Ibigwi bya Oliver N'Goma wahanze indirimbo yifashishijwe na Element mu ikorwa rya ‘Sikosa’

Imyidagaduro - 24/08/2024 5:29 PM
Share:
Ibigwi bya Oliver N'Goma wahanze indirimbo yifashishijwe na Element mu ikorwa rya ‘Sikosa’

Olivier N'Goma ari mu banyabigwi mu muziki Africa yigeze igira aho yitabye Imana ku myaka 51 ariko yari yaramaze kubaka ibigwi n’abato barimo Kevin Kade, The Ben na Element bagicyeza.

Ku wa 23 Kanama 2024 ni bwo indirimbo "Sikosa" yari itegerejwe na benshi yageze hanze mu buryo bw’amajwi n’amashusho. Iyi ndirimbo ni iya Kevin Kade yakoranye na The Ben na Element.

Mu butumwa Element yashyize hanze yagaragaje nk’uwayitunganije. Hari amakuru mashya abantu batari bazi ko yakozwe mu rwego rwo gukomeza guha icyubahiro N'Goma.

Element yagize ati: "Mu gutunganya iyi ndirimbo twakuye inganzo kuri Olive N'Goma mu ndirimbo ye 'Icole' mu guha icyubahiro ibigwi yasize."

N'Goma yabonye izuba ku wa 23 Werurwe 1959, yitaba Imana ku wa 07 Kamena 2010. Yari icyamamare mu njyana ya Afro-Zouk na Soukous. Indirimbo ze zatangiye gukundwa cyane muri 1990 

Inganzo ya N'Goma yari yarayikomoye kuri Se wari umuhanga mu miririmbire akanaba n’umwalimu. Yatangiye kwiga umuziki ubwo yari afite imyaka 8, aza gutangira kujya ku rubyiniro mu 1971.

Nubwo yaravukiye mu gace ka Mayumba, umuryango wabo waje kwimukira muri Libreville umurwa mukuru w’iki gihugu ari na ho yakomereje amasomo.

Ubwo yari mu mashuri, yinjiye mu itsinda ry’umuziki ryitwa ‘Capo Sound’ ari na ho yigiye ibirebana no gucuranga ‘guitar’. Muri 1988 yinjiye mu gutunganya filime, yisanga mu Bufaransa afata amashusho.

Aha rero ni ho N'Goma yakomereje ibikorwa by’umuziki, maze bigizweho uruhare na Manu Lima icyamamare mu gutunganya umuziki atangira guha umurongo ibikorwa by’uyu mugabo.

Bidatinze yamukoreye Album ‘Bane’ yakuzwe cyane. Kuva icyo gihe uyu mugabo yabaye ikirangirire ku mugabane wa Africa no mu bice bitandukanye byo mu Burayi, yigarurira imitima y’abanyabirori b’icyo gihe.

N'Goma yaje gushyira hanze Album yise Adia yindi hanze mu 1995 akoranye na Manu Lima nyuma y’imyaka 5 yasohoye Album ya Gatatu yise ‘Seva’ icyo gihe ntiyakoranye na Lima.

Muri 2006 aba bombi bongeye guhuza amaboko maze bakora indirimbo z’amateka Oliver N'Goma mu muziki w’uyu muhanzi.

KANDA HANO UREBE SIKOSA YA KEVIN, THE BEN NA ELEEEH


KANDA HANO UREBE ICOLE YA OLIVE N'GOMA

">

Amakuru avuga ko Element yabanje gusaba uburenganzira bwo kwifashisha indirimbo 'Icole'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...