Iyi Album ije ikurikira urugendo rurerure
iri tsinda rimaze kugenderamo rw’imyaka 10, aho rikomeje kwifashisha umuziki
nk’urubuga rwo gutanga impanuro ku bibazo bibangamiye sosiyete, birimo
ibiyobyabwenge, ubusinzi, ubwirasi n’imyitwarire iganisha ku gutsikamira
abandi.
Album ‘Ikibaba’ igizwe n’indirimbo
zirindwi ari zo: ‘Ikibaba’ (bayitiriye Album), ‘Isi’, ‘Ubukungu’, ‘Zambeba’,
‘Umwijima’ na ‘Irari’.
Izi ndirimbo zose zakorewe muri studio ya
B.N Vibes, aho bakoranye n’abatunganya umuziki basanzwe bafatanya.
Mu kiganiro na InyaRwanda, Nessa yavuze ko
iyi Album igaragaza ishusho y’isi ya none, aho bamwe mu rubyiruko n’abandi
bantu bakunze kumva ko kwishimisha no kwirarira ari byo by’ingenzi kurusha
kubaka ubuzima bufite intego.
Yagize ati “ ‘Ikibaba’ ni Album igaragaza
isi turimo, aho usanga urubyiruko n’abandi bantu muri rusange iyo banyweye
basinze batangira kumva ari bo barenze abandi, cyangwa umuntu yaba afite ibyo
arusha abandi akumva ari we wihariye isi.”
Yakomeje asobanura ko Album igamije
kwibutsa abantu ko kwishimisha birenze urugero no kwirarira bidafite igaruriro
bishobora kubaganisha ku gusenyuka ku buzima bwabo, mu gihe hari abandi
babayeho mu mibabaro batabona n’umwanya wo kwishima.
Ati “Ni Album igamije kwigisha ko
tudakwiye guhugira mu bintu byo kwishimisha cyane kurusha kwita ku buzima bwacu
bwite. Hari abantu benshi bababaye batabona n’umwanya wo kwishimisha.”
Nessa kandi yagarutse ku butumwa bwo
kwirinda gutsikamira abandi, agaragaza ko ibyo umuntu agezeho bidakwiye
kumutera kwishyira hejuru cyangwa gutesha agaciro abandi.
Yagize ati “Dukwiye kugabanya ubwirasi no
kwishimisha bidafite igaruriro, tukirinda gutsikamira bagenzi bacu. Icyo
ugezeho si impamvu yo kwirata, ahubwo cyakabaye urumuri rwagirira abandi
akamaro.”
‘Ikibaba’ ije ikurikira indi Album iri
tsinda ryasohoye yise ‘Karma’, yari igizwe n’indirimbo zirimo ‘Icyegeranyo’
bakoranye na G-Bruce, ‘Ni Razima’, ‘Ambulance’, ‘Kugakanu’ bahuriyemo na
Bushali, ‘Igisoro’, ‘Byanyabyo’ bakoranye na B-Threy, ‘System’, ‘Tuhaporomore’
bakoranye na Zeo Trap ndetse na ‘Hit Irarangira’.
Mu buryo rusange, Nessa na Beat Killer
bavuga ko ‘Ikibaba’ ari indi ntambwe mu muziki wabo, aho bahisemo gushyira
imbere ubutumwa bufite icyo buhindura mu mitekerereze y’abakunzi babo, aho
kuririmba gusa indirimbo zo gususurutsa.
Album ‘Ikibaba’ yamaze gushyirwa ku mbuga zicuruza umuziki zitandukanye, ikaba iri kugenda yakirwa n’abakunzi babo nk’umushinga uje wuzuzanya n’ibyo basanzwe bazwiho byo kuvuga ku buzima busanzwe bwa buri munsi.

Itsinda rya Nessa na Beat Killer ryashyize hanze Album nshya yise ‘Ikibaba’, igizwe n’indirimbo zirindwi zigamije gutanga ubutumwa bwo kwigisha urubyiruko kwirinda ingeso mbi no kwita ku buzima bwabo

Nessa yavuze ko ‘Ikibaba’ igaragaza 'isi turimo', aho benshi bakunze kwirara no kwishimisha birenze urugero
Nessa yongeraho ko ubutumwa bw’iyi Album ari uko umuntu adakwiye kwishyira hejuru cyangwa gutsikamira abandi, ahubwo akagirira abandi akamaro

Album nshya ‘Ikibaba’ yakorewe muri studio ya B.N Vibes ikurikira urugendo rwa mbere rw’itsinda rwa Nessa na Beat Killer rwa Album ‘Karma’
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'IKIBABA'
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'IKARME'
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'UBUKUNGU'
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'ISI'
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'IRARI'
