Ni
icyemezo gifatwa nk’intambwe ikomeye mu kurinda no guteza imbere umuhanzi
nyarwanda, aho ibihangano bye bitazongera kuba iby’imitako y’isoko gusa, ahubwo
bikamubera isoko y’iterambere rirambye.
Kuva
kera, abahanzi benshi bakundaga kugaragaza impungenge z’uko ibihangano byabo bikoreshwa
ahantu hatandukanye, kuri radiyo, televiziyo, mu tubari, mu bitaramo, ku mbuga
nkoranyambaga n’ahandi, ariko inyungu zibivamo ntizibagerereho uko bikwiye.
Iteka
rishya rije gusubiza iki kibazo, rigena neza uburyo amafaranga ava mu ikoreshwa
ry’ibihangano azajya akusanywa, agasaranganywa mu mucyo, kandi akagera kuri ba
nyirabyo.
Mu
yandi magambo, indirimbo icurangwa kenshi, filime ireba benshi, cyangwa igitabo
gikoreshwa mu buryo bw’ubucuruzi, bizajya bigira agaciro gafatika ku wabiremye.
Iri
teka ntirireba gusa umuhanzi ubwe, ahubwo rinavuga ku burenganzira
bushamikiyeho. Aha harimo nk’abatunganya umuziki (producers), abatunganya
amajwi, abakinnyi ba filime, n’abandi bagira uruhare mu kurema igihangano.
Bivuze
ko buri wese wagize uruhare mu guhanga azajya arindwa n’amategeko, kandi
inyungu zivuye mu gihangano zigahabwa buri wese mu buryo butomoye.
Ibi
bishimangira ko urwego rw’imyidagaduro n’ubuhanzi rutakiri urw’impano gusa,
ahubwo ruri kugana mu rwego rw’ubucuruzi bw’umwuga bufite amategeko arurengera.
Iki
cyemezo cyatangajwe nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu
tariki 4 Werurwe, iyobowe na Perezida Paul Kagame, aho hanasuzumwe aho ishyirwa
mu bikorwa ry’ingamba na politiki by’ingenzi rigeze mu kubaka iterambere
rirambye.
Mu
ishusho yagutse, iri teka riri mu murongo w’ingamba zo kubaka ubukungu
bushingiye ku guhanga udushya, aho impano z’urubyiruko zifashwa guhinduka
imishinga ibyara inyungu.
Ku
bahanzi, ni inkuru y’ihumure. Ku bashoramari, ni isoko rifite icyizere. Ku
gihugu, ni indi ntambwe iganisha ku kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi
n’impano.
Iyo
urebye uko uru rwego rwagiye rukura mu myaka yashize, biragaragara ko rukeneye
amategeko arushimangira. Iteka rya Minisitiri rishya risobanura ko ibihangano
bitazongera gufatwa nk’ibintu by’ubuntu byifashishwa nta nyungu bigenera
ababiremye.
Ni
icyemezo gishobora guhindura imitekerereze, aho ababyeyi bazarushaho guha
agaciro impano z’abana babo, n’urubyiruko rukabona ko ubuhanzi atari inzira
y’igerageza, ahubwo ari umwuga ushobora gutunga no guteza imbere igihugu.
Mu
gihe ishyirwa mu bikorwa rizaba ari ryo rizagena umusaruro waryo, abasesenguzi
bavuga ko iri teka rishobora kuba imwe mu nkingi zizubaka ejo hazaza h’uruganda
rw’imyidagaduro mu Rwanda.
Ku
bahanzi, ni igihe cyo kongera guhanga. Ku gihugu, ni igihe cyo kubasigasira.
Ibihugu
byinshi ku Isi bigendera ku masezerano akomeye arengera uburenganzira ku
bihangano, arimo:
World
Intellectual Property Organization (WIPO) – Umuryango w’Umuryango w’Abibumbye
ushinzwe umutungo bwite mu by’ubwenge (Intellectual Property).
Berne
Convention – Amasezerano arengera ibihangano by’ubuvanganzo n’ubuhanzi.
Rome
Convention – Arengera uburenganzira bushamikiyeho (abahanzi baririmba, abakina,
abatunganya amajwi n’abandi).
TRIPS
Agreement – Amasezerano ya WTO ategeka ibihugu gushyiraho amategeko arengera
umutungo bwite mu by’ubwenge.
Ibi
bivuze ko igihugu kiba cyasinye ayo masezerano gitegetswe kuyashyira mu
mategeko yacyo, kikagira itegeko ryo kurengera abahanzi.

Hemejwe
Iteka rya Minisitiri rigena uburyo bwo gukusanya no gusaranganya amafaranga ava
mu ikoreshwa ry’ibihangano; intambwe iteze gutuma umutungo w’umuhanzi nyarwanda
umutungira kurushaho no kurushaho kurengerwa n’amategeko
