Aya masezerano akubiyemo guhagarika imirwano,
koroshya zimwe mu ngamba za Amerika zari zarafatiwe Iran ndetse no kongera
gufungura Umuyoboro wa Hormuz wari umaze igihe ufunze.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yemeje aya makuru
abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yavuze ko “amasezerano na
Repubulika ya Kisilamu ya Iran ubu yamaze gutungana.”
Aya magambo ya Trump yakurikiye itangazo ryatanzwe
na Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, wavuze ko igihugu cye
cyagize uruhare mu biganiro byatumye impande zombi zumvikana.
Biteganyijwe ko aya masezerano y’ibanze azashyirwaho
umukono ku mugaragaro ku wa Gatanu mu Busuwisi, nubwo kugeza ubu ibikubiye muri
yo byose bitaratangazwa mu buryo burambuye.
Sharif yavuze ko ayo masezerano ateganya ihagarikwa
ry’ibikorwa bya gisirikare mu bice byose byari byugarijwe n’intambara, harimo
na Libani, igihugu cyari cyarabaye kimwe mu bibazo bikomeye mu biganiro kubera
amakimbirane akomeje hagati ya Israel n’umutwe wa Hezbollah.
Ku ruhande rwa Iran, Inama Nkuru y’Umutekano
yatangaje ko ibikorwa byose bya gisirikare biteganyijwe guhagarara guhera ku
mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.
Umuyoboro wa Hormuz wongeye gufungurwa
Mu kiganiro Perezida Trump yagiranye n’ikinyamakuru
New York Times, yavuze ko amasezerano mashya ashimangira ko Umuyoboro wa Hormuz
uzongera kuba nyabagendwa nta nkomyi.
Uyu muyoboro ni ingenzi cyane kuko unyuzwamo ibitoro
birenga 20% byoherezwa ku isoko mpuzamahanga. Kuba wari warafunzwe na Iran
byateje ihungabana rikomeye ku bucuruzi bw’ibitoro ndetse bizamura ibiciro ku
masoko atandukanye ku isi.
Amakuru y’aya masezerano yahise atuma ibiciro
by’ibitoro bitangira kugabanuka ku masoko mpuzamahanga, ibintu byakiriwe neza
n’ibihugu byinshi bishingira ku bicuruzwa bikomoka kuri peteroli.
Ibiciro bya Lisansi n’ibikomoka kuri peteroli bishobora
kugabanyuka
Abasesenguzi mu bukungu bavuga ko ifungurwa ry'Umuyoboro wa Hormuz no koroshya umwuka mubi wari hagati ya Amerika na Iran bishobora gutuma ibiciro bya lisansi n'ibindi bikomoka kuri peteroli bitangira kugabanuka mu minsi iri imbere.
Uyu muyoboro unyuzwamo igice kinini cy'ibitoro
byoherezwa ku masoko mpuzamahanga, bityo kongera kuwufungura bikaba
biteganyijwe kongera ubwinshi bw'ibitoro ku isoko no kugabanya igitutu cyari
cyatumye ibiciro bizamuka.
Nubwo hari icyizere ko ibiciro by’ibikomoka kuri
peteroli bishobora kugenda bigabanuka bitewe n’ifungurwa ry’Umuyoboro wa
Hormuz, impuguke mu bukungu zigaragaza ko ingaruka z’izamuka ry’ibiciro ryabaye
mu minsi ishize zigikomeje kugaragara ku masoko menshi.
Abasesenguzi bavuga ko bishobora
gufata ibyumweru cyangwa amezi make kugira ngo igabanuka ry’ibiciro ku isoko
mpuzamahanga rigere no ku baguzi ba nyuma.

