Ibanga ryafashije Arsenal kongera kuba Umwami w’u Bwongereza nyuma y’imyaka 22

Imikino - 21/05/2026 3:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibanga ryafashije Arsenal kongera kuba Umwami w’u Bwongereza nyuma y’imyaka 22

Nyuma y’imyaka 22 bategereje kongera kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza, Arsenał yabigezeho ifashijwe n’ibintu bitandukanye bishingiye ku mutoza wabo n’abakinnyi.

Ni intsinzi yaje nyuma y’uko Manchester City FC inganyije na Bournemouth igitego 1-1, biha Arsenal amahirwe yo guhita itwara igikombe mbere y’umunsi wa nyuma wa shampiyona.

Uyu ni umwaka udasanzwe ku mutoza Mikel Arteta wari umaze imyaka itatu ahora asoreza ku mwanya wa kabiri, ibintu byatumaga bamwe bamushinja amakosa. Gusa kuri iyi nshuro, we n’abakinnyi be berekanye ko amasomo bakuye mu gutsindwa mu myaka yashize yabafashije gukomera no kugera ku ntego.

Arsenal yahinduye uburyo bwo gukina

Mu myaka yashize, Arsenal yari izwiho gukina umupira uryoheye ijisho, ariko uyu mwaka yahinduye byinshi mu buryo bw’imikinire yayo.

Iyi kipe yibanze cyane ku mipira iteretse, koruneri no gukina umupira ushingiye ku mbaraga n’ubwitonzi bwinshi. Nubwo bamwe mu bafana b’andi makipe bayitaga “Set Piece FC”, Arsenal yabigize intwaro nyamukuru yayihesheje amanota menshi.

Myugariro Gabriel Magalhães yabaye umwe mu bakinnyi bateye ubwoba ku mipira ya koruneri, mu gihe Declan Rice yigaragaje cyane mu gutera neza iyi mipira y’imiterekano no kuyobora bagenzi be hagati mu kibuga.

Umutoza ushinzwe imipira y’imiterekano, Nicolas Jover, nawe yagize uruhare rukomeye muri iyi ntsinzi, kuko Arsenal yatsinze ibitego byinshi biturutse kuri koruneri n’indi mipira y’imiterekano.

Ubwugarizi bwabaye urufunguzo rw’intsinzi

Ikindi cyafashije Arsenal ni ubwugarizi bukomeye cyane. Mu mikino 37 ya shampiyona, iyi kipe yinjijwe ibitego 26 gusa, iba ikipe yinjijwe ibitego bike muri shampiyona yose.

Umunyezamu David Raya yabaye inkingi ya mwamba muri ubu bwugarizi, aho yabafashije ikipe gukora “clean sheets” 19 ndetse yegukana igihembo cya Golden Glove ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Uwahoze ari kapiteni wa Arsenal, Patrick Vieira, yavuze ko Raya ari umwe mu bakinnyi bagize umwaka mwiza cyane muri Premier League kubera uburyo yitwaye neza kuva shampiyona yatangira kugeza irangiye.

Gyokeres n’abakinnyi bashya bahinduye byinshi

Rutahizamu mushya Viktor Gyökeres nawe yagize uruhare rukomeye muri iyi ntsinzi. Uyu musore w’Umunya-Sweden yatsinze ibitego 21 mu marushanwa yose yakinnye muri uyu mwaka, aba umwe mu bakinnyi bafashije Arsenal kubona amanota y’ingenzi.

Arsenal kandi yungukiye byinshi ku bakinnyi bashya barimo Eberechi Eze, Martin Zubimendi, Noni Madueke, Piero Hincapié na Cristhian Mosquera.

Aba bose bafashije ikipe gukomeza guhatana nubwo yari ifite ibibazo by’imvune ku bakinnyi bakomeye nka Bukayo Saka, Martin Ødegaard, Kai Havertz ndetse na Jurrien Timber.

Arteta yakoresheje uburyo budasanzwe bwo kubaka ikipe

Kimwe mu byagarutsweho cyane muri uyu mwaka ni uburyo budasanzwe Arteta yakoresheje mu kongerera abakinnyi be imbaraga z’ijyanye n’imitekerereze.

Biravugwa ko mbere y’itangira rya shampiyona yahaye akazi umuntu w’umwuga mu kwiba ibintu mu buryo bw’amayeri kugira ngo yigishe abakinnyi guhora bari maso.

Hari kandi igihe yazanye itara mu rwambariro mbere y’umukino, ababwira ko bagomba “kumurikira” abafana no guhesha ishema Emirates Stadium.

Mu myitozo imwe n’imwe yo mu mpera za shampiyona, hacurangwaga indirimbo z’abafana ndetse na videwo zo kuri TikTok kugira ngo abakinnyi bumve ubushake bw’abafana babo.

Ibi byose byafashije Arsenal kugira umutima ukomeye, cyane cyane nyuma y’imyaka itatu itwara umwanya wa kabiri.

Gucika intege kwa Manchester City na Liverpool nabyo byafashije Arsenal

Nubwo Arsenal yakoze akazi gakomeye, ntiwakwirengagiza ko Manchester City FC na Liverpool FC zitagize umwaka mwiza nko mu bihe byashize.

Mu myaka yashize, amakipe yatwaraga Premier League yasabwaga kurenza amanota 90 kugira ngo yegukane igikombe, ariko ubu Arsenal yagitwaye ifite amanota 82 gusa.

Manchester City ntiyagaragaje ubukana busanzwe bwa Pep Guardiola, mu gihe Liverpool nayo yatakaje amanota menshi mu gice cya nyuma cya shampiyona.

Arsenal yo yakomeje kwitwara neza kugeza ku munsi ubanziriza uwa nyuma, ibintu byatumye nyuma y’imyaka 22 abafana bayo bongera kwishimira kuba abami b’umupira w’amaguru mu Bwongereza.

Byari ibyishimo bikomeye ku bakinnyi ba Arsenal nyuma y'uko begukanye igikombe cya Premier League baherukaga mu myaka 22 ishize


Bukayo Saka na Gabriel Maghalaes ni bamwe mu bagize uruhare rukomeye kuri iki gikombe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...