Iyo asobanura inkomoko y’izina rye
ry’ubuhanzi, I-Cyogere avuga ko ari “Izina nkunda risobanura icyo Imana ishaka
ko nkora nkiriho. ‘Cyogere’ bivuze kimenyekane; impano Imana yampaye isakare,
kandi igihugu cyanjye na cyo cyogere, kimenyekane kurushaho ku rwego
mpuzamahanga.”
Hagati ya 2011 na 2013 yinjiye muri
studio bwa mbere, ariko indirimbo zakozwe icyo gihe ntizasohoka kuko zitari ku
rwego yifuzaga. Ibyo abifata nk’igihe cyo kwitoza no kwiyubaka.
Yinjiye byeruye mu muziki nk’umwuga
mu 2023 asohora indirimbo “Turaanda”. Mu 2024 yakoze “Jah” ndetse na “Tudanse”.
Nubwo atarasohora ibihangano byinshi kubera imbogamizi zitandukanye, avuga ko
afite intego yo gukora cyane kurushaho.
Ku bijyanye n’inkomoko y’indirimbo
“Ineza ye”, I-Cyogere avuga ko yayikomoye ku byo Imana yamukoreye mu buzima
bwe.
Ati: “Naricaye nsubiza amaso inyuma
mbona ineza y’Imana ikomeye cyane: kuba yarampaye ubuzima, ikandinda ibibi
byinshi ndetse ikankorera ibitangaza byinshi. Inganzo yaje nijoro mbere yo
kujya kuryama, bucyeye bwaho Imana yankoreye ikintu gikomeye cyane kiranezeza,
mpita nihutira kujya muri studio.”
Yongeraho ko kenshi abantu bibanda ku
bibazo bahura na byo bakibagirwa ibyiza byinshi bamaze kugeraho. Ati:
“Ntitugomba guhora tuganya gusa, ahubwo dukwiye no kuzirikana ibyiza Imana
yadukoreye kandi tukayisaba umugisha.”
“Ineza ye” yamusabye imbaraga nyinshi
haba mu bitekerezo no mu gihe cyo kuyitunganya. Amashusho yayo yafatiwe mu
bihugu bitatu ari byo u Rwanda, Ethiopia na Senegal, by’umwihariko ku kirwa cya
Gorée. Hari kandi amashusho yafatiwe mu Nyanja ya Atlantic, mu mazi ari hagati
ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Senegal.
Nubwo byumvikana nk’igikorwa gikomeye, I-Cyogere avuga ko atari byo byamugoye cyane, kuko amenshi mu
mashusho yafashwe hakoreshejwe telefone. Avuga ko imbaraga nyinshi zagiye mu
guhanga udushya, mu mwanya wo gutunganya amashusho no kungurana ibitekerezo
n’abandi.
Muri uyu mwaka wa 2026, I-Cyogere
ateganya ibikorwa bibiri bikomeye. Icya mbere ni igitaramo cyo kumurika ku
mugaragaro album ye, kizaba ku wa Gatandatu tariki ya 06 Kamena 2026 i Kigali.
Avuga ko ari cyo gitaramo gikomeye azaba akoze kuva yatangira umuziki, bityo
kikazategurwa ku rwego rwo hejuru.
Icya kabiri ni ukumurika igitabo cye
cya kabiri, kizaba kirimo ibitekerezo bye bwite ariko kikaba cyarunganijwe
n’ibitekerezo by’abandi bantu bo ku migabane itandukanye irimo Afurika, Aziya,
Amerika n’u Burayi, yakuye mu bushakashatsi yakoze.
I-Cyogere ni umwe mu bahanzi bakwiye guhangwa amaso muri iki gihe. Uretse umuziki, ni Umunyarwanda wiyemeje kugira uruhare mu guteza imbere igihugu cye, umugabane wa Afurika n’Isi muri rusange mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.

I-Cyogere witegura kumurika Album yashyize hanze indirimbo yise “Ineza ye”
Reba amashusho y'indirimbo "Ineza ye" ya I-Cyogere
