Guhera kuri uyu wa Gatanu ni bwo hatangira gukinwa imikino yo ku munsi wa 21 wa Shampiyona. Rwanda Premier League ibinyujije kuri X yavuze ko kubera ikibazo cy’amatara acanira Kigali Pelé Stadium habayeho impinduka ku mikino imwe n’imwe y’uyu munsi aho hari aho iminsi n’amasaha byahinduwe.
Byari biteganyijwe ko umukino wa Gasogi United
n’Amagaju FC uzakinwa ejo saa Cyenda, gusa wajyanwe ku wa Mbere w’Icyumweru
gitaha naho uwa Police FC na APR FC uvanwa saa Moya ujyanwa saa Cyenda.
Uwa Rayon Sports na Mukura VS wari uteganyijwe ku wa
Gatandatu saa Kumi n'ebyiri n’iminota 30 wajyanwe ku Cyumweru saa Cyenda n’iminota
30 mu gihe uwa AS Kigali na Al Merrikh wari uteganyijwe ku Cyumweru saa Mbili
wo washyizwe saa Sita n’iminota 30.
Undi mukino kandi wahinduwe ni uwari kuzahuza Kiyovu
Sports na Marine FC aho wakuwe ku wa
Gatandatu saa Cyenda ujyanwa ku
wa Kabiri saa Cyenda.
Indi mikino y’umunsi wa 21 iteganyijwe Etincelles FC izakira Gicumbi FC ku wa Gatandatu saa Cyenda naho Al Hilal yakire Marine FC. Ku Cyumweru ho Bugesera FC izakira Musanze FC mu karere ka Bugesera saa Cyenda.
Ntabwo ari ubwa mbere ikibazo cy'amatara yo muri Kigali Pele Stadium azima bya hato na hato gitumye imikino yimurwa dore ko kuva cyatangira kuba nta mikino igikinwa nimugoroba.

