Ibibazo byo gutekerezwaho mbere yo kwaka gatanya ku bashakanye

Ubuzima - 14/08/2023 6:02 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibibazo byo gutekerezwaho mbere yo kwaka gatanya ku bashakanye

Gatanya ni umwanzuro ukomera kurusha guhitamo uwo muzabana, kuko ushobora kwinjira mu mubabaro n’ingaruka zizazonga ubuzima usigaje ku Isi, cyangwa bamwe bakagerwaho n’izo ngaruka barimo abana bawe, umufasha n’umuryango.

Umwanzuro wo gutandukana ushobora kugorana hagati y’abashakanye bitewe n’impamvu zitandukanye, ariko ukagerwaho nanone bitewe n’impamvu ku mpande zombi cyangwa iz’umwe.

Online Divorce itangaza ko gutandukana byaterwa n’ibintu byinshi bitandukanye, ariko bakavuga ko iki cyemezo gikunze kugorana, kandi bakagira inama abashakanye kutihutira gufata uyu mwanzuro, ariko igihe basanze gutandukana ari ngombwa kuruta kugumana, bakabanza kwiga kuri ibi bikurikira:

1.     Kuki ncaka gatanya?

Kwibaza iki kibazo bizatuma ureba uburemere bwo gutandukana no kwihanganira uwo mwashakanye, mukubaka aho gusenya, ariko ushobora gusanga impamvu ituma utekereza kwaka gatanya iremeye itakwihanganirwa.

Ndetse ugasanga gutandukana byaba byiza kuruta kugumana, dore ko bamwe bahata umubano udashobotse bagateza ibindi bibazo nko kwicana, guhora barwana, gutanga uburere bubi ku bana n’ibindi.

Ushobora gusanga wari warakaye ugahubuka mu gufata uyu mwanzuro, ariko wamara gutekereza ku gituma waka gatanya ukaba wacururuka.

2.     Ndacyamukunda?

Bamwe bahitamo gutandukana nabo bagikunda bitewe n’izindi nyungu. Wenda ntimuhuza bimwe, ariko urukundo rurahari. Bavuga ko ntazibana zidakomanya amahembe.

Igihe wibaza iki kibazo niba uwo mugiye gutandukana ukimukunda cyangwa utakimukunda, bizagufasha gutekereza ku byiyumviro uzagira wamaze kumubura kugira ngo uzahura no kwicuza muri wowe, kandi waramaze kumutakaza.

Kwibaza niba ukimukunda bishobora kuguha igisubizo cya yego, bigatuma wirengagiza ibyabatanya, kuruta ibyabahuza.

3.     Ni gute tuzita ku buzima bw’abana nyuma yo gutandukana?


Abana basigarana agahinda iyo babona ababyeyi babo baratanye cyangwa bagiye kurererwa ahandi

Abana ubwabo bashobora guhuza ababyeyi, bakagira urukundo bari barabuze. Bitewe nuko nta mubyeyi wanga umwana we, buri wese aba yumva atajya kure yuwo yabyaye, ibyo bikaba byatekerezwaho mbere yo gutandukana.

Ababyeyi bamwe bakunda abana babo,ku buryo bahara ibyishimo byabo bya burundu ariko bakaguma mu muryango batishimiye, ku bwo gukunda abana babo.

4.     Nshyira mu gaciro?

Gushyingirwa n’umuntu ukunda bituma utekereza ko ibintu byose bizagenda neza mu mubano wanyu, ariko mu by'ukuri, ni umugani gusa. Umubano w’abashakanye ukomera igihe banyura mu bikomeye ariko ntibihungabanye urukundo rwabo, ahubwo bigasigara bakomeye bakomeza n’abandi.

Kwibaza niba washyize mu gaciro igihe ufata umwanzuro wo gutandukana n’uwo mwashakanye kubera ibibi n’amakimbirane aba mu mubano wanyu, bigutera kwitekerezaho no kumenya niba atari wowe kibazo gikomeye mu gusenya urugo, ukaba wabihagarika mbere yo kubikora.

5.     Ese niyo mahitamo ya nyuma?

Mbere yo kwaka gatanya ni byiza kwibaza niba ntabundi buryo bwo gushakamo igisubizo, aho gutandukana. Bamwe baganirizwa n’imiryango bagakemura ibibazo aho gutandukana.

6.     Nzabaho nte nyuma ya gatanya?

Benshi bamara kwaka gatanya ubuzima bukababihira biruseho, bagira n’undi mubano mushya ntibabone amahoro, kuko bigora kwibagirwa uwo mwatandukanye cyane cyane iyo mwabyaranye.

Ni byiza gutekereza ubuzima uzabaho nyuma yo gutandukana wabona ari bwiza kuruta kugumana ukabona gufata icyo cyemezo.

Ni byinshi byakwibazwa mbere yo gutandukana nk’abashakanye, ariko hari n’ibindi byiza byo gukerezwaho bigaca intege icyemezo cyo gutandukana birimo urukundo rwatumye umukunda ukamutoranya mu bandi bose.

Kwihanganirana biruta gutandukana kandi bitera kunesha n'urukudo rukiyongera


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...