Ni ubwa
mbere ibi bikorwa bibereye muri iriya Ntara, kuko byari bisanzwe bibera mu
Karere Kicukiro mu Mujyi wa Kigali na Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Iki gikorwa
gitegurwa na Fondasiyo Ndayisaba Fabrice, binyuze mu mashuri y’incuke, abanza,
ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Mu kiganiro
na InyaRwanda, Ndayisaba Fabrice yavuze ko bari bamaze igihe batekereza kugeza
iki gikorwa mu Ntara y’Uburengerazuba, kandi intego nuko bizabera mu Ntara
zose z’Igihugu.
Ati
"Ni igikorwa cyaberaga mu mashuri y’Akarere ka Kicukiro muri Kigali, mu
mwaka ushize tukigeza muri Bugesera none ubu kimaze kwaguka kuko ku nshuro ya
mbere cyatangiye kubera mu Karere ka Nyabihu ndetse turateganya no kugera mu
tundi turere. Turifuza ko iki gikorwa kigera mashuri yose agize igihugu no muri
Diaspora."
Ni ubwa
mbere iki gikorwa kibereye mu Karere ka Nyabihu, mu Karere ka Kicukiro ni ku
nshuro ya 10, ni mu gihe mu Karere ka Bugesera ari ku nshuro ya kabiri.
Muri ibi bigo by’amashuri byo mu Karere ka Nyabihu, buri munsi haba hari ubutumwa butangwa. Ndayisaba ati “Buri munsi haba hari ubutumwa bugufi abana bahabwa bitewe n' imyaka yabo, butangwa buri igitondo mu mu minota 10. Bubanzirizwa n'umunota umwe wo Kwibuka, isengesho hamwe n' ubutumwa butangwa n' umwana ikigo cyahisemo uwo munsi, bugashimangirwa n'abayobozi b'ikigo."
Akomeza ati
“Bakongera gufata umunota wo Kwibuka mbere y'uko bajya gukina ‘Breaktime’,
nyuma hasozwa haba imikino inyuranye yo Kwibuka igamije Kwibuka abana muri iki
cyumweru yaba mu karuhuko ka mu gitondo cyangwa indi mikino iri kuba
ibahuza nka ‘Football’, ‘Basketball’ na ‘Volleyball’, kwiruka, gukina
agatambaro, biye, gusimbuka urukiramende, ikibariko n' ibindi abana ba mbere
ya Jenoside bakundaga gukina bari ku ishuri mu gihe cyabo.
Iki gikorwa
cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko abana,
ibibondo n’impinja bishwe muri Jenoside, cyatangiye ku wa Mbere tariki 20
Gicurasi 2024, kizasozwa ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024.
Mu butumwa
bwateguwe n’umuryango NFF, buri kigo cy’amashuri cyifashisha mu gutangiza
igikorwa cyo Kwibuka abana n’ibibondo bishwe muri Jenoside bagira bati “Twe nk’abana
n’urubyiruko rw’u Rwanda, tugira ubumuntu, umutima ukunda Igihugu n’abagituye,
tube umusemburo w’amahoro n’ibyiza byose bibereye u Rwanda, kandi dukomeze Kwibuka twiyubaka turwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo."
“Dushimiye
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wagize uruhare
rukomeye mu guhagarika Jenoside no kubaka Igihugu cyiza kizira amacakubiri,
ahubwo cyubakiye ku bumwe bw’Abanyarwanda. Turibuka ku nshuro ya 30 Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni ku
nshuro ya 14, NFF Rwanda yibuka abana n’impinja bazize Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994, bikaba ku nshuro ya 10 itegura iki gikorwa mu bigo
by’amashuri.

Nyuma ya
Kicukiro na Bugesera, ibikorwa byo Kwibuka abana n’impinja bazize Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, byatangiye kubera mu Karere ka Nyabihu
NFF ivuga
ko bari gutekereza uko ibi bikorwa byajya bibera muri buri Ntara buri mwaka mu
rwego rwo gufasha abakiri bato kumenya amateka y’u Rwanda
Abana
bigishwa kandi bakangurirwa gukumira no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Abakiri
bato bigishwa gukunda igihugu no guharanira gusigasira ibimaze kugerwaho

Ndayisaba
Fabrice washinze Fondasiyo Ndayisaba Fabrice yavuze ko ibi bikorwa byo Kwibuka
bibera mu mashuri mu rwego rwo gutegura urubyiruko rw’ejo hazaza
Ibi bikorwa
birimo kuba ku nshuro ya 10. Byatangiye ku wa Mbere tariki 20 Gicurasi, bikazasozwa
ku wa 24 Gicurasi 2024
Ndayisaba
Fabrice avuga ko bafite intego ko iki gikorwa kizagera mu mashuri yose yo mu
gihugu ndetse no mu Banyarwanda babarizwa muri ‘Diaspora’

