Joy-Lance Mickels, Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina Champions League ni muntu ki?

Imikino - 26/08/2026 8:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Joy-Lance Mickels, Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina Champions League ni muntu ki?

Ikipe ya Sabah FC ikinamo umunyarwanda Joy-Lance Mickels yanditse amateka akomeye nyuma yo gutsinda Hapoel Beer Sheva yo muri Israel ibitego 5-2 nyuma y’iminota 30 y’inyongera, ihita ikatisha itike yayo muri UEFA Champions League bwa mbere mu mateka.

Umunyarwanda Joy-Lance Mickels yatsinze igitego cya gatanu cya Sabah FC, iyifasha gutsinda Hapoel Beer Sheva yo muri Israel ibitego 5-2 nyuma y’iminota 30 y’inyongera, ihita ikatisha itike yo gukomeza mu mikino ya UEFA Champions League.

Uyu mukino wabereye kuri Tofiq-Bahramov Stadium i Baku muri Azerbaijan ku wa Kabiri, aho Sabah FC yari ifite inshingano zikomeye zo guhindura ibyari byabaye mu mukino ubanza, ubwo yari yatsinzwe na Hapoel Beer Sheva ibitego 2-1.

Sabah FC yari ikeneye gutsinda kugira ngo ikomeze, ariko umukino wayitangiriye nabi nyuma y’ikosa ry’umunyezamu wayo, Stas Pokatilov.

Hapoel Beer Sheva yatangiye itsinda

Ku munota wa 10, Pokatilov yatakaje umupira nyuma yo kuwutanga nabi, maze Igor Zlatanovic ahita abona uburyo bwo gutsindira Hapoel Beer Sheva igitego cya mbere, asigaranye umupira imbere y’izamu ryari risigaye nta munyezamu uririmo.

Sabah FC ntiyacitse intege, ahubwo yakomeje gushaka uko yagaruka mu mukino. Ku munota wa 38, Christian Nwachukwu yatsindiye Sabah FC igitego cyo kwishyura, bituma amakipe yombi ajya kuruhuka anganya.

Mu gice cya kabiri, umunyezamu Pokatilov yongeye gukora ikosa rikomeye. Ku munota wa 61, yahaye umupira Guy Mizrahi, na we ahita awurasa mu izamu awuturutse ku nkengero z’urubuga rw’amahina.

Sabah FC yakomeje gusatira, maze ku munota wa 74 Umarali Rakhmonaliyev atsinda igitego cya kabiri, akoresheje ishoti rikomeye yateye muri metero hafi 20, umupira ukarangirira mu rushundura.

Iki gitego cyahagurukije abafana barenga 30,000 bari buzuye Tofiq-Bahramov Stadium, kuko Sabah FC yari isigaje igitego kimwe gusa kugira ngo umukino ujye mu minota y’inyongera.

Igitego cya nyuma ku munota wa 90+4

Sabah FC yakomeje gushaka igitego cyayifasha guhindura burundu ibyari byabaye mu mukino ubanza.

Ku munota wa 90+4, Tellu Mutallimov yatsinze igitego cya gatatu nyuma ya koruneri yari itewe neza, bituma Sabah FC yishyura ibitego byose yari yatsinzwe mu mukino ubanza. Umukino wahise ujya mu minota y’inyongera.

Minota y’inyongera yahinduye amateka

Mu minota y’inyongera, Hapoel Beer Sheva yagize ikibazo gikomeye ubwo Djibril Diop yahabwaga ikarita itukura ku munota wa 100, nyuma yo kubona amakarita abiri y’umuhondo mu gihe gito.

Ku munota wa 101, abafana ba Sabah FC bongeye gusabwa n’ibyishimo ubwo Orphé Mbina yatsindaga igitego cya kane. Yahinduye neza umupira wari utewe na Aleksey Isayev kuri coup-franc, awushyira mu nguni yo hasi y’izamu.

Sabah FC yari imaze kuyobora umukino, ariko ntiyahagaritse gusatira.

Joy-Lance Mickels yashyizeho akadomo

Ku munota wa 115, Umunyarwanda Joy-Lance Mickels yatsinze igitego cya gatanu cya Sabah FC, ashimangira intsinzi ikomeye ya 5-2 nyuma y’iminota y’inyongera.

Iki gitego cyabaye umwihariko kuri Mickels, kuko cyagize uruhare mu gufasha Sabah FC gukomeza mu cyiciro gikurikiraho cya UEFA Champions League.

Ku rundi ruhande, Hapoel Beer Sheva yahise ijya mu mikino ya UEFA Europa League.

