Ibi
yabigarutseho mu butumwa burebure yashyize ku rubuga rwa Instagram kuri uyu wa
Gatatu tariki ya 24 Kamena 2026.
Ubu
butumwa buje nyuma y'uko Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB),
Dr. Murangira B. Thierry, abwiye InyaRwanda ko umuhanzi Yugi Umukaraza yatawe
muri yombi kugira ngo hakorwe iperereza ku birego ashinjwa na Shaddyboo.
Nk'uko
RIB yabitangaje, Yugi Umukaraza w'imyaka 23 y'amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya
RIB ya Kimironko mu Mujyi wa Kigali mu gihe iperereza rikomeje.
Mu
butumwa bwe, Shaddyboo yavuze ko amaze iminsi abona abantu benshi baganira ku
kibazo cye, bamwe bakamunenga, abandi bakamucira urubanza ndetse hari
n'ababifata nk'ikintu cyo gusetsa, ariko ashimangira ko buri wese afite
uburenganzira bwo kugira icyo atekereza.
Yagize
ati: "Ndabona abantu bavuga byinshi, bancira imanza ndetse bamwe bagaseka.
Ariko ku iherezo rya byose, buri muntu afite uburenganzira bwo kugira igitekerezo
cye. Icyo nakoze, nagikoze ku bwanjye, ntabwo nagikoze ku bw'undi muntu uwo ari
we wese."
Shaddyboo
yavuze ko hari ibihe umuntu ashobora kunyuramo bikamurenga ku buryo na we ubwe
atabasha guhita asobanukirwa neza ibyamubayeho, bityo akaba asigara ari
gushakisha ibisobanuro by'ibyabaye.
Yavuze
ko iyo umuntu atigeze ahura n'ikintu nk'icyo, biba bigoye ko yumva neza
uburemere bwacyo cyangwa uko uwagikorewe yiyumva.
Ati:
"Ukuri ni uko mutazi uko numva meze, kandi mvugishije ukuri, nanjye
ubwanjye sinari mbizi neza. Iyo hari ikintu kibaye ukaba utabasha guhita
usobanukirwa neza icyo ari cyo, usigara mu rujijo ushaka gusobanukirwa
n'ibyakubayeho. Nta muntu ushobora kubyumva neza keretse uwabinyuzemo."
Uyu
munyamideli yavuze ko ari yo mpamvu yahisemo gukora icyo yumvaga ari cyo
gikwiye, kandi ko atazongera guceceka ku kibazo yemera ko kimureba
by'umwihariko.
Yagize
ati: "Niba udashobora kumva icyemezo cyanjye, ndabyubaha. Ariko ntabwo
nkiri umuntu witeguye gukomeza guceceka. Nageze aho bihagarara."
Mu
magambo agaragaza uburemere bw'ibyo arimo kunyuramo, Shaddyboo yavuze ko mu
gihe abantu benshi bari kuvuga inkuru ye, ari we ubwe uri kubana n'ingaruka
z'ibyabaye.
Yagaragaje
ko ari we ufite ibibazo byinshi byo kwibaza, ububabare ndetse n'umutwaro uterwa
n'ibyabaye, ashimangira ko icyemezo yafashe kitigeze gishingira ku gushaka
indonke cyangwa gukurura ibitekerezo by'abantu.
Ati:
"Mu gihe abantu bari kuvuga, ni njye uri kubana n'ingaruka z'ibi byose. Ni
njye ufite ibibazo byinshi byo kwibaza, ububabare ndetse n'umutwaro w'ibyabaye.
Nta na kimwe muri ibi cyambereye cyoroshye, kandi nta n'icyo nakoze ngamije
kwitabwaho cyangwa gushaka kwamamara."
Shaddyboo
yakomeje avuga ko intego ye itari ugukomeretsa cyangwa guharabika umuntu uwo
ari we wese, ahubwo ko yahisemo kuvuga kubera ko ikibazo kivuga ku mubiri we,
ubuzima bwe ndetse n'ukuri kwe nk'uko abyumva.
Yasabye
abantu gutuza bagategereza umwanzuro w'iperereza aho gukomeza guca imanza mbere
y'uko inzego zibishinzwe zirangiza akazi kazo.
Yagize
ati: "Sinigeze nshaka kugirira nabi umuntu uwo ari we wese. Navuze gusa
kuko bireba umubiri wanjye, ubuzima bwanjye n'ukuri kwanjye. Ndabasaba rero
kureka iperereza rigakora akazi karyo."
Yanagarutse
ku kuba yiteguye kwakira ibisubizo byose bizava mu iperereza, harimo no kuba
yakwicuza akanasaba imbabazi mu gihe byagaragara ko hari aho yaba yaribeshye.
Ati:
"Niba byagaragara ko nari nibeshye, nzakora icyo nahoraga nkora - kwemera
amakosa, gusaba imbabazi no gushaka amahoro."
Mu
gusoza ubutumwa bwe, Shaddyboo yasabye kubahwa nk'umuntu uri kunyura mu bihe
bikomeye, agaragaza ko ikibazo cye kidakwiye gufatwa nk'imyidagaduro cyangwa
urwenya.
Yavuze
ko hari intambara nyinshi ari kurwana na zo abantu batazi, kandi ko ibitekerezo
cyangwa amagambo abantu bavuga bitazahindura ibyo avuga ko yanyuzemo.
Ati:
"Kugeza icyo gihe, ndabasaba icyubahiro. Iki si ikintu cyo kwidagadura
cyangwa urwenya. Maze igihe ndwana intambara nyinshi abantu benshi batabona.
Ibyo abantu batekereza cyangwa bavuga kuri njye ntibizahindura ibyo nanyuzemo."

Shaddyboo
yavuze ko gutanga ikirego biri mu murongo wo guharanira uburenganzira bwe
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KU ITABWA MURI YOMBI RYA YUGI UMUKARAZA
