Imyaka irarenga 15 abantu batangiye kumva izina
Christopher Muneza mu muziki, akaba ari nyuma y'uko uyu musore yegukanaga irushanwa
rya Kina Music mu 2009 agahita anatangira gukora n’iyi nzu iri mu zirambye mu
gutunganya no kureberera inyungu z’abahanzi.
Kuva uyu muhanzi yatangira gukora na Kina Music ya
Ishimwe Clement, izina rye ryaramamaye cyane kubera ubuhanga bwe mu muziki
hatagendewe ku myaka mike yari afite icyo gihe kimwe n’ubunararibonye bw'abo
yakoranaga nabo.
Iminsi yaragiye indi irataha Christopher ashyira hanze indirimbo
zitandukanye zakunzwe nka Byanze, Ndabyemeye, Abasitari n’izindi.
Uyu muhanzi niko ariko yagendaga akura na Kina Music
yaguka igihe kiza kugera hafatwa umwanzuro ku mpande zombi wo gutandukana.
Nubwo yaba Kina Music na Christopher bose bagaragaje ko
batandukanye ku bwumvikana. Nyamara ariko ibihe byakurikiranye n’itandukana
ryabo bivugwa ko bitari byoroheye na gato Christopher.
Bivugwa yafungiwe amazi n’umuriro ndetse hakanazamo
imbaraga z’amafaranga kugira ngo adashyigikirwa n'uwariwe wese cyane mu
banyamakuru.
Ngo nyamara ariko icyo uzaba cyo ntaho kijya, ngo uyu muhanzi nta na
rimwe yigeze agaragaza kwicuza ku mwanzuro wo kuva muri Kina Music.
Yakomeje guhatana cyane, tubibutse ko urugendo rwa Christopher
na Kina rwashyizweho akadomo muri 2016 maze muri Mutarama 2017 ashyira hanze
indirimbo ya mbere yise ‘Ijuru Rito’.
Ikaba yarakunzwe cyane ko uyu musore yibanda ku ndirimbo
z’urukundo byahura n’ijwi n’uburyo aritwaramo bikamukururira abafana
benshi yaba mu Rwanda no hanze yarwo nk'uko byagiye bigarukwaho na benshi.
Christopher akimara kuva muri Kina Music
ni bwo yatangiye kogoga ikirere yerekeza mu bihugu bitandukanye kugeza n’uyu
munsi akaba aba afite ibitaramo ku Migabane itandukanye y’Isi.
Mu 2017 Christopher akaba yarumvikanye avuga ko afite
indirimbo yakoranye na Meddy ariko kuva icyo gihe kugeza n’ubu ntabwo irajya
hanze.
Biragoye kuba wabona indirimbo n'imwe ya Christopher itaba
ifite igikundiro cyo hejuru yewe no ku mbuga zicururizwaho umuziki byumwihariko
Youtube ikoreshwa na benshi mu Rwanda.
Uhereye ku Ijuru rito, Simusiga, Breath, Mi Casa, Nibido,
Hashtag na Pasadena zose ziba ziri hejuru ku mbuga zicururizwaho umuziki.
Uretse kuva muri Kina Music, kuba bivugwa hari abagiye
bamukorera ubugambanyi Christopher yanyuze mu bihe bitoroshye byo kubura umubyeyi
[Mama we] ibintu nabyo byashegeshe urugendo rwe rwo kwiyubaka.
Muri 2014 ni bwo ashyigikiwe na benshi mu bahanzi bari
bagezweho muri iyo myaka mu gitaramo cyitabiwe na babyeyi be bose kikabera muri
Serena Hotel rwagati mu mujyi wa Kigali, aheruka gushyira hanze umuzingo yise ‘Habona’.
Kuva icyo gihe kugeza ubu akaba aribwo yongeye gutangaza
ko yitegura gushyira hanze indi yavuze
ko azaba yamaze kugeza hanze mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Akaba anitegura kandi kujya gukorera uruhererekane rw’ibitaramo
muri Canada nyuma y'uko yasoje 2023 akoreye ibindi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Christopher imyaka iragera mu 8 atandukanye na Kina Music yatangiriyemo umuziki
Mu bihe bitandukanye yagiye yumvikana avuga ko aticuza umwanzuro wo kuva muri Kina Music
Byavuzwe ko kuva umunsi yaviriye muri Kina yatangiye kugererwayo n'abifuzaga ko atakomeza gukora
Amaze gukorera ibitaramo bitandukanye mu bihugu binyuranye ndetse aritegura kujya muri Canada
Yatangaje ko nyuma ya 'Habona' ya 2014 azashyira hanze mu mpeshyi ya 2024 indi Album
Byari ibihe bitoroshye ku muhanzi wagiye yitwara neza muri PGGSS uri mu bakuru u Rwanda rufite gusa agenda ashimangira ko akora umuziki
KANDA HANO UREBE UNUMVE INDIRIMBO ZA CHRISTOPHER UHEREYE KURI PASADENA AHERUKA