Mickels yanditse amateka ku ruhande rw’u Rwanda

Usibye kuba igitego cye cyafashije Sabah FC kugera ku ntsinzi ikomeye, Joy-Lance Mickels yananditse amateka nk’umukinnyi ufite inkomoko mu Rwanda ugiye gukina imikino ya UEFA Champions League ku nshuro ya mbere.

Ni intambwe ikomeye ku mukinnyi w’Umunyarwanda ukina muri Azerbaijan, ndetse n’undi mwanya wo gukomeza kugaragaza abakinnyi bafite inkomoko mu Rwanda ku rwego rw’imikino ikomeye y’i Burayi.

Sabah FC igiye gukina Champions League bwa mbere

Sabah FC yashinzwe mu mwaka wa 2017, kandi mbere y’iyi shampiyona yari ku mwanya wa 234 ku rutonde rwa UEFA rw’amakipe ahabwa amanota. Uyu mwaka ni bwo bwa mbere mu mateka yayo igiye kwitabira imikino ya UEFA Champions League.

Nyuma yo gutsinda Hapoel Beer Sheva 5-2, Sabah FC ikomeje urugendo rwayo muri iri rushanwa, aho Joy-Lance Mickels yabaye umwe mu bakinnyi bagize uruhare mu gutsinda uyu mukino w’amateka.

Joy-Lance Mickels ufashije u Rwanda kwandika amateka ni muntu ki?

Mickels ni rutahizamu w'ikipe y'Igihugu "Amavubi", akaba afite imyaka 32 y'amavuko kuko yavutse tariki ya 29 Werurwe 1994. Nyina ni Umunye-Congo naho se witwa Mickels Jacques Akilimali ni Umunyarwanda. Yavukiye mu Budage.

Yatangiye gukina umupira w’amaguru afite imyaka ine mu ikipe y’abato ya VSF Amern, nyuma yinjira mu ishuri ry’umupira rya Borussia Mönchengladbach aho yamaze imyaka umunani.

Mu mwaka w’imikino wa 2012/13 yigaragaje cyane mu Ikipe y’Abatarengeje imyaka 19 ya Borussia Mönchengladbach, atsinda ibitego 17 anatanga imipira itatu ivamo ibitego, byanatumye ikipe ye igera muri 1/2 cya DFB Junior Cup.

Icyo gihe yahise azamurwa ashyirwa mu ikipe ya kabiri yayo ari yo Borussia Mönchengladbach II, yamweretse andi makipe ahita abengukwa n’ikipe ya kabiri ya Schalke 04 II.

Mu mikino 43 yakiniye iyi kipe yari mu Cyiciro cya Kane mu Budage kizwi nka Regionalliga, yatsinze ibitego icyenda mbere y’uko ajya muri Alemannia Aachen mu 2016 akahamara igihe gito, ahita ajya muri Wacker Nordhausen.

Mu mwaka we wa mbere muri Wacker, yatsinze ibitego bitandatu atanga n’imipira 12 yavuyemo ibitego, anafasha ikipe gusoreza ku mwanya wa kabiri ndetse banatwara igikombe cya Thuringian Cup.

Nyuma y’aho, Mickels yakiniye FC Carl Zeiss Jena yo mu Cyiciro cya Gatatu mu Budage, ahava ajya mu Buholandi muri MVV Maastricht yo mu Cyiciro cya Kabiri. Aha yahatsindiye ibitego birindwi mu mikino 27 yakinnye mu mwaka umwe.

Yakomereje muri Sabah FC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Azerbaijan, mu myaka ibiri atsinda ibitego 29, byatumye abengukwa na Al-Faisaly yo muri Arabia Saoudite.

Iyi Sabah yongeye kuyisubiramo mu 2024, ari na ho Umutoza w’Amavubi Adel Amrouche yamutereye imboni ajya kumuhamagara bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu. Kuri ubu inkuru nshya igezweho ni uko yafashije Sabah FC kubona itike ya Champions League.

Impano y’umupira w’amaguru si iyo yisangije wenyine mu muryango we, dore ko n’abavandimwe be babiri ari bo Joy-Slayd Mickels w’impanga ye na murumuna wabo Leroy-Jacques Mickels ari abakinnyi ba ruhago.

Joy-Lance Mickels yanditse amateka atazibagirana mu mupira w'amaguru mu Rwanda 

Umunyarwanda Joy-Lance Mickels yafashije Sabah FC kubona bwa mbere itike ya Champions League

Joy-Lance Mickels abaye Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina Champions League

Sabah FC yabonye itike ya Champions League bwa mbere mu mateka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...