira yo gukira ibikomere, kwimakaza amahoro no kubaka kwihangana.

Binyuze muri My Child, Judence Kayitesi atanga ibirenze imivugo gusa, ahubwo atanga ubuhamya, urwibutso n’icyizere binyuze mu magambo.

Umwanditsi Judence Kayitesi yashyize hanze igitabo gishya cy’imivugo yise ‘My Child’, gikomoza ku kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, gukira ibikomere n’icyizere cy’ejo hazaza


Ntabwo uri umwana wanjye gusa. Uri urwibutso ruhumeka -Ni umwe mu mirongo ikubiye mu gitabo My Child cya Judence Kayitesi, cyatangiye kugurishwa ku mbuga zirimo ‘Amazon’


Judence Kayitesi, akomeje gukoresha ubuvanganzo nk’inzira yo kwigisha urubyiruko amateka, kwihangana no kwimakaza amahoro binyuze mu gitabo cye gishya 'My Child'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...