Hubatswe etaje 60 mu myaka 5 ishize – Ishusho y’umujyi wa Musanze uyingayinga Kigali

Amakuru ku Rwanda - 01/08/2025 1:21 PM
Share:

Umwanditsi:

Hubatswe etaje 60 mu myaka 5 ishize – Ishusho y’umujyi wa Musanze uyingayinga Kigali

Ubwo yahaga ikaze abashyitsi bitabiriye ibirori byo kwizihiza umuganura ku rwego rw’Igihugu, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yavuze ko mu myaka itanu itambutse umujyi wa Musanze wubatswemo inzu zigeretse 60 ndetse muri uyu mwaka bakaba bamaze kunguka inganda 2.

Ibirori byo kwizihiza umuganura ku rwego rw’Igihugu muri uyu mwaka wa 2025 byabereye mu Ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Musanze kuri Sitade y'Akarere yitwa Ubworoherane.

Ubwo yatangaga ikaze ku bashyitsi, Mayor w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yagarutse ku ishusho rusange y’Akarere ka Musanze haba mu buryo bw’imibereho y’abaturage ndetse n’iterambere ry’aka karere.

Yavuze ko aka karere kabyaje umusaruro amahirwe ahaboneka nk’ubutaka bwiza bwera ndetse n’amakoro akoreshwa mu bikorwa byinshi byinjiza amafaranga ndetse babyaza umusaruro ibikorwa by’ubukerarugendo bukorerwa mu birunga ndetse no ku kiyaga cya Ruhondo.

Mu mwaka ushize, umusaruro w’ubuhinzi wageze kuri toni 23 kuri hegitari imwe aho ibigori kuri hegitari 1 hasarurwa Toni 4.3 zose. Mu bworozi, Gahunda ya Gira Inka horojwe abaturage 374 mu gihe havukishije inyana 3,966 zavuye muri gahunda yo gutera intanga.

Mu mwaka wa 2024-2025 mu karere ka Musanze hahanzwe imirimo mishya 8,963 irimo abagore n’urubyiruko ndetse bakaba baranitabiriye ibigo by’imari aho 1780 bahawe inguzanyo mu Umurenge SACCO.

Uretse ibyo, mu mwaka wa 2024-2025 imiryango 11,286 yakuwe mu bukene ndetse muri icyo gihe aka karere ka Musanze kungutse inganda ebyiri harimo urukora inzoga ndetse n’urukora imyenda yo kwambara. Izi nganda zaje ziyongera ku zindi 22 zikora umunsi ku wundi muri aka karere ka Musanze.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yavuze ko muri uyu mujyi harimo hotel 44 zikora umunsi ku wundi aho zikora zisanga indi mishanga itannga serivisi zo gucumbikira no kugaburira abantu ingana na 119.

Yavuze kandi ko uyu mwaka mu karere ka Musanze hubatswe inzu zigeretse 5 (Etaje) zaje ziyongera ku zindi 20 zatashywe mu mwaka ushize n’izindi 24 ziri kubakwa zizatahwa mbere y’uko uyu mwaka urangira.

Akarere ka Musanze ni kamwe mu Turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru kashyijweho n’Itegeko Nᵒ 29/2005 ryo kuwa 23 Ukuboza 2005 rishyiraho kandi rigenga Inzego z’Imitegekere y’Igihugu.

Akarere ka Musanze gakomoka ku cyahoze ari Umujyi wa Ruhengeri, Akarere ka Mutobo, Akarere ka Kinigi, Imirenge 14 y’icyahoze ari Akarere ka Bugarura n’Imirenge 3 y’icyahoze ari Akarere ka Bukamba.

Mayor w’Akarere ka Musanze yagaragaje ishusho rusange y'aka karere gaherereye mu Ntara y'Amajyaruguru



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...