Ni intsinzi yaje nyuma y’uko Manchester City FC
inganyije na Bournemouth igitego 1-1, biha Arsenal amahirwe yo guhita itwara igikombe mbere y’umunsi wa nyuma wa
shampiyona.
Uyu ni umwaka udasanzwe ku mutoza Mikel Arteta wari
umaze imyaka itatu ahora asoreza ku mwanya wa kabiri, ibintu byatumaga bamwe
bamushinja amakosa. Gusa kuri iyi nshuro, we n’abakinnyi be berekanye ko
amasomo bakuye mu gutsindwa mu myaka yashize yabafashije gukomera no kugera
ku ntego.
Arsenal yahinduye uburyo bwo gukina
Mu myaka yashize, Arsenal yari izwiho gukina umupira
uryoheye ijisho, ariko uyu mwaka yahinduye byinshi mu buryo bw’imikinire yayo.
Iyi kipe yibanze cyane ku mipira iteretse, koruneri
no gukina umupira ushingiye ku mbaraga n’ubwitonzi bwinshi. Nubwo bamwe
mu bafana b’andi makipe bayitaga “Set Piece FC”, Arsenal yabigize intwaro
nyamukuru yayihesheje amanota menshi.
Myugariro Gabriel Magalhães yabaye umwe mu bakinnyi
bateye ubwoba ku mipira ya koruneri, mu gihe Declan Rice yigaragaje cyane mu gutera
neza iyi mipira y’imiterekano no kuyobora bagenzi be hagati mu kibuga.
Umutoza ushinzwe imipira y’imiterekano, Nicolas
Jover, nawe yagize uruhare rukomeye muri iyi ntsinzi, kuko Arsenal yatsinze
ibitego byinshi biturutse kuri koruneri n’indi mipira y’imiterekano.
Ubwugarizi bwabaye urufunguzo rw’intsinzi
Ikindi cyafashije Arsenal ni ubwugarizi bukomeye
cyane.
Umunyezamu David Raya yabaye inkingi ya mwamba muri
ubu bwugarizi, aho yabafashije ikipe gukora “clean sheets” 19 ndetse
yegukana igihembo cya Golden Glove ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Uwahoze ari kapiteni wa Arsenal, Patrick Vieira,
yavuze ko Raya ari umwe mu bakinnyi bagize umwaka mwiza cyane muri Premier
League kubera uburyo yitwaye neza kuva shampiyona yatangira kugeza irangiye.
Gyokeres n’abakinnyi bashya bahinduye byinshi
Rutahizamu mushya Viktor Gyökeres nawe yagize
uruhare rukomeye muri iyi ntsinzi.
Arsenal kandi yungukiye byinshi ku bakinnyi bashya barimo Eberechi
Eze, Martin Zubimendi, Noni Madueke, Piero Hincapié na Cristhian Mosquera.
Aba bose bafashije ikipe gukomeza guhatana nubwo
yari ifite ibibazo by’imvune ku bakinnyi bakomeye nka Bukayo Saka, Martin
Ødegaard, Kai Havertz ndetse na Jurrien Timber.
Arteta yakoresheje uburyo budasanzwe bwo kubaka
ikipe
Kimwe mu byagarutsweho cyane muri uyu mwaka ni
uburyo budasanzwe Arteta yakoresheje mu kongerera abakinnyi be imbaraga z’ijyanye
n’imitekerereze.
Biravugwa ko mbere y’itangira rya shampiyona yahaye
akazi umuntu w’umwuga mu kwiba ibintu mu buryo bw’amayeri kugira ngo yigishe
abakinnyi guhora bari maso.
Hari kandi igihe yazanye itara mu rwambariro mbere
y’umukino, ababwira ko bagomba “kumurikira” abafana no guhesha ishema Emirates
Stadium.
Mu myitozo imwe n’imwe yo mu mpera za shampiyona,
hacurangwaga indirimbo z’abafana ndetse na videwo zo kuri TikTok kugira ngo
abakinnyi bumve ubushake bw’abafana babo.
Ibi byose byafashije Arsenal kugira umutima ukomeye, cyane cyane nyuma y’imyaka itatu itwara umwanya wa
kabiri.
Gucika intege kwa Manchester City na Liverpool nabyo byafashije
Arsenal
Nubwo Arsenal yakoze akazi gakomeye,
ntiwakwirengagiza ko Manchester City FC na Liverpool FC zitagize umwaka mwiza
nko mu bihe byashize.
Mu myaka yashize, amakipe yatwaraga Premier League
yasabwaga kurenza amanota 90 kugira ngo yegukane igikombe, ariko ubu Arsenal
yagitwaye ifite amanota 82 gusa.
Manchester City ntiyagaragaje ubukana busanzwe bwa
Pep Guardiola, mu gihe Liverpool nayo yatakaje amanota menshi mu gice cya nyuma
cya shampiyona.
Arsenal yo yakomeje kwitwara neza kugeza ku munsi ubanziriza uwa
nyuma, ibintu byatumye nyuma y’imyaka 22 abafana bayo bongera kwishimira kuba
abami b’umupira w’amaguru mu Bwongereza.

Byari ibyishimo bikomeye ku bakinnyi ba Arsenal nyuma y'uko begukanye igikombe cya Premier League baherukaga mu myaka 22 ishize



Bukayo Saka na Gabriel Maghalaes ni bamwe mu bagize uruhare rukomeye kuri iki gikombe
