Nk'uko
tubikesha ikinyamakuru Business Insider Africa, raporo zitandukanye zigaragaza
ko muri Gicurasi 2026, amafaranga yo muri Tunisia, Libya na Maroc ari yo
akomeje kuyobora urutonde rw’amafaranga afite agaciro kanini ugereranyije
n’idolari rya Amerika.
Abasesenguzi
bavuga ko kugira ifaranga rikomeye akenshi bishingira ku bintu birimo ubukungu
buhamye, igenzura ry’ifaranga rikorwa na banki nkuru y’igihugu, umusaruro
w’ibyoherezwa mu mahanga, ndetse n’icyizere abashoramari bafitiye igihugu.
Dore
ibihugu 10 bya Afurika bifite amafaranga afite agaciro kurusha andi muri
Gicurasi 2026:
|
Igihugu |
Agaciro
k’ifaranga ku idorari |
|
|
1 |
Tunisia |
2.92
= 1USD |
|
2 |
Libya |
6.35
= 1USD |
|
3 |
Morocco |
9.20
= 1USD |
|
4 |
Ghana |
10.70
= 1USD |
|
5 |
Botswana |
13.44
= 1USD |
|
6 |
Seychelles |
13.53
= 1USD |
|
7 |
Eritrea |
15.00
= 1USD |
|
8 |
Eswatini |
16.32
= 1USD |
|
9 |
Namibia |
16.33=
1USD |
|
10 |
Lesotho |
16.33
= 1USD |
N'ubwo
aya mafaranga agaragara nk’afite agaciro kanini ugereranyije n’idolari,
impuguke mu by’ubukungu zigaragaza ko agaciro k’ifaranga kadakwiye gupimwa gusa
n’umubare w’amafaranga asabwa kugira ngo haboneke idolari rimwe.
Icy’ingenzi
kurushaho ni uko ifaranga rihamye, ridata agaciro vuba kandi abaturage
bagakomeza kugira ubushobozi bwo kugura ibikenewe mu buzima bwa buri munsi.
Mu
minsi ishize, amafaranga amwe nka Ama edi ya Ghana yagaragaje igitutu ku masoko
y’ivunjisha bitewe n’ubwiyongere bwo kwifuza amadolari, mu gihe ibindi bihugu
nka Zambia byagaragaje kuzamuka kw’agaciro k’ifaranga ryabyo kubera ubucukuzi
bw’amabuye y’agaciro n’ivugurura ry’ubukungu.
Ibi
byose byerekana ko imbaraga z’ifaranga zishingira ku mikorere y’ubukungu
bw’igihugu ndetse n’uburyo rigenzurwa, aho kuba gusa ku mubare ugaragara mu
ivunjisha.
