Ibi byatumye imbaraga z’ingabo ziba ingingo ikomeje kuganirwaho cyane, abantu bibaza niba ingabo z’ibihugu bimwe zifite ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo by’umutekano, mu gihe izindi zigenda zigaragaza intege nke zigaragara.
Nubwo kuba n’ingabo zikomeye bidahita bisobanura amahoro cyangwa iterambere, igisirikare gifite intege nke kigira ingaruka zikomeye zirenga cyane imipaka y’aho ingabo zikorera.
Ibihugu bifite ubushobozi buke mu by’umutekano bikunze kwibasirwa n’ibibazo bibangamira iterambere, bigashyira ubutegetsi mu kaga, cyane cyane muri ibi bihe byugarijwe n’ibibazo by’umutekano bitandukanye, guhangana ku mutungo kamere no guhindagurika k’umubano mpuzamahanga.
Akenshi, intege nke z’ingabo zishyiraho icyuho cy’umutekano, kigahita cyifashishwa n’imitwe itari iya Leta. Mu bice nka Sahel, ihembe rya Afurika (Horn of Africa) n’ibihugu byo ku nkombe z’Iburengerazuba bwa Afurika, ingabo zidafite ibikoresho bihagije zigorwa no kurinda imipaka, kurengera abaturage no guhangana n’imitwe yitwaje intwaro, ubujura bwitwaje intwaro n’ibyaha ndengamipaka.
No mu kwezi kwa mbere kwa 2026, izi mpungenge zakomeje kwigaragaza kuko iyo mitwe igenda ihindura amayeri, igakoresha ikoranabuhanga rigezweho kandi igakorera mu bihugu byinshi icyarimwe.
Iyo Leta idashoboye kugaragaza imbaraga zifatika, ayo matsinda ahita yigarurira uduce, bigahungabanya imiyoborere, abaturage bagahunga, ndetse icyizere abaturage bafitiye Leta kikagabanuka.
Ibi bituma hajyamo uruziga rubi: umutekano muke ugahungabanya ikusanyirizo ry’imisoro n’ubukungu muri rusange, bigakurikirwa n’igabanuka ry’ingengo y’imari igenerwa igisirikare n’impinduka mu nzego z’imiyoborere.
Bityo, ingabo zifite intege nke si ikimenyetso cy’ubwumvikane buke gusa, ahubwo zishobora kuba n’imwe mu mpamvu zibuteza nk'uko bitangazwa na Business Insider ducyesha iyi nkuru.
Byongeye, intege nke z’ingabo zigira ingaruka zigaragara ku bukungu. Abashoramari b’imbere mu gihugu n’abaturuka hanze babanza kureba uko umutekano umeze mbere yo gushora imari, kugena igiciro cy’ubwishingizi no gufata icyemezo cyo gushora imari y’igihe kirekire.
Ibihugu 10 bya Afurika bifite ingabo zifite intege nke mu 2026
| # | Igihugu | Power Index | Umwanya ku Isi | Abashobora kwinjizwa mu gisirikare |
|---|---|---|---|---|
| 1 | Central African Republic | 4.2381 | 143 | 2,203,893 |
| 2 | Liberia | 3.9275 | 141 | 2,392,390 |
| 3 | Sierra Leone | 3.9201 | 140 | 2,006,631 |
| 4 | Benin | 3.8936 | 138 | 5,584,880 |
| 5 | Somalia | 3.7393 | 137 | 2,993,973 |
| 6 | Gabon | 3.0432 | 132 | 930,940 |
| 7 | Madagascar | 3.0381 | 131 | 11,192,031 |
| 8 | Botswana | 2.9993 | 130 | 1,029,281 |
| 9 | Burkina Faso | 2.9213 | 127 | 8,525,614 |
| 10 | Senegal | 2.8925 | 126 | 7,162,057 |
Aya makuru yatanzwe n’ikigo Global Firepower, yatunganyijwe na Chinedu Okafor.
